Byari ikiruhuko – Afrique nyuma yo kuva mu kigo ngororamuco i Huye - VIDEO

Imyidagaduro - 01/05/2025 3:35 PM
Share:

Umwanditsi:

Byari ikiruhuko – Afrique nyuma yo kuva mu kigo ngororamuco i Huye - VIDEO

Umuhanzi Kayigire Josue, benshi bazi ku izina rya Afrique, yatangaje ko igihe aherutse kumara mu kigo ngororamuco cy’i Huye, atari ahari ku mpamvu zijyanye n’ibiyobyabwenge nk’uko byagiye bivugwa, ahubwo yari yagiye kwitekerezaho no kuruhuka mu mutwe.


Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Afrique yavuze ko ibyavugwaga ku mbuga nkoranyambaga atigeze abisubiza kuko yari azi icyari kimujyanye. Yagize ati: “Narabibonaga, ariko kwa kundi nkavuga nti reka bakomeze bivugire kuko ntabwo bazi ibyo ari byo.”

Yakomeje avuga ko hariya hantu atari “Rehab” nk’uko benshi babyumvise, ahubwo ari ahantu umuntu wese ashobora kujya kugira ngo asubize ibintu ku murongo mu buzima bwe. Ati “Hariya ni ahantu ugenda ugatuza, ugasubiza ubwenge ku gihe, ntabwo ari ahantu habi… ni njye wifatiye umwanzuro."

Yamaganye ibihuha by’ibiyobyabwenge

Yahakanye yivuye inyuma amakuru yavugaga ko yagiye kwivuza ingaruka z’ibiyobyabwenge, avuga ko nta na rimwe yigeze abyishoramo. Aragira ati “Umuntu unywa ibiyobyabwenge aba asa nanjye? Ntabwo waba unywa ibiyobyabwenge ngo ugaragare nkanjye. Umubiri wanjye uracyeye, mu mutwe meze neza.”

Yongeyeho ko umuntu unywa ibiyobyabwenge iyo afashwe afungwa, ibintu we avuga ko bitigeze bimubaho, ndetse ko abifata nk’ibitari byamubereye ikibazo.

Afrique agiye gushyira hanze Album ye ya mbere: N2STAY

Uyu muhanzi wari umaze igihe kitari gito atigaragaza mu bikorwa bya muzika, yatangaje ko igihe yamaze i Huye cyamufashije gutegura neza Album ye ya mbere yise “N2STAY” (Into Stay), igizwe n’indirimbo ziganjemo iz’urukundo n’ubuzima busanzwe.

Ati “Ni izina maranye igihe ku buryo buri wese ashobora kuribona, bikamworohera kurimenya. Risobanura guharanira kuba aho wahisemo kuguma.”

Yavuze ko iyi Album izagaragaraho abahanzi bo mu karere birimo Uganda n’u Burundi ndetse n’abakozi b’umuziki (Producers) b’ingeri zitandukanye.

Yakoranye na Phantom wakoze ‘Ye’ ya Burna Boy

Mu bahanzi b’ingenzi bagize uruhare kuri iyi Album harimo Producer Phantom, uzwi cyane nyuma yo gukora indirimbo ‘Ye’ ya Burna Boy. Afrique yavuze ko igihe yamaze akorana na Phantom cyamuhaye amasomo akomeye mu buhanga no gukunda umurimo.

Yagize ati “Namwigiyeho gukunda akazi no kukabamo mu buryo bw’umwuga. Ntabwo yita ku izina afite; iyo yakumviyemo impano aragukorera atitaye ko uri umuhanzi ukiri muto.”

Yakoranye indirimbo na Fireman

Afrique kandi yavuze ko ubwo yari i Huye, yahahuriye na Fireman na we wahoze ari muri icyo kigo, maze bagirana ibiganiro byaganishije ku ndirimbo banditse zizajya kuri iyi Album nshya.

Yiteguye kuba “umuhanzi wa nyawe”

Uyu musore avuga ko iyi Album ayifata nk’“imfura” ye mu muziki, asobanura ko kuyitegura byamusabye igihe n’imbaraga, kandi yizeye ko izamufasha kugera ku rundi rwego.

Ati “Ni nko kubyara. Iyo umugore abyaye ibyishimo aba afite ni na byo umuhanzi uba afite iyo ashyize hanze Album ya mbere.” Afrique yavuze ko mu minsi iri imbere azatangaza amazina y’indirimbo zigize iyi Album ndetse n’abahanzi bose bayirimo.


Afrique yahishuye ko yagiye i Huye mu rwego rwo kwitekerezaho, asobanura ko atigeze yishora mu biyobyabwenge nk’uko byavuzwe 

Afrique yavuze ko yagarutse mu kazi, kandi ko agiye gushyira hanze Album ye ya mbere

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA AFRIQUE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...