Element, Diez Dolla na Mike Kayihura muri 20 bafite indirimbo ziyoboye Youtube i Kigali

Imyidagaduro - 13/05/2026 5:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Element, Diez Dolla na Mike Kayihura muri 20 bafite indirimbo ziyoboye Youtube i Kigali

Mu gihe uruganda rw’umuziki nyarwanda rukomeje kwaguka ku muvuduko wo hejuru, imibare yo ku rubuga rwa Youtube ikomeje kugaragaza uburyo abahanzi n’indirimbo zabo bari gukurura abakunzi b’umuziki haba mu Rwanda no hanze yarwo.

Mu mibare yarebwe hagati ya tariki 13 Mata na 10 Gicurasi 2026, hagaragaye indirimbo 20 zakunzwe cyane mu Mujyi wa Kigali no mu Rwanda muri rusange.

Iyi mibare ishingiye ku mubare w’abarebye indirimbo muri iyo minsi 28 gusa, bivuze ko atari ‘views’ zose indirimbo ifite kuva yasohoka, ahubwo ari iziyongereyeho muri icyo gihe.

Indirimbo ‘Extra Stamina’ ya Diez Dola niyo yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo kurebwa inshuro zirenga miliyoni 1.32 mu minsi 28 gusa.

Iyi ndirimbo yagaragaje uburyo uyu muhanzi ari gukomeza gufata umwanya ukomeye mu muziki wo mu mujyi wa Kigali, cyane cyane mu rubyiruko rukoresha cyane Youtube na TikTok.

Ku mwanya wa kabiri haje ‘KALE’ ya Chiboo irebye inshuro miliyoni 1.12. Abahanzi bafite injyana zigezweho zirimo Afrobeat, Drill na Fusion ni bo bigaragara ko bari kuyobora uru rutonde. Mike Kayihura nawe yakomeje kwitwara neza aho indirimbo ye ‘Come On’ iri ku mwanya wa Gatatu n’abayirebye ibihumbi 254.

Ni mu gihe ‘Ayayaah’ yahuriyemo Element EleéeH, Joshua Baraka na Bien yicaye ku mwanya wa Kane n’abo bayirebye ibihumbi 218.

Ikindi cyagaragaye muri uru rutonde ni uko Li John ari umwe mu bahanzi bafite indirimbo ebyiri zakunzwe cyane muri iki gihe, zirimo ‘Uragaruka’ iri ku mwanya wa gatandatu na ‘Bindenze’ iri ku mwanya wa Karindwi. Ni kimwe mu bimenyetso by’uko ari mu bahanzi bari gukurikiranwa cyane muri iyi minsi.

Mu myanya 10 ya mbere kandi harimo ‘LAST TIME’ ya Passy Kizito, ‘Kirigute’ ya Bob Pro, ‘Chocolate’ ya Chriss Eazy ndetse na ‘Finale’ ya Bien-Aimé Baraza na Ali Kiba.

Uru rutonde rugaragaza kandi uburyo umuziki wo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba ukomeje kugira imbaraga muri Kigali.

Abahanzi bo muri Tanzania na Kenya nka Diamond Platnumz, Jux na Bien bagaragara kuri uru rutonde binyuze mu ndirimbo zakunzwe cyane muri iyi minsi.

Indirimbo ‘Joy’ ya Diamond Platnumz afatanyije na Jux iri ku mwanya wa 12, mu gihe ‘Happy’ nayo ya Diamond iri ku mwanya wa 15. Hari kandi ‘Pom Pom’ yahuriyemo Bruce Melodie, Diamond Platnumz na Brown Joel iri mu ndirimbo 20 zakunzwe cyane.

Abahanzi nyarwanda bakomeje kuzamuka nka Kivumbi King, Marina, Yampano na Logan Joe nabo bagaragaye kuri uru rutonde, ikintu gishimangira ko umuziki nyarwanda uri gukomeza kubona abawukurikira benshi ku mbuga za internet.

Iyi mibare kandi yerekana uburyo Youtube imaze kuba kimwe mu bipimo bikomeye byo kureba indirimbo ziri gukundwa cyane, cyane cyane mu gihe imbuga nkoranyambaga nka TikTok na Instagram zikomeje kugira uruhare mu gusakaza indirimbo mu buryo bwihuse.

Mu myaka ishize, abahanzi benshi bashingiraga kuri Radio na Televiziyo kugira ngo ibihangano byabo bigere ku bantu benshi. Uko ikoranabuhanga ryagiye ritera imbere, urubuga rwa Youtube rwabaye kimwe mu bikoresho bikomeye byafashije abahanzi kwamamaza no kugeza umuziki wabo ku rwego mpuzamahanga.

Kuri ubu, umuhanzi ashobora gushyira indirimbo ye kuri Youtube mu gihe gito, igahita ireberwa n’abantu bari mu bihugu bitandukanye.

Byafashije cyane abahanzi nyarwanda kugera ku bakunzi b’umuziki bo hanze y’u Rwanda no kubona abafana bashya batari kubageraho mu buryo bwa gakondo.

Kwamamaza indirimbo biciye kuri Youtube byatanze amahirwe ku bahanzi bakizamuka, kuko ubu bidakiri ngombwa kuba ufite ubushobozi bwo gucurangwa cyane kuri radiyo kugira ngo umenyekane.

Iyo indirimbo ikozwe neza kandi igakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok, Instagram na X, ishobora gukundwa mu gihe gito cyane.

Kwamamaza indirimbo hakoreshejwe amashusho nabyo byafashije cyane abahanzi. Ubu amashusho y’indirimbo yabaye kimwe mu bintu by’ingenzi bifasha umuhanzi gukurura abantu benshi. Ni nayo mpamvu usanga abahanzi bashora amafaranga menshi mu gukora ‘video’ zigezweho kandi zifite ubuziranenge.

Ikindi Youtube yafashije ni uguha abahanzi amakuru y’ababakurikira. Umuhanzi ashobora kureba ibihugu indirimbo ye iri kurebwamo cyane, imyaka y’abafana be ndetse n’igihe abantu benshi bayikurikirana. Ibi bifasha abahanzi gutegura neza ibikorwa byabo no kumenya aho umuziki wabo uri kugera.

Ku bahanzi nyarwanda, Youtube yanabaye inzira yo gukorana n’abahanzi mpuzamahanga. Iyo indirimbo irebye abantu benshi, bituma n’abahanzi bo hanze bayitaho, bikongera amahirwe y’imikoranire n’amasoko mashya y’umuziki.




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...