Bosco Nshuti yamuritse Album mu gitaramo cy’amateka yatangiyemo ‘Awards’ ku barimo umugore we (AMAFOTO +VIDEO)

Imyidagaduro - 14/07/2025 5:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Bosco Nshuti yamuritse Album mu gitaramo cy’amateka yatangiyemo ‘Awards’ ku barimo umugore we (AMAFOTO +VIDEO)

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti, yanditse amateka mashya mu muziki wa Gospel binyuze mu gitaramo cy’imbaturamugabo yise “Unconditional Love Season II” cyabaye ku Cyumweru tariki 13 Nyakanga 2025, muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Iki gitaramo cyari kigamije kwizihiza imyaka 10 amaze mu muziki ku giti cye, ndetse anamurikamo Album ye ya kane yise “Ndahiriwe”. Yari amaze amezi atanu agitegura, avuga ko ari igice cy’uruhererekane rw’ibitaramo “byashibutse mu kumenya urukundo Imana imukunda.”

Iki gitaramo cyitabiriwe n’ibyamamare bikomeye mu muziki wa Gospel barimo Israel Mbonyi, Aline Gahongayire, Theo Bosebabireba, Prosper Nkomezi, Alex Dusabe, Danny Mutabazi, Bishop Masengo n’umugore we Gaby Kamanzi, n’abandi benshi.

Mu buryo bwihariye, Aime Uwimana yafatanyije na Bosco kuririmba indirimbo Ndashima bahuriyeho, anizihiriza imyaka 30 amaze mu muziki. Yaririmbye indirimbo zakunzwe cyane nka Urakwiriye Gushima, Yoshua, Urera na Niwowe Ndirimba, ashimangira ko ubuhanga bwe budacogora n’imyaka igenda.

Bosco Nshuti yamuritse Album ya kane yise Ndahiriwe, avuga ko yayise atyo kuko “kumva Yesu ari we soko y’amahirwe nyakuri” byamuhaye impinduka mu buzima.

Iyi Album igizwe n’indirimbo 10, zirimo: Ndahiriwe, Ndatangaye, Jehovah, Ni muri Yesu n’izindi zirimo izafatanyije n’abahanzi nka Aime Uwimana, Ben & Chance, Tracy na Rene.

Yasobanuye ko yise igitaramo Unconditional Love kubera ko kigaragaza urukundo Imana ifitiye abantu rutagira imipaka, atari urushingiye ku byo umuntu yakoze.  Ati: “Imana yadukunze tutaraba beza, nta kiguzi twatanze. Iyo ni yo ‘Unconditional Love’.”

Mu gusoza igitaramo, Bosco Nshuti yashimiye abantu bagize uruhare rukomeye mu rugendo rwe, abashyikiriza ibihembo (Awards) barimo Umugore we, Joshue Shimwa wamubonyemo impano bwa mbere, Producer Bruce wamukoreye indirimbo yambere ku buntu yitwa “Wuzuye ibambe, New Melody nka Group yazamukiyemo, Chorale Siloam nka Chorale yakozemo umurimo igihe kinini, ababyeyi be, Mukuru we uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pasiteri Senga wamufashije kujya gukorera ibitaramo i Burayi, ndetse n’Itorero rya ADEPR abarizwamo.

Ubwo Ben na Chance binjiraga ku rubyiniro, Ben yasangije abantu inkuru y’ukuntu indirimbo Tambira Uwiteka yavutse, avuga ko yayanditse mu rukerera avuye gusenga. Baririmbye zose zakunzwe mu buryo butangaje, banyura imbaga y’abari bitabiriye igitaramo.

Bosco Nshuti yatangiye umuziki mu makorali ya Gikirisitu nka Silowamu ya ADEPR Kumukenke na New Melody. Mu 2015 ni bwo yatangiye kuririmba ku giti cye. Kugeza ubu afite Album enye, ari zo: Ibyo Ntunze, Umutima, Ni Muri Yesu ndetse na Ndahiriwe.

Iki gitaramo cyasize amateka, cyabaye intangiriro y’urundi rwego Bosco Nshuti agezeho mu murimo w’Imana abinyujije mu muziki. Cyari igitaramo cy’ishimwe, cy’ubutumwa bukora ku mutima, cyuzuyemo indirimbo ziri ku rwego mpuzamahanga, kandi kirashimangira ko Gospel nyarwanda ikomeje gutera imbere.

