Bwa mbere Bantal yavuze ku byo kwihakanwa na Papa we

Imyidagaduro - 02/09/2025 11:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Bwa mbere Bantal yavuze ku byo kwihakanwa na Papa we

Umwe mu bahangamideri bagezweho ndetse bakunzwe n’abatari bacye mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, Bantal yavuze uburyo umubyeyi we yamwihakanye imbere y’abantu ndetse n’uburyo yaje kwisanga akorana n’ibyamamarekazi mu Rwanda.

Abitabira ibirori bitandukanye hirya no hino muri Kigali bagerageza kwambara neza ndetse bagashaka n’abahanga mu kubambika babamenyera ibyo bakwiye kwambara n’ibyo badakwiye kwambara bitewe n’ibirori bagiyemo.

Bantal nk’umwe mu bamaze kubaka izina rikomeye muri uwo mwuga wo kurimbisha ibyamamare mu Rwanda barimo nka Alliah Cool, Butera Knowless ndetse n’abandi bahanzikazi bakomeye mu Rwanda ndetse n’abanyamahanga, yavuze uko umubyeyi we yamwihakanye.

Yabwiye InyaRwanda.com ko ubwo yari akiri umwana muto yiga mu mashuri abanza yitegura kujya mu mashuri yisumbuye, yasabye umubyeyi we amafaranga y’ishuri ariko amwihakana imbere y’inama y’umudugudu avuga ko ntaho amuzi.

Ati: “Ubwo niteguraga kujya mu mashuri yisumbuye, nasabye Papa amafaranga ariko arayanyima. Icyo gihe hari abandi bana bari bamureze mu mudugudu nabo yihakanaga hanyuma njyayo gusa ikibabaje ni uko byibuze bo yabemeraga akababeshya amafaranga niyo atayabaha ariko nge avuga ko ntaho anzi imbere y’inama y’umudugudu.”

Avuga ko yanyuze mu buzima bushaririye nyuma yo kwihakanwa n’umubyeyi we ndetse agorwa n’ubuzima ariko yishakamo ibisubizo atangirira kuri zero ashaka uko yabaho we n’abavandimwe be ndetse biranamuhira.

Ati “Nta kintu kibabaza nko kwihakanwa n’umubyeyi wakubyaye kandi imbere y’abantu batari bacye. Yarambwiye ngo niba nshaka kumenya ukuri nzajye kubaza ku murenge kuko yari yaranze kunyiyandikishaho. Ubuzima bwarankomeranye kuva nkiri muto, mbaho ubuzima bubabaje ariko kubwo kwishakamo ibisubizo byaramfashije.”

Bantal avuga ko urugendo rwo kuva iwabo mu ntara y’iburengerazuba rwari rukomeye cyane gusa aza kugera i Kigali ndetse atangira gukorana n’ibyamamare byinshi muri Kigali abona ko ubuzima bushoboka kuri ubu akaba ageze ku rwego rwo kwambika abanyamahanga baba abatuye mu Rwanda cyangwa se abarusura bakahakorera ibikorwa bitandukanye.

Asaba ndetse akagira inama abantu bose babyara bagatekereza kwihakana abana babo gutekereza kabiri yaba uko uwo mwana azabaho ndetse n’ahazaza he akagira abantu bose inama yo kwiyemeza no kwemera inshingano.

Bantal yagarutse ku gahinda yatewe n'umubyeyi we wamwihakanye


Bantal avuga ko kugera muri Kigali no gutangira kwambika ibyamamare byamuhaye ikizere cy'ejo hazaza

Bantal avuga ko yanyuze mu buzima bubi, akiga nabi kubera umubyeyi we wamwihakanye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...