Elijah Kitaka atagerejwe i Kigali mu gitaramo kibanziriza icya Davido

Imyidagaduro - 10/11/2025 8:05 AM
Share:

Umwanditsi:

Elijah Kitaka atagerejwe i Kigali mu gitaramo kibanziriza icya Davido

Elijah Kitaka w’imyaka 25 y’amavuko uri mu bahanzi bagezweho muri Uganda muri iki gihe, wigaruriye imitima y’abakunzi b’umuziki wa Afro-soul na R&, agiye gutaramira i Kigali mu gitaramo ku wa 15 Ugushyingo 2025.

Iki gitaramo kizaba kiri mu ruhererekane rw’ibikorwa bitegura igitaramo gikomeye cy’umunya-Nigeria Davido, giteganyijwe kubera muri BK Arena ku wa 5 Ukuboza 2025, aho azamurika Album ye ya gatanu ‘5IVE’, akanahurira ku rubyiniro na Kitoko Bibarwa, uherutse kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka 12.

Ni igikorwa cyateguwe ku bufatanye n’uruganda rwa Skol ndetse na Intore Entertainment, rugamije kuzamura amarangamutima y’abakunzi b’umuziki mbere y’igitaramo cya Davido, binyuze mu bitaramo bito biri kubera ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali.

Elijah Kitaka ni umuhanzi, umwanditsi w’indirimbo, umuririmbyi n’umucuranzi w’ibikoresho bitandukanye, wasinyanye amasezerano na Swangz Avenue, imwe mu nzu zikomeye muri Uganda.

Yamamaye mu ndirimbo nka ‘Dawa’, ‘Ndi Wuwo’, ‘Nothing’, na ‘Contagious’, zigaragaza uburyo yinjiza amarangamutima mu ndirimbo ze, akayahuza n’imibyinire yoroheje ariko ifite ubusobanuro bukomeye.

Kitaka yakuriye mu muryango ukunda umuziki: se yari umucuranzi wa gitari bas, mu gihe nyina yaririmbaga muri korali yo mu rusengero. Ni naho yatangiriye urugendo rwe akiri muto, ubwo yatangiraga avuza ingoma afite imyaka irindwi gusa.

Mbere yo kuba umuririmbyi, Elijah Kitaka yari amaze imyaka irenga 10 avuza ingoma ndetse azwi muri Uganda, wakoranye n’abahanzi bakomeye barimo Bebe Cool, Maurice Kirya, Lilian Mbabazi, A Pass, ndetse na Azawi.

Iyi mirimo yamuhaye ubunararibonye bukomeye mu myidagaduro no mu muziki wo ku rubyiniro, bituma amenya gutunganya no gutambutsa umuziki w’umwimerere.

Mu 2023, Swangz Avenue yamumenyekanishije ku mugaragaro nk’umuhanzi mushya w’iyi label, ari na we muhanzi w’igitsina gabo wa mbere yasinyishije kuva yashingwa.

Icyo gihe yasohoye indirimbo ye ya mbere ‘Nothing’, ikurikirwa n’izindi zatumye izina rye rimenyekana ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba.

Mu mpera za 2023, Kitaka yasohoye EP ye ya mbere ‘Bedroom Essentials’, igizwe n’indirimbo zirindwi zirimo ‘Ndi Wuwo’, ‘Nothing’, ‘Contagious’, na ‘Elevated’.

Iyi EP yamufashije kumenyekana cyane, by’umwihariko indirimbo ‘Ndi Wuwo’, yakunzwe cyane kuri Radio no ku mbuga nkoranyambaga, igatuma benshi bamufata nk’umuhanzi mushya ufite ejo hazaza heza.

Yagiye aririmba mu bitaramo bikomeye muri Kampala, birimo ‘Roast and Rhyme Festival’ ndetse n’icyo yafunguye cya Azawi mu 2023, aho byamuhesheje icyubahiro nk’umuhanzi uzi gutarama no gufasha abafana kumva umuziki mu buryo bw’umwimerere.

Kuri iyi nshuro, Elijah Kitaka azaba aje i Kigali nk’umuhanzi ugiye guhura n’abafana b’abanyafurika y’Iburasirazuba mu buryo bwa hafi, ndetse n’abakunzi b’umuziki wa Davido, mu rwego rwo gutuma bitegura umunsi w’amateka utegerejwe muri BK Arena.

Nk’uko abategura iki gitaramo babivuga, azaririmba indirimbo ze zikunzwe cyane, ariko kandi yiteguye no gusangira ubumenyi bwe ku muziki n’abahanzi nyarwanda bazamuka.

Elijah Kitaka ni umwe mu bahanzi bake bafite impano yo gucuranga ibikoresho byinshi birimo ingoma, gitari na piano. Iyo mpano imufasha mu kwandika indirimbo zifite imiririmbire yihariye, ishingiye ku bumva n’umuziki w’amarangamutima.

Igitaramo cya Elijah Kitaka ku wa 15 Ugushyingo 2025 ni kimwe mu byitezwe n’abakunzi b’umuziki muri Kigali, mu gihe hagenda habura ibyumweru bike ngo Davido azamuke ku rubyiniro rwa BK Arena. Kuri Kitaka, ni amahirwe yo kwagura imbibi z’ubuhanzi bwe no gutangiza umubano wihariye n’isoko ry’umuziki ryo mu Rwanda.


Elijah Kitaka, umuhanzi w’Umunya-Uganda uri mu bagezweho muri Afurika y’Iburasirazuba, agiye gutaramira i Kigali ku wa 15 Ugushyingo 2025 muri Mundi Center, mu gitaramo gitegura icy’umunyabigwi Davido kizabera muri BK Arena 


Umuhanzi Elijah Kitaka azwi mu ndirimbo ‘Dawa’, ‘Nothing’, ‘Contagious’ na ‘Ndi Wuwo’ zose zigaragaza uburyo yinjiza amarangamutima mu muziki wuje ubuhanga n’ubusirimu 


Elijah Kitaka yamenyekanye nyuma y’imyaka irenga icumi ari umucuranzi w’ingoma wakoranye n’abahanzi bakomeye muri Uganda barimo Bebe Cool, Maurice Kirya na Azawi 


Mu 2023, Elijah Kitaka yasinyanye amasezerano na Swangz Avenue, ibyamugize umuhanzi w’igitsina gabo wa mbere muri iyi ‘Label’ izwiho kurema abahanzi bafite umwimerere 


EP ye ya mbere yise ‘Bedroom Essentials’ yamufashije kubaka izina rikomeye muri Uganda no hanze yayo, binyuze mu ndirimbo zifite umwimerere n’ubutumwa bwimbitse ku rukundo

Kitaka azazana i Kigali ubuhanga bwe nk’umuririmbyi, umwanditsi n’umucuranzi uzi guhuza Afro-soul na R&B mu buryo bwihariye butuma umuziki we ugira isura mpuzamahanga

Iki gitaramo cye cyateguwe ku bufatanye bwa Skol na Intore Entertainment, mu rwego rwo guha ishusho y’icya Davido kizabera i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025

Abategura igitaramo batangaje ko Elijah Kitaka ari umwe mu bahanzi bazafasha kuzamura amarangamutima y’abakunzi ba Davido mbere y’igitaramo gikomeye cya BK Arena

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘DAWA’ YA ELIJAH KITAKA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...