Indirimbo Bosco Nshuti yaririmbye mu gitaramo

Mu masaha y’ijoro ryo ku Cyumweru tariki 13 Nyakanga 2025, umwuka w’Imana waruhukiraga ku bihumbi by’abantu bari bateraniye muri Camp Kigali, aho umuhanzi Bosco Nshuti yakoreye igitaramo cy’amateka yise Unconditional Love.

Iki gitaramo cyabaye umwanya wo kwibuka urukundo Imana yamugaragarije, rwamuherekeje mu rugendo rw’imyaka 10 amaze mu muziki, kikaba n’igihe cy’ugusohora Album ye ya kane yise “Ndahiriwe.”

Uko indirimbo zagiye zishyirwa ku rubyiniro, byagaragazaga urugendo rwe kuva ku kumenya urukundo rw’Imana, kurokoka mu rukundo rwayo, kugeza ku kugira ubugingo bushya—nk’uko playlist ibigaragaza:

Bosco yagaragaje ko kumva urukundo rw’Imana ari intangiriro y’impinduka, aho indirimbo ye Ndahiriwe yahuriranye neza n’iyo yise Numvise, igashimangira ko ibyiza byose afite ari ingabire.

Binyuze mu ndirimbo ‘Ibyo Ntunze’ yagaragaje ubuhamya bw’uko ibyo atunze byose ari ibyo Imana yamugeneye. Neema yafatanyije nawe, atanga umusanzu w’umwimerere muri iyi ndirimbo yasubiwemo mu Swahili, ituma igitaramo kijya ku rwego mpuzamahanga.

Mu ijwi ryuje ubwuzu, Bosco yagaragaje uko gutangazwa n’ubuntu bw’Imana ari ryo tangiriro ryo kuyishimira. Abari bitabiriye benshi barahagurutse, bafite amarira y’ishimwe.

Yanaririmbye indirimbo ‘Amahoro n’i Yesu’ . Iyi ndirimbo yanyuze benshi mu buryo bwayo bujyanye no guhumuriza imitima, aho avuga ko amahoro ye aturuka kuri Yesu, hakurikiraho ishimwe mu izina rye.

 “Yanyuzeho” ; Iyi ndirimbo yatumye benshi baririmba n’amarangamutima, aho bahamyaga ko Yesu yabanyuzeho. Ni nayo yashyize akadomo ku cyiciro cya mbere cyo gutaramira abantu.

Mu cyiciro cya Kabiri, yaranzwe no gushyira imbere indirimbo zubakiye ku buhamya, igitambo cy’urukundo n’ihamya y’uko Yesu ari byose.

Umutima: Yagaragaje uko Yesu yahinduye umutima we, indirimbo yifashishije cyane mu gutangira iyi ‘Second Round’ irangwa no kwihangana no kwizera.

Uwamibitswe: Yafatanyije n’abaririmbyi be, yerekana uko yakijijwe n’uko Yesu yamuhaye ubugingo bushya. Nzamuzura: Iyi ndirimbo yanyuze benshi, irangwa no kwibutsa ko hari ihumure mu kuzuka kwa Kristo.

Ni Muri Yesu: Yagaragaje ko byose abikesha Yesu, ndetse iyi ndirimbo yabaye nk’inkingi ya Album Ndahiriwe. Yari ‘Performance’ ikomeye, irimo Chorus harmony n’ijwi rifite imbaraga z’umwuka.

Ndashima (Afatanyije na Aime Uwimana) ; Iki gihe igitaramo cyari ku gasongero. Uyu muririmbyi w’imyaka 30 mu muziki yafatanyije na Bosco kuririmba iyi ndirimbo y’ishimwe—buri wese yumvaga ijwi ry’umutima.

Icyiciro cya nyuma cyaranzwe no gufata icyemezo cyo gukomeza gukorera Imana, kwatura urukundo rwayo no guhamya ibyagezweho.

Ndishimiye: Yaririmbye nk’uwandikiye Imana ibaruwa y’ishimwe, avuga uko ari “ndishimiye kuko Yesu ari kumwe nanjye.” Inkuru y’Urukundo: Indirimbo yari ibaruwa y’umutima ku Mana. Ijwi rya Bosco ryarushagaho gusobanura ibihe yaciyemo n’uko urukundo rw’Imana rwamuhagaritse.

