Chryso Ndasingwa yahuje ibihumbi by’abakirisitu mu gitaramo cyo kwizihiza pasika – AMAFOTO

Imyidagaduro - 21/04/2025 6:13 AM
Share:

Umwanditsi:

Chryso Ndasingwa yahuje ibihumbi by’abakirisitu mu gitaramo cyo kwizihiza pasika – AMAFOTO

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa yahurije abakirisitu ku Intare Confrence Arena mu gitaramo ‘Easter Experince’ cyo kwihiza umunsi mukuru wa Pasika.

Ni igitaramo cyarimo ubwiganze bw’urubyiruko cyane ndetse kiba igitaramo ahanini gishingiye ku kubyina bihura neza n’intego y’iki gitaramo cyo kwizihiza izuka rya Yesu.

Umuhanzi Chryso Ndasingwa umaze kugaragaza ubuhanga ntashidikanywaho mu kuririmba indirimbo zo kuramya zigeda gahoro ndetse n’indirimbo zo gushima Imana zibyinitse, niwe wabanje ku rubyiniro.

Mbere yo guha umwanya umushumba wa New Life Bible Church Rev Dr. Charles Buregeya Mugisha, Chryso Ndasingwa yongeye kugaragaza ubuhanga mu gucuranga saxophone ubwo yacurangaga indirimbo ‘Ntumpiteho mukiza’ ya 36 mu ndirimbo zo gushimisha Imana.

Nyuma y’ijambo ry’Imana ryibanze cyane ku kuzuka kwa Yesu ndetse n’icyo bivuze ku bantu bose, Chryso Ndasingwa yatangiye kwakira ku rubyiniro bamwe mu bahanzi bari gufatanya nawe muri iki gitaramo.

Umuhanzi wa mbere Chryso yakiriye ni Arsene Tuyi wabanje kuvuga ubuhamya buto bw’uko bahuriye mu gitaramo hanyuma Arsene agahura n’ikibazo cy’umucuranzi nuko Chryso araseruka aramucurangira mwuka wera aramanuka abana nabo.

Nyuma y’ubwo buhamya buto, Arsene Tuyi yahise aririmba indirimbo ‘Waramutse Rwanda’ ndetse asaba abantu bose gucana amatara kugera ngo bagaragaze agaciro k’ubuntu bw’Imana ndetse no kuba amaraso ya Yesu yaraducunguye nk’Abanyarwanda.

Nyuma y’aho umuhanzi Papi Clever yaje ku rubyiniro hanyuma igitaramo gikomeza gufata irangi ndetse nawe aririmba indirimbo ‘Nyuzwe n’ubucuiti bwo mu ijuru’ ya 109. Yaririmbye kandi izindi ndirimbo zitandukanye zirimo impamvu z’ibifatika …

Mu ndirimbo yaririmbye ndetse n’abandi bahanzi baririmbye, ahanini zagarukaga ku butumwa bujyanye n’umunsi mukuru wa Pasika.

Nyuma ya Papi Clever, itsinda ry'abaramyi rya True Promises ryagiye ku rubyiniro bakomereza mu mwuka wo gushima Imana abakirisitu barimo hanyuma baririmba indirimbo zabo zamamaye zirimo “Narababariwe”, “Mfashe Umwanya”, “Ni Bande?” n’izindi.

Chryso Ndasingwa nawe yongeye kugaruka ku rubyiniro anasoza igitaramo aririmba indirimbo “Ngwino Urebe” na “Ni nziza.”zose yafatanyaga n'abaje kumushyigikira mu gitaramo cye kuko zisanzwe ari indirimbo zizwi hose.

Chryso Ndasingwa yashimiye abitabiriye igitaramo ‘Easter Experience’ cyari kigamije kwifatanya n’abakirisitu bose kwiziha umunsi mukuru wa pasika mu rwego rwo kugera mgo abantu bose bamenye uko bakwiye kwitwa ku wabacunguriwe.

Kubera ko iki gitaramo cyabereye I Rusororo ahasa nk’aho ari hirya y’umujyi gato, abatabashije kuhagera bakurikiraniye iki gitaramo kuri murandasi.

Agasaro Tracy niwe wayoboye igitaramo 'Easter Experience' cyabereye ku Intare Arena kigamije kwizihiza umunsi mukuru wa Pasika

Umuhanzi Chryso Ndasingwa niwe wabanje ku rubyiniro mu gitaramo 'Easter Experience' yari yateguye

Mu gice cya mbere cy'igitaramo cye, umuhanzi Chryso yaririmbye indirimbo zitandukanye zirimo 'Wahozeho' indirimbo yitiriye album aheruka kumurikira muri BK Arena

Chryso Ndasingwa yongeye kugaragaza ubuhanga bwe mu gucuranga Saxophone

Umuhanzi Arsene Tuyi yifatanyije na Chryso mu gitaramo 'Easter Experience'

Papi Clever nawe yataramiye abitabiriye igitaramo 'Easter Experience' cyateguwe n'umuhanzi Chryso Ndasingwa


Itsinda ry'abaramyi rya True Promises naryo ryanyuze imitima y'abitabiriye igitaramo 'Easter Experience'

Abarimo Rev. Dr Charles Mugisha bari mu bihumbi by'abakirisitu bitabiriye igitaramo 'Easter Experience' cya Chryso Ndasingwa


Umwanditsi:

Yanditswe 21/04/2025 6:13 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...