Coach Gaël yahawe igihembo, agishyikirizwa na Minisitiri Nduhungirehe AMAFOTO

Imyidagaduro - 10/08/2025 10:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Coach Gaël yahawe igihembo, agishyikirizwa na Minisitiri Nduhungirehe AMAFOTO

Umushoramari mu myidagaduro, Karomba Gaël, uzwi cyane nka Coach Gaël, yahawe igihembo cyihariye ku bw’uruhare rwe mu guteza imbere umuziki nyarwanda, cyane cyane mu gufasha umuhanzi Bwiza gutegura no gushyira mu bikorwa ibirori byo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki.

Ni igihembo yahawe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 9 Kanama 2025, mu birori byabereye muri Kigali Universe, aho yagishyikirijwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe.

Iki gihembo cyatanzwe n’Umuyobozi wa Kikac Music Label, Uhujimfura Claude unafite inshingano zo kuba umujyanama wa Bwiza. Yashimye umusanzu wa Coach Gaël mu guteza imbere umuziki w’u Rwanda, avuga ko atafashije Bwiza gusa, ahubwo n’abandi bahanzi benshi.

Uhujimfura yagize ati “Ntibigarukiye kuri Bwiza gusa, bigera ku bahanzi bose. Yaduhaye ahantu heza ho gukorera ibitaramo, adufasha mu migendekere myiza y’ibikorwa byose nta kiguzi, kugira ngo ibintu bigende neza. Uyu munsi ni Bwiza, ariko n’abandi bose bizabageraho.”

Yongeyeho ko yizeye ko uyu mutima wo gufasha uzakomeza gufasha uruganda rw’imyidagaduro gutera imbere. Ati “Ntekereza ko uyu mutima mwiza wo gufasha uruganda uzawukomeza batere imbere.”

Mu bandi bahawe ibihembo harimo Amani, wagize uruhare rukomeye mu gutegura ibi birori no kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 ya Bwiza.

Mu gihe kitarenze imyaka itatu, Coach Gaël yakoze impinduka zifatika mu ruganda rw’imyidagaduro, akorana n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie, Element, Ross Kana na Kenny Sol.

Ubufatanye bwe n’aba bahanzi bwagaragaje uburyo bushya bwo gutekereza ku muziki, gucunga ibikorwa by’umuhanzi no kugera ku rwego mpuzamahanga.

Coach Gaël si umuhanzi, si producer, kandi si umunyamakuru — ahubwo ni umucuruzi wagiye mu muziki afite intego yo guhindura uburyo impano zicungwa kandi zibyazwa umusaruro.

Yigeze kuba Pasiteri mbere yo kwinjira mu bucuruzi n’imyidagaduro. Yize ubucuruzi n’imiyoborere, akorera mu bigo bikomeye byo mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ahandi.

Afite Master’s mu mibare, icyiciro cya kabiri cya Kaminuza yakuye mu Buhinde mu ishami rya Statistics & Mathematics muri 2012, nyuma yo gutangira amasomo muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

Coach Gaël ni umuntu udakunda kuba ku isonga mu itangazamakuru, ahubwo akora ibikorwa byivugira. Abamumenye bemeza ko azi kwihangana, azi gucunga abantu, kandi yita ku burambuye kurusha kwihutisha imishinga.

Intego ye ni ugukora Label ifite umurongo n’imikorere ijya kumera nk’iy’ibigo byo ku rwego mpuzamahanga. Mu myaka itatu gusa, ibikorwa bye byatangiye guhindura isura ya ‘Label’ gakondo mu Rwanda.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ashyikiriza Coach Gaël igihembo cy'ishimwe ku ruhare rwe mu guteza imbere umuziki nyarwanda


Uhujimfura Claude, Umuyobozi wa Kikac Music Label, ashimira Coach Gaël ku musanzu udasanzwe mu muziki w’u Rwanda

Uhereye ibumoso: Coach Gaël, Minisitiri Olivier Nduhungirehe na Uhujimfura Claude bishimira uruhare mu guteza imbere umuziki



Coach Gaël yakozwe ku mutima mu birori by’ibihembo byamuhaye agaciro mu ruganda rw’imyidagaduro

Coach Gael niwe washyikirije igihembo Aman washimiwe ku bw'uruhare rwe mu birori bya Bwiza

Uhujimfura Claude yavuze ko Coach Gael yabateye inkunga mu gutegura ibirori bya Bwiza, kugeza ubwo yabemereye gukorera muri Kigali Universe

PRINCE KIIIZ YAVUZE KU MINSI YA MBERE AKORERA INDIRIMBO BWIZA

MUYOBOKE YAVUZE KU RUHARE RWA COACH GAEL MU MUZIKI NYARWANDA

KANDA HANO FAYZO PRO AVUGA KU NDIRIMBO YAKOREYE BWIZA N'IYA BRUCE MELODIE NA DIAMOND


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...