Urukundo (afatanije na Bobo, B&C na R&T): Yari indirimbo y’abantu benshi, irimo chorus nini, yubakiye ku butumwa bushimangira ko Unconditional Love ari umwimerere w’Imana.

Ndumva Unyuzuye: Iyi ndirimbo yafunze igitaramo—nk’igisubizo cy’amasengesho yose yasohowe muri iryo joro. Yari nk’igitambo cy’umutima wa Bosco Nshuti ku Mana yamuhaye byose.

Indirimbo 15, amagambo yuzuye Ijambo ry’Imana, abahanzi bafatanyije nawe n’imbaga y’abantu barenga ibihumbi byamushyigikiye. Bosco Nshuti yagaragaje ko Gospel atari injyana gusa, ahubwo ari ubuzima, ari ubutumwa kandi ari guhindura isi binyuze mu ndirimbo.

Pasiteri Hortense ku rubyiniro

Pasiteri Hortense Mpazimaka yabwirije mu gitaramo cya Bosco Nshuti cyiswe Unconditional Love Concert, cyabereye muri Camp Kigali ku itariki ya 13 Nyakanga 2025.

Yashimangiye ko urukundo rw’Imana rudashingiye ku byiza umuntu yakoze, ahubwo ruri ku rwego rwo hejuru rutagendana n’imyitwarire yacu, rukaba “urukundo rudashira, rutagira imipaka kandi rutarondoreka”.

Yahereye ku murongo wo muri 1 Yohana 4:10 agira ati: “Muri iki ni mo urukundo ruri: si uko twakunze Imana, ahubwo ni uko Imana ari yo yadukunze, igatuma Umwana wayo kuba impongano y’ibyaha byacu.”

Yavuze ko nta “n’umwe muri twe wakunze Imana mbere, ahubwo ko ari Imana yadukunze mbere”, kandi ntiyategereje ko dutungana ngo idukunde.

Yongeyeho ko n’iyo umuntu akijijwe, Imana ntiyongera kumukunda kurushaho—urukundo rwayo rurahoraho kandi ntirugabanuka cyangwa ngo ruzamuke uko umuntu ahinduka.

Yakomeje asoma Abaroma 5:6-10, agaragaza ko: “Kristo yadupfiriye tukiri abanyantegenke… Imana yerekanye urukundo rwayo idukunda, ubwo Kristo yadupfiriye tukiri abanyabyaha.”

Pasiteri Hortense yagaragaje ko Imana yadukunze turi abana bayo, kandi ibyo bitwereka ko urukundo rwayo atari igihembo cy’ubutwari bwacu, ahubwo ari igikiza cy’ubuntu bwayo.

Yavuze ko umurimo Imana itangiye mu kudukiza, ntiwibagirana cyangwa ngo uwusige igice, ahubwo: Ati “Tuzarushaho gukizwa ku bw’ubugingo bwa Kristo uri muri twe”.

Mu gusoza, yifashishije Abaheburayo 12:2-3, ashimangira ko Yesu: “Yihanganiye umusaraba atitaye ku isoni zawo, kubera ibyishimo byamushyizwe imbere” — ibyo byishimo ni wowe! Ni wowe yifuzaga kubona agarutse mu rukundo rw’Imana.

Yongeyeho ko ibyo byishimo ari ukubona umuntu wese atangira urugendo rwo gukizwa no kuba hamwe n’Imana iteka ryose.

Yatanze urugero ku mwana w’ikirara n’umukuru we (Luka 15) ndetse n’abana babiri (Matayo 21), agaragaza ko Imana itaguha urukundo rushingiye ku mvugo cyangwa ibikorwa, ahubwo iruremera ugarutse, ugahabwa byose n’ubwo waba warayitayeho.

Umwanzuro w’inyigisho ye yagize ati “Wowe wakiriye urukundo rw’Imana, ntukamukureho amaso. Yemera kukuzuramo, si wowe usabwa kuba mwiza mbere. Imana igukunda uko uri, kandi igutegereje ngo ukomeze gukizwa no guhindurwa n’ubugingