Element yashimye Ambasaderi Diane Gashumba wanyuzwe n’igitaramo cye muri Suède

Imyidagaduro - 09/11/2025 9:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Element yashimye Ambasaderi Diane Gashumba wanyuzwe n’igitaramo cye muri Suède

Byari ibirori byuje urukundo n’ishema i Stockholm muri Suède, ubwo umuhanzi nyarwanda Element EleéeH yataramiraga abakunzi b’umuziki muri iki gihugu, mu gitaramo cyasize benshi baryohewe n’umuziki we ndetse n’ubuhanga bwe budasanzwe.

Nyuma y’iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 7 Ugushyingo 2025, Ambasaderi w’u Rwanda muri Suède, Amb. Diane Gashumba, yagaragaje ko yanyuzwe n’uburyo Element yahagarariye neza igihugu cye mu mahanga, anashimira uko yanyuze abari bitabiriye.

Mu butumwa bwe bwuzuye amarangamutima, Ambasaderi Gashumba yagize ati: “Element, mwana w’u Rwanda, waduhesheje ishema! Kuva mu gihugu cy’imisozi igihumbi, ijwi ryawe ryazamutse, ritwara ubushyuhe bwo mu rugo mu bukonje bw’Ugushyingo bwa Stockholm. Umuziki wawe wahesheje ishema u Rwanda mu njyana zose n’amagambo yose waririmbye. Wadukumbuje u Rwanda!”

Aya magambo y’uyu dipolomate w’Umunyarwandakazi yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki, benshi bashima uburyo yashimangiye ko impano z’Abanyarwanda ziri kurushaho kumvikana ku rwego mpuzamahanga.

Na we ubwe, Element EleéeH, yihutiye gusubiza Ambasaderi Gashumba amugaragariza ko ashima cyane uburyo yamushyigikiye, agira ati “Urakoze cyane Ambasaderi Diane Gashumba. Ejo hashize byari ibihe byihariye cyane. Urukundo n’ubufasha wangaragarije byanshimishije cyane. Tuzakomereze ku ntsinzi nyinshi.

Iki gitaramo Element yakoreye muri Suède cyamuhuje na Kizz Daniel, umwe mu bahanzi bakomeye muri Nigeria, bivugwa ko yahise akunda cyane uyu musore w’i Karongi kubera ubuhanga bwe mu muziki n’imyitwarire yuje icyubahiro.

Element afite nibura ibitaramo umunani ateganya gukorera ku mugabane w’u Burayi, birimo n’icyo azaba akoranye na Kizz Daniel mu minsi iri imbere.

Uretse ibyo bitaramo byo hanze, uyu muhanzi uri gukorera muri Uganda aherutse gususurutsa ibihumbi by’abantu mu gitaramo cya Ray G cyabereye mu Mujyi wa Mbarara, cyitabiriwe n’abantu barenga 30,000.

Element, uzwi mu ndirimbo nka “Kashe,” “Fou de toi,” “Milele,” “Tombe” na “Maaso,” akomeje kwigaragaza nk’umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda bageze ku rwego mpuzamahanga mu buryo bwo kuririmba no gutunganya indirimbo.

Uretse kuba ari impano ikomeje kuzamuka, igitaramo cyo muri Suède cyongeye kugaragaza ko Element ari umwe mu bahanzi bashobora guhagararira neza isura y’umuziki nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga — ibintu byashimangiwe n’ubutumwa bwa Ambasaderi Gashumba bwuje ishema, urukundo n’icyizere ku rubyiruko rw’u Rwanda.

Element EleéeH ni umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda bagezweho muri iki gihe. Uyu musore ukomoka mu Karere ka Karongi yatangiye azwi nk’umwe mu batunganya indirimbo bakomeye mu Rwanda, mbere y’uko yinjira mu muziki nk’umuririmbyi.

Yazamuye izina rye mu gutunganya indirimbo z’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie, Kenny Sol, Chriss Eazy, na Ariel Wayz, bituma ahabwa icyubahiro mu ruganda rw’umuziki nyarwanda.

Nyuma y’imyaka mike akora inyuma ya micro, Element yahisemo kugera imbere yayo, atangira kuririmba indirimbo ze bwite. Uhereye ku ndirimbo “Kashe” yamuhaye izina, yakomeje gukundwa cyane mu zindi nka “Fou de toi,” “Milele,” “Tombe” na “Maaso.”

Ubu Element ari mu rugendo rwo kwagura umuziki we ku rwego mpuzamahanga, aho amaze kugaragara mu bitaramo bitandukanye muri Uganda no ku mugabane w’u Burayi, birimo n’icyo aherutse gukorera muri Suède ahuriyemo na Kizz Daniel, ndetse anashimirwa bikomeye na Ambasaderi Diane Gashumba kubera uko yahesheje ishema u Rwanda.

Uru rugendo rwe rwerekana neza uko impano, umurava n’icyizere bifasha umuhanzi kuva mu nzozi akagera ku rwego rwo guhagararira igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Ambasaderi Diane Gashumba yashimiye Element ku bwo guhagararira neza u Rwanda muri Suède


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...