Burera: Senderi yanyuze ibihumbi by’abaturage mu gitaramo cy’amateka cyabanjirijwe n’umuganda – AMAFOTO

Imyidagaduro - 12/07/2025 9:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Burera: Senderi yanyuze ibihumbi by’abaturage mu gitaramo cy’amateka cyabanjirijwe n’umuganda – AMAFOTO

Umuhanzi w’inararibonye Eric Senderi, uzwi cyane ku izina rya Senderi International Hit, ari mu bihe by’imbonekarimwe by’ibyishimo n’ishema, nyuma yo gutaramira ibihumbi by’abaturage b’Akarere ka Burera mu gitaramo cyaranzwe n’akanyamuneza n’umudiho udasanzwe.

Iki gitaramo ni kimwe mu bigize uruhererekane yise “Celebrating 20 Years of Senderi Hit Music”, rugamije kwizihiza imyaka 20 amaze atarambirwa mu rugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga.

Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 11 Nyakanga 2025, mbere y’uko igitaramo nyir’izina gitangira, Senderi yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Butaro, mu gikorwa cy’umuganda rusange cyibanze ku bikorwa by’isuku n’isukura. Bahuriye ku muhanda werekeza ku bitaro bya Butaro, aho basibye ibinogo byatezaga akaga ndetse banasibura inzira z’amazi zari zitangiye kwangirika.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze, abashinzwe umutekano ndetse n’urubyiruko n’abaturage b’ingeri zitandukanye. Senderi yavuze ko atari ubwa mbere akora umuganda mbere y’igitaramo, ahubwo ko ari umurongo yiyemeje kugira ngo arusheho kwegera abaturage no kubereka ko umuhanzi ashobora kuba umusemburo w’impinduka nziza.

Yagize ati: “Umuziki si ukuririmba gusa, ni n’ubutumwa, ni n’imyitwarire. Kugira ngo igihugu gitere imbere, dukeneye kwitabira ibikorwa nk’ibi. Niyo mpamvu mbere yo kuririmba, mpitamo kubanza gukorana n’abaturage ibikorwa by’amaboko. Ni uburyo bwo kubereka ko mbashyigikiye, ko mbabamo.”

Mu masaha y’umugoroba, igitaramo cyatangiriye kuri sitade nto ya Butaro, aho abaturage bari bamaze kuhagana ari benshi baturutse mu bice bitandukanye by’Akarere ka Burera. Abandi baturutse no mu turere duturanye nka Musanze na Gicumbi.

Senderi yinjiriye ku rubyiniro aririmba indirimbo zakunzwe, ahita ituma imbaga izamura amaboko mu majwi y’ibyishimo. Yakurikiranye n’izindi ndirimbo zamwitiriye izina rikomeye mu muziki nyarwanda nka “Iyo Twiciranye”, “Tuzarwubaka”, “Tuzarinda Igihugu”, n’izindi nyinshi zirimo ubutumwa bwo gukunda igihugu, kubaka ubumwe no kurwanya amakimbirane.

Byari akarusho ubwo Tuyisenge Intore, umuhanzi ufite umwihariko mu ndirimbo z’umuco n’uburere mboneragihugu, yinjiye ku rubyiniro agafatanya na Senderi kuririmba indirimbo yabo “Ibidakwiriye nzabivuga”.

Ni indirimbo ishyira imbere gutinyuka kuvuga ibitagenda neza, kwanga akarengane no gushishikariza abaturage kugira uruhare mu kubaka igihugu.

Abari aho bahagurutse bose, banyurwa n’ijwi ry’aba bahanzi bombi, banabigaragariza mu majwi y’impundu no kubaririmbana.

Senderi yasoje igitaramo agaragaza ko iki ari igice kimwe cy’uru rugendo yatangiye ku ivuko i Kirehe mu cyumweru cyari kibanjirije iki. Yavuze ko buri gitaramo kizajya kiganisha ku gikorwa cy’ubwitange, ubusabane n’ihuriro ry’imico n’ubutumwa.

Yagize ati: “Imyaka 20 mu muziki si iy’ubusa. Naririmbaga ku rubyiniro rudafite amatara none ndataramira kuri stage zibengerana. Sinigeze ncika intege. Ndashaka ko iyi myaka iba isomo ku bahanzi bato, ko bishoboka. Nzenguruka u Rwanda mbereka ko Senderi ari urwibutso rw’umuziki w’igihugu.”

Abaturage bagaragaje ibyishimo by’uko umuhanzi w’inararibonye nk’uyu abasuye atari gusa kubataramira, ahubwo no kubegera mu bikorwa rusange.

Uru rugendo rwa Senderi rushobora kuba intangiriro y’imyumvire mishya y’uko abahanzi bashobora kugira uruhare rugaragara mu iterambere ry’imibereho y’abaturage, binyuze mu kwifatanya nabo haba mu bihangano, haba no mu bikorwa bifatika.


Senderi mu byishimo by’igitaramo cye i Burera, mu rugendo rw’imyaka 20 amaze mu muziki 

Abaturage ba Burera bishimiye indirimbo za Senderi zifite ubutumwa bwubaka igihugu 

Umuganda mbere y’igitaramo! Senderi yifatanyije n’abaturage mu bikorwa by’isuku muri Butaro 

Tuyisenge Intore na Senderi basusurukije imbaga mu ndirimbo yabo ‘Ibidakwiriye nzabivuga’ 

Ibirori byuzuye urukundo n’ubutumwa: Senderi akomeje urugendo rwe 20 Years of Celebration’s 

Ibihumbi by’abaturage ba Burera bitabiriye igitaramo cy’amateka cyaranze ubusabane n’umudiho 

Senderi asaba urubyiruko kwitinyuka no kugira uruhare mu kubaka u Rwanda biciye mu mpano 

‘Umuziki ni ubuzima, ni ubutumwa’ – Senderi ubwo yari mu muganda rusange i Burera

Senderi Hit ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Burera, Mukamana Soline ubwo baganirizaga abaturage


Senderi yagaragaje ko kuba umuhanzi bidakuraho kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere 

Kuri iki Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2025, Senderi Hit arataramira mu Karere ka Muhanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...