Bruce Melodie, Zuba Ray, Israel Mbonyi mu bahataniye ibihembo 'AEAUSA' bitangirwa muri Amerika

Imyidagaduro - 20/10/2025 1:44 PM
Share:

Umwanditsi:

Bruce Melodie, Zuba Ray, Israel Mbonyi mu bahataniye ibihembo 'AEAUSA' bitangirwa muri Amerika

Abahanzi nyarwanda barimo Bruce Melodie, Zuba Ray, Element, The Ben na Israel Mbonyi bari mu bahataniye ibihembo bya African Entertainment Awards USA (AEAUSA) 2025 bizatangirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibi bihembo bizwiho gushyigikira impano z’abahanzi b’indirimbo bo muri Afurika no ku y’indi migabane, ndetse no kugaragaza uruhare rwabo mu iterambere ry’umuco n’ubukungu.

Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, ari mu bahataniye ibihembo byinshi. Ahatanye mu cyiciro cy’Umuhanzi w’umwaka (Artist of the Year), aho ahuriye mu cyiciro n’abahanzi bakomeye nka Chella, Ayra Starr, Tyler ICU, Josey, Chelsea Dinorath, Fally Ipupa, Diamond Platnumz, Asake na Wizkid.

Uyu muhanzi kandi ari mu bahataniye igihembo cya “Social Media Influencer of the Year”, aho ahatanye na Realjjfrosh, Maryan Abdiwali Ahmed, William Last KRM, Adeoluwa Prince Enioluwa, Boity Thulo, Althea Brown (metemgee), Ghetto Kids, Vera Sidika na Mimie.

Mu cyiciro cy’Indirimbo y’umwaka (Song of the Year), Element EleeeH, umuhanzi akaba na producer, ahataniye igihembo cy’indirimbo ye “Tombe”. Ahatanye n’indirimbo zirimo “My Darling” ya Chella, “Love Me JeJe” ya Tems

 “Commas” ya Ayra Starr, “Ngishutheni” ya Goon Flavour, Master KG & Eemoh, “Nairobi” ya Marioo & Bien Kizz Daniel, “Police” ya Angelique Kidjo & Johnny Drille, “Shenseea” ya MOLIY, “Shake It To The Max (Fly) Remix” ya Skillibeng, Silent Addy, “Enaney” ya Veronica Adane, ndetse na “Fealan Mabyetneseesh” ya Tamer Hosny & Ramy Sabrry.

Element kandi ahataniye igihembo cya Music Producer of the Year, aho ahatanye n’abahanga nka Dawie, Beatz Vampire, Obeng King, Ramoon, DJ Private Ryan, Master KG, DJ Maphorisa, Andre Vibes na Pheelz.

Zuba Ray, umuhanzi w’umukobwa wo muri Kina Music, ahataniye igihembo cy’umuhanzi mushya uri kuzamuka (Rising Star of the Year), ahatanye n’abarimo Zafaran, Musa Keys, Acidic Vokoz, Sofiya Nzau, Coutain, Oriyano, Treyzah, King Madi na Blood Civilian.

Mu rwego rw’Afurika yose, The Ben ahataniye igihembo cy’Umuhanzi mwiza wo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, Amajyepfo n’Amaraguru y’Afurika (Best Male Artist East/South/North Africa), aho ahatanye na Mouh Milano, Rophnan, Rayvanny, Kouz1, Ilkacase Qays, Marioo, Bien, Master KG na Dizzy DROS.

N’aho mu cyiciro cy’abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana (Best Gospel Artist), Israel Mbonyi ari mu bahataniye igihembo, ahatanye na Moses Bliss, Ada Ehi, KS Bloom, Piesie Esther, Joe Mettle, Benjamin Dube, Evelyn Wanjiru, Pst Gift Kaputula na Xolly Mncwango.

Abafana batangiye gutora kuva wa 17 Ukwakira 2025, aho bizasozwa ku wa 15 Ukuboza 2025, binyuze ku ku rubuga rwa www.aeausa.net

Abatsinze bazatangazwa ku rubuga rwa AEAUSA ndetse no ku mbuga nkoranyambaga ku wa 20 Ukuboza 2025.

Bruce Melodie ahataniye mu byiciro bitatu birimo icyiciro cy’umuhanzi w’umwaka (Artist of the Year)

Element akomeje kugaragaza ubuhanga mu gukora umuziki aho indirimbo ye ihatanye mu cyiciro cy’indirimbo y’umwaka (Song of the Year) ndetse no mu cyiciro cya ‘Producer of the Year’ 

Umukobwa ukizamuka muri Kina Music, Zuba Ray, yanditse amateka ahatana muri AEAUSA 2025 mu cyiciro cya ‘Rising Star of the Year’

The Ben, nyuma yo kwigarurira imitima ya benshi muri Afurika, ari mu bahataniye igihembo cya ‘Best Male Artist East/South/North Africa’ muri AEAUSA 2025

Israel Mbonyi, akomeje guhagararira u Rwanda mu muziki wo kuramya Imana ari mu bahataniye ‘Best Gospel Artist’ muri AEAUSA 2025’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...