Bwiza ategerejwe mu bitaramo mpuzamahanga – VIDEO

Imyidagaduro - 11/08/2025 8:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Bwiza ategerejwe mu bitaramo mpuzamahanga – VIDEO

Umuhanzikazi Bwiza Emerance, uzwi cyane nka Bwiza, yamaze gutangaza ko ari mu myiteguro yo gukora ibitaramo byo ku rwego mpuzamahanga bizazenguruka mu bihugu bitandukanye byo ku isi, bizwi nka “World Tour”. Ni ubwa mbere agiye gutangira gahunda nk’iyi, igamije kumufasha kurushaho kumenyekanisha ibihangano bye no kwagura isoko ry’umuziki we mu ruhando mpuzamahanga.

Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma y’igitaramo gikomeye yakoze ku wa Gatandatu tariki 9 Kanama 2025, cyabereye muri Kigali Universe. Iki gitaramo cyari cyihariye kuko cyahuriranye no kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki nk’umuhanzi wabigize umwuga, ndetse n’isabukuru y’imyaka 26 y’amavuko.

Bwiza yavuze ko gahunda yose y’ibi bitaramo izashyirwa ahagaragara mu minsi micye iri imbere. Ati “Nko mu cyumweru gitaha ndashyira hanze gahunda yose y’ibitaramo bya World Tour. Hari abo tugifitanye ibiganiro, hakaba n’ahandi duteganya kugera. Ariko ubu hari ibihugu bitandukanye byo ku isi tumaze kumvikana nabyo, mu minsi micye nzabereka uko gahunda yose iteye.”

Byitezwe ko iyi ‘World Tour’ izaba igizwe n’ibitaramo bizanyura ku migabane itandukanye, harimo Amerika, Uburayi, ndetse no mu bindi bice bya Afurika, bikazatuma umuziki we ugera ku bantu batigeze babona uburyo bwo kumureba ku rubyiniro.

Bwiza asobanura ko mu myaka ine amaze mu muziki, yakomeje kubona abafana bakura umunsi ku munsi, harimo n’abamukurikira bari hanze y’igihugu. Ibi byatumye yiyemeza gukora intambwe ikomeye yo kubasanga aho bari, kandi anashake uburyo umuziki we wagira ijambo mu ruhando mpuzamahanga.

Bwiza yamenyekanye bwa mbere mu mwaka wa 2021, ubwo yegukanaga umwanya wa mbere mu irushanwa rya The Next Pop Star. Uyu mwanya wamufunguriye amarembo yo gusinya amasezerano na Kina Music, inzu imenyerewe mu guteza imbere abahanzi bakiri bashya.

Kuva ubwo, Bwiza yashyize hanze indirimbo zakunzwe cyane nka “Ready”, ‘Exchange’, ‘Yiwe’ n’izindi. Izi ndirimbo zimufashije kuzamura izina rye no kumenyekana mu Rwanda no mu karere.

Imiririmbire ye ikomatanya injyana zigezweho nka Afropop, Afrobeat n’injyana za Kinyafurika zisanzwe, byunganirwa no guhuza indimi zitandukanye harimo Ikinyarwanda, Icyongereza n’Igifaransa. Ibi byatumye amenyekana mu bafana batandukanye haba imbere mu gihugu no hanze.

Mu rugendo rwe, Bwiza yakoranye indirimbo n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie, Chriss Eazy, The Ben, Juno Kizigenza, n’abandi. Yagiye agaragara mu bitaramo bikomeye mu Rwanda ndetse no mu bihugu by’ibituranyi.

Ibi byamufashije kumenya uko umuziki ucurangwa mu masoko atandukanye no kubona abafatanyabikorwa bo hanze y’igihugu.

Iyi World Tour ya Bwiza izaba ari indi ntambwe mu gushyira umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, ikagaragaza ko abahanzi bakiri bato nabo bashobora gukora ibikorwa bifite ingaruka ku rwego rw’isi.

Abakurikiranira hafi umuziki bemeza ko kuba umuhanzi nk’uyu w’imyaka 26 agerageza kwinjira mu masoko mashya ari ikimenyetso cy’uko “injyana zacu ziri kwitabwaho no kumvikana cyane mu ruhando rwa Afurika.”

Umuhanzikazi Bwiza yiteguye kwagura umuziki we ku rwego mpuzamahanga mu bitaramo bya ‘World Tour’ biri imbere. Ibyiza biracyaza 

Imyidagaduro, ibihangano bishya n’urukundo rw’abafana byahuriyemo mu gitaramo cy’umwaka cya Bwiza – imyaka ine y’umuziki irakomeza 

Bwiza yamurikiye abafana be ibyiza bya muzika ye, yizihiza urugendo rw’imyaka ine rufite byinshi byiza bitegerejwe

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BWIZA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...