Byasabye imbaraga za Perezida wa FIFA kugira ngo Trump ave ku rubyiniro ubwo Chelsea yishimiraga igikombe cy'Isi

Imikino - 14/07/2025 12:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Byasabye imbaraga za Perezida wa FIFA kugira ngo Trump ave ku rubyiniro ubwo Chelsea yishimiraga igikombe cy'Isi

Nyuma y’uko Chelsea itsinze Paris Saint-Germain ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma wa Club World Cup wabereye muri New Jersey ku cyumweru, ibirori by’iyo ntsinzi byaranzwe n’akanya katunguranye ubwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaye mu gikorwa cyo gutanga igikombe.

Nyuma y’umukino, Trump ni we washyikirije Reece James, kapiteni wa Chelsea, igikombe, mbere y’uko Gianni Infantino, Perezida wa FIFA, amusaba gusohoka ku rubyiniro. Ariko aho kugenda, Trump yahisemo guhagarara iruhande rwa James na Robert Sánchez, umuzamu wa Chelsea, maze abafana batangazwa no kubona atigeze ahita ava ku rubyiniro.

Reece James yagize ati: “Bambwiye ko ari buze kuduha igikombe akagenda, nanjye nari nizeye ko agenda, ariko yashatse kuhaguma. Yadusuhuje, atwifuriza kwishimira iyi ntsinzi.”

Cole Palmer watsinze ibitego bibiri muri uwo mukino wa nyuma, na we yagize ati “Nari nzi ko aza kuhaza, ariko sinari nzi ko aza kuba ari kuri stage ubwo twazamuraga igikombe. Byatunguranye, rwose.”

Ibi birori byabereye MetLife Stadium byitabirwa n’abarenga 81,000, bikaba byarimo n’ibikorwa byinshi by’imyidagaduro mbere y’umukino ndetse no mu gihe cy’ikiruhuko hagati y’igice cya mbere n’icya kabiri.

Trump yarebye umukino ari kumwe na Infantino, ndetse mu kiganiro yahaye Dazn hagati mu mukino, yavuze ko ari “kuryoherwa cyane n’umukino".

Mu kiganiro kinini cyasohotse nyuma Trump yavuze ati: “Gianni ni inshuti yanjye. Yakoze akazi gakomeye mu mupira... cyangwa se uko babivuga hano ni ‘football’, ariko twe tuwita soccer. Ntabwo nemera ko byahinduka byoroshye.”

Ubwo yabazwaga niba yaba yatanga itegeko ridasubirwaho ryo guhindura izina ry’umukino rikava kuri “soccer” rikaba “football”, yasubije aseka ati: “Ndumva nabishobora. Ndakeka ko nabikora.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kanada na Mexique ni zo zizakira Igikombe cy’Isi cya 2026 mu cyumweru kizatangira mu mpeshyi y’umwaka utaha.

Donald Trump yatunguranye ubwo yashikirizaga abakinnyi ba Chelsea igikombe maze akanga kuva ku rubyiniro 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...