Ibi bibaye nyuma y’uko,
mu mpera z’icyumweru gishize, Musk yatangije ishyaka rishya rya politiki yise America Party, bikaba byarafashwe nk’indi ntambwe mu ntambara ya
politiki ahanganyemo na Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashyigikiye mu matora ya 2024, agatanga arenga miliyoni 277 z'amadolari nk'inkunga.
Ibi byagize ingaruka
zikomeye ku isoko kuri uyu wa Mbere, aho imigabane ya Tesla yagabanutseho $21 ku mugabane umwe, ibyatumye umutungo wa Elon Musk, nk’uko
byemezwa na Bloomberg Billionaires Index,
ugabanuka ho miliyari 15 z’amadolari, nubwo akiyoboye urutonde rw’abakire ku
Isi.
Iminsi
mibi ku isoko rya Tesla
Iyi mpinduka yageze ku
isoko mu gihe cyari gisanzwe kigoye, aho isoko ry’imari muri Amerika
ryahungabanyijwe n’ibihuha by’izamuka ry’imisoro ku bicuruzwa byinjira. Ibi
byarushijeho gutera igihombo gikomeye ku bashoramari ba Tesla, dore ko imigabane yayo yagabanutseho 31% kuva Trump
yajya ku butegetsi muri Mutarama 2025, mu gihe S&P 500 yo yazamutseho 4%.
Byongeye kandi, Tesla
yagiye itangaza impinduka zikomeye mu
kugabanya imodoka isohora ku isoko, ari nabyo byagize ingaruka ku rwego
rwayo rw’ubucuruzi. Imibare y’igihembwe cya kabiri cya 2025 yerekanye ko iyi
sosiyete yaciye agahigo k’ubucuruzi bubi itari ifite kuva mu 2022.
Abashoramari
baranenga politiki ya Musk
Abasesenguzi mu by’imari
barimo Dan Ives wa Wedbush
Securities, usanzwe ashyigikira Tesla, yanditse ati:
Abandi basesenguzi nka Jed Dorsheimer na Mark Shooter bo muri
William Blair na bo bagaragaje ko abashoramari barambiwe ukwivanga kwa Musk mu
bibazo bya politiki, aho bagira bati:
Ikigo William Blair nacyo
cyagabanyije igipimo cyageneraga imigabane ya Tesla, kivuga ko ibibazo
by’amategeko n’imyanzuro ya politiki nshya ya Perezida Trump bishobora gukuraho
inyunganizi Leta yatangaga ku bagura imodoka z’amashanyarazi, bigateza
igihombo kuri Tesla.
Imyumvire
rusange kuri Musk ikomeje guhinduka
Ubushakashatsi bwa vuba
bwakozwe na Silver Bulletin
bwagaragaje ko igipimo cy’Abanyamerika bafite ibitekerezo bibi kuri Elon Musk
cyazamutse kikagera kuri 55%, kivuye kuri 45% mu mpera za 2024. Iyi mibare
yavuye mu mashyaka atandukanye, bigaragaza ko Musk atagitinywa nka
mbere.
Philip Bell, umuhanga mu
bya politiki akaba n’umuyobozi wa Tower K Group, yavuze ko nubwo ari umwe mu
bashoramari ba Tesla, yumva ko kuba Musk yakwivana burundu muri Tesla bishobora
kuzana umwuka mushya.
Ati: “Uretse kuba atari ari
gukora ibyo abashoramari bifuza, kuba Elon Musk yavamo byakuraho impungenge
z’umuyobozi umwe ugira ijambo rikomeye cyane. Tesla ifite itsinda rikomeye
ry’abantu bafite ubushobozi bwo gukomeza kuyobora kompanyi no guhanga udushya.”
Elon Musk yahombye miliyari 15 z'amadolari