Drake yitabaje inkiko ashinja UMG n’indirimbo ya Kendrick kumwangiriza izina

Imyidagaduro - 18/04/2025 10:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Drake yitabaje inkiko ashinja UMG n’indirimbo ya Kendrick kumwangiriza izina

Umuraperi w’icyamamare ukomoka muri Canada, Drake, ari mu ntambara y’amategeko n’inzu itunganya umuziki ya Universal Music Group (UMG), ayishinja kugira uruhare mu gusenya izina rye binyuze mu ndirimbo avuga ko yuzuyemo ibinyoma yashyizwe ahagaragara n'undi muraperi mugenzi we, Kendrick Lamar.

Mu kirego gishya Drake yagejeje mu rukiko ku wa Gatatu w'iki cyumweru, yagaragaje ko indirimbo “Not Like Us” ya Kendrick Lamar yanyuze mu bitaramo bikomeye byakurikiwe n’abantu barenga miliyoni 100 ku Isi, harimo Super Bowl Halftime Show n'ibihembo bya Grammy Awards byo muri Mutarama 2025. Avuga ko iyo ndirimbo yamusebeje bikomeye ndetse ikaba yarabaye imvano y’iterabwoba rigera no ku muryango we.

Abunganira Drake mu mategeko bagize bati: “Ibi bitaramo bikomeye byamuhaye izindi mbaraga zo gukwirakwiza iyo ndirimbo yuzuyemo amagambo amusebya, ku buryo byanatumye ubwoba no gutotezwa ku muryango wa Drake byiyongera.” 

Nubwo Drake atareze Lamar ku giti cye, avuga ko UMG, inzu ifite studio z’aba bahanzi bombi, yagize uruhare mu gukwirakwiza iyo ndirimbo, bityo ikaba ikwiye kubibazwa.

Indirimbo “Not Like Us”, yagiye hanze mu gihe cy’intambara y’amagambo hagati ya Kendrick na Drake, irimo umurongo uhamya ko Drake “akunda abana bato”, ndetse ikamwita “pedophile”. Nubwo Lamar ataririmbye uwo murongo muri Super Bowl, hari undi murongo yaririmbye uvuga ko Drake “akunda abakobwa bakiri bato”, ahita areba muri camera, abantu bakwirakwiza ayo mashusho ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko uyu muraperi yabwiraga Drake.

Ibyo byose, Drake abifata nk’uburyo bwo kumwambura icyubahiro imbere y’Isi, kandi anenga UMG kuba itarigeze igira icyo ikora ngo ihagarike gukomeza gukwirakwizwa iyo ndirimbo mu bitaramo bikomeye.

Mu gihe Kendrick Lamar yegukanye ibihembo bitanu bya Grammy, nubwo atahacuranze iyo ndirimbo ku mugaragaro, amajwi yayo yakoreshejwe inshuro nyinshi ubwo yahamagarwaga kwakira ibihembo, ndetse bamwe mu bari aho baririmbanye amagambo yayo aganisha kuri Drake.

UMG iravuga ko Drake arimo gushaka guhonyora uburenganzira bw’abahanzi

UMG yamaganye ibyo Drake avuga, ivuga ko ibyo birego bidafite ishingiro ndetse bishobora guhonyora ubwisanzure bwo kugaragaza ibitekerezo mu muziki. Bavuga ko Drake ari “umuhanzi ukomeye bakoranye neza mu myaka 16 ishize”, ariko “ashobora kuba ari gukururwa n'abamugira inama mbi.”

Urukiko rwamaze kwemeza ko iperereza rigomba gukomeza, aho Drake ashobora kuzasaba inyandiko zigaragaza imikoranire ya UMG na Kendrick Lamar, uko indirimbo yakwirakwijwe muri Super Bowl, Grammy Awards, n’uburyo ayo mafaranga yinjijwe.

Umuvugizi wa Drake mu mategeko yavuze ko “Drake yiteguye kugaragaza ukuri, no gusaba ko habaho kubazwa ku mpamvu zatumye ashyirwa ku karubanda mu buryo busenya izina rye.”

Urubanza ruracyari mu ntangiriro, ariko rushobora kugera mu rukiko mu mpeshyi ya 2026, keretse impande zombi zigize ibyo bumvikanaho mbere.

Drake arashinja inzu itunganya umuziki ya UMG gufatanya na Kendrick Lamar gusenya izina rye no kumuharabika ku karubanda 




Umwanditsi:

Yanditswe 18/04/2025 10:03 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...