Nk’uko byemejwe
n’ubuyobozi bw’ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzacyaha muri uwo mujyi, hari umuntu wafashwe ashinjwa kugira
uruhare mu gutegura icyo gitero cyari giteye impungenge, aho abacyekwa bari bamaze igihe bigisha abandi binyuze kuri
murandasi uburyo bwo gukora ibisasu gakondo bifashishije ibikoresho
byoroheje, ariko bishobora guteza ibyago bikomeye.
Polisi ivuga ko abateguye
uwo mugambi bari bagamije kwigarurira imbuga nkoranyambaga binyuze mu bikorwa
by’ubugizi bwa nabi, aho bashakaga kwifashisha icyo gitaramo nk’uburyo bwo
kwamamara ku isi hose.
Iki gitaramo cyari kimwe
mu bigize urugendo rw’ibitaramo Lady Gaga yise Mayhem Tour, akaba yari yaratangaje ko azasubira i Rio nyuma
y’imyaka yari ishize asubitse igitaramo bitewe n’imvune yari yaragize.
Mu butumwa yasangije
abakunzi be kuri murandasi mbere y’igitaramo, Lady Gaga yagize ati: “Ni ishema rikomeye guhamagarwa
kuririmbira i Rio. Mu rugendo rwanjye rwose, abafana bo muri Brezil bagiye
bambera imbaraga zidasanzwe.”
Nubwo ibyo byabaye,
igitaramo cyarangiye neza, nta n’umwe wakomeretse, ndetse polisi yashimiwe
uburyo yitwaye neza ikarinda ko habaho icyago cyari gutuma abantu benshi basigara
mu gahinda.
Ubugenzacyaha
bukomeje iperereza kugira ngo hamenyekane neza abandi bashobora kuba bari
muri uwo mugambi, banamenyekanishe aho ibikoresho bari bateguye byari bihishe.
Iki gikorwa cyabaye isomo rikomeye ku bijyanye no kurinda umutekano w’abitabira ibitaramo n’ibikorwa rusange, cyane cyane mu gihe isi igenda irushaho guhura n’ihindagurika ry’imyitwarire y’abifashisha ikoranabuhanga mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.