Byansabye kwigomwa byinshi - Dezman kuri Album yasohoye yakozweho n’abarimo Pastor P na Aaron Nitunga

Imyidagaduro - 15/08/2025 6:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Byansabye kwigomwa byinshi - Dezman kuri Album yasohoye yakozweho n’abarimo Pastor P na Aaron Nitunga

Umuhanzi w’umunyarwanda Shema Desmond Christian uzwi nka Dezman Junior, yamuritse ku mugaragaro Album “Ubuheta”, yitiriye umukobwa we, nk’uburyo bwo kumuzirikana no kumugaragariza urukundo rudasanzwe. Ariko kandi no gushimangira umuhate yashyize mu gukora no gutunganya iyi Album.

Iyi Album igizwe n’indirimbo 10 zinyuranye, zihuza ibikoresho bya muzika gakondo n’indi myidagaduro igezweho, zirimo: Fill The Cup (Piano Version) – 4:59, Blessings – 3:24, Tesire – 3:59, Shine Your Light feat. Fredy Massamba – 3:57, Fill The Cup (Dancehall Version) – 3:28, Land We Love – 3:57, Larger Than Life – 4:59, Mama – 3:59, False Pretender – 3:07 ndetse na Equal Rights – 4:08

Album “Ubuheta” ivuga ku nsanganyamatsiko zirimo urukundo, ubuzima, icyizere n’ubumwe, ikanagaruka ku butumwa bwo gushimira ababyeyi n’Imana ku byo umuhanzi yagezeho.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Dezman Junior yavuze ko iyi Album ari igihangano cy’umutima we, ati “Ubuheta irahageze! Nyuma y’imyaka itatu y’umuhate n’akazi gakomeye, ndishimye cyane gusangiza buri wese iri jwi ry’icyifuzo cyanjye.”

Akomeza yumvikanisha ko gukora iyi Album byamusabye ibintu byinshi. Ati “Hari benshi batinyaga ko byashoboka, ariko kubera ukwizera kudacika no gushyigikirwa n’inshuti z’ingenzi, nabashije kubigeraho nta sosiyete y’umuziki cyangwa amafaranga menshi mfite—njyewe, Imana yanjye, n’urukundo rwanjye ku muziki nibyo byabigeraho.

Yavuze ko Album ya yiyitiriye umukobwa we “kugira ngo azajye yibuka ko hari ubutumwa bwiza musigiye, ndetse n’urukundo rwanjye nk’umubyeyi. Ni urugendo rugaragaza ubuzima bwanjye, inzozi n’icyizere cy’ejo hazaza.”

Dezman Junior yashimye by’umwihariko abamushyigikiye mu rugendo rwe rw’umuziki, barimo Aron Niyitunga ku bw’ubuhanga bwe mu gutunganya indirimbo, ndetse na Bugingo Ndanga [Producer Pastor P], Nitegeka, Aaron Nitunga, Didier Touch, Jay P Pro, na Nils Karrer binyuze muri studio ‘FRS Audio – Tonstudio’ wabaye inyuma y’umuziki wose w’iyi Album.

Dezman yavuze ko Album ye imaze kugera ku mbuga zose zicururizwaho umuziki ku isi, kandi abafana bashobora kuyisanga kuri DistroKid. Ni Album ikubiyemo indirimbo zifite umwimerere n’inyigisho, igaragaza ubuhanga bwa Dezman Junior mu guhuza injyana zitandukanye no gushyira hamwe amagambo akora ku mutima.

Dezman yaherukaga kuririmba mu iserukiramuco ryitwa “Africa Fiesta Frankfurt " ryari ryubakiye ku nsanganyamatsiko yo guhesha agaciro ibihangano by’Afurika.

Ryaranzwe n’ibikorwa birimo kugaragaza imyambaro ihangwa n’Abanyafurika, ibitaramo by’abahanzi, abashushanya, abakora imikino y’abana, ubukorikori n’ibindi byahanzwe n’abakomoka ku Mugabane wa Afurika ariko babarizwa muri Frankfurt. 

Ibikorwa by’abatoranyijwe byagaragajwe muri iri serukiramuco biri no mu murongo wo kubimenyekanisha ku rwego rw’Isi no kubishakira amasomo hirya no hino.

Kanda HANO  ubashe kumva Album ‘Ubuheta’ ya Dezman: 

Ubuheta irahageze! Nyuma y’imyaka 3 y’umuhate, ndishimye gusangiza uru rugendo rw’umuziki n’inshuti zanjye n’abafana banjye bose- Dezman


Iyi Album nayitiriye umukobwa wanjye, kugira ngo azahore yibuka ubutumwa bwiza n’urukundo rwanjye 

Indirimbo 10, injyana zitandukanye, ubutumwa bukubiyemo urukundo, icyizere n’ubumwe mu bikubiye kuri iyi Album

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'LARGER THAN LIFE' YA DEZMAN

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO DEZMAN YAKORANYE NA RAS KAYAGA

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO DEZMAN YAKORANYE NA FREDY MASSAMBA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...