Davido yiyemeje kuzana i Kigali abahanzi babiri mu bo bakoranye kuri Album

Imyidagaduro - 20/10/2025 10:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Davido yiyemeje kuzana i Kigali abahanzi babiri mu bo bakoranye kuri Album

Umuhanzi Mpuzamahanga, David Adedeji Adeleke OON wamenye nka Davido, yavuze ko mu bahanzi bakoranye kuri Album ye ya Gatanu yise ‘5IVE’ harimo babiri azakorana n’abo urugendo, kandi bazataramana mu gitaramo cye cya Gatanu azaba akoreye i Kigali.

Kuva mu myaka 14 ishize ari mu muziki, Davido yaciriye inzira benshi mu bahanzi akabashyira mu bitaramo bye bikomeye, agamije kubereka sosiyete no kubafasha kumenyekana.

Uko kumenyekanisha abandi bahanzi ni kimwe mu byamufashije kumenyekana, kuko mu bihe bitandukanye umuririmbyi w’umunyamerika, Chris Brown, yagiye amwitwaza mu bitaramo bye bikomeye byo hirya no hino ku isi.

Davido ategerejwe i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025 mu gitaramo kizabera muri BK Arena. Iki gitaramo cyateguwe na Intore Entertainment ku nkunga ya Skol Malt.

Bruce Twagira uhagarariye Intore Entertainment, yabwiye InyaRwanda ko Davido yabemereye ko hari abahanzi babiri mu bo yakoranye nabo kuri Album ye azazana i Kigali.

Kugeza ubu, Kitoko Bibarwa ni we muhanzi w’umunyarwanda watangajwe uzaririmba muri iki gitaramo.

Kizaba igitaramo kidasanzwe kuri Kitoko, kuko hashize imyaka 12 adataramira Abanyarwanda imbere mu gihugu. Uretse ibyo, azaba akiri mu minsi micye ageze i Kigali, aho yiyemeje gutura by’iteka nyuma y’igihe kinini abarizwa mu Bwongereza.

Album ya Davido, 5IVE, irimo indirimbo 17 ziganjemo imiziki itandukanye, harimo Afrobeats, R&B, Reggaeton, na Dancehall.

Indirimbo yihariye muri iyi Album ni ‘Offa Me’, ikoranye na Victoria Monét, umuhanzi w’umunyamerika watsindiye igihembo cya Grammy.

Indirimbo y’umuziki yacuranzwe na Haitian DJ na Producer Michael Brun, ifite amashusho yagaragaje urusobe rw’imbyino n’imibyinire yihariye.

Mu bandi bahanzi bagize uruhare muri Album ya 5IVE, harimo Chris Brown, Becky G, Omah Lay, Odumodublvck, Shenseea, Tayc, Dadju, YG Marley, ndetse n’umuhanzi wo muri Afurika y’Epfo, Musa Keys, n’abandi benshi.

Davido yavuze ko iyi Album irusha izindi zose gukomeza kumwubakira izina ku rwego mpuzamahanga, igaragaza ubuhanga bwe, urugendo rwe mu muziki, n’aho ageze ubu nk’umuhanzi ndetse n’umuntu.

Mu rwego rwo kumenyekanisha 5IVE, Davido yagiye mu rugendo rwo kuyamamaza mu mijyi itanu, harimo Los Angeles, New York, Atlanta, Paris, na London, aho abakunzi be babonye uburyo bwo kumwumva hafi mu buryo bwihariye. Ndetse, ari kwitegura ibitaramo azakorera iwabo muri Nigeria.

Davido, umuhanzi mpuzamahanga w’icyamamare mu muziki wa Afrobeats, ategerejwe i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025 mu gitaramo cye cya gatanu kizabera muri BK Arena, aho azazana abahanzi babiri bo kuri Album ye nshya 5IVE

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'WITH YOU' DAVIDO YAKORANYE NA OMAH LAY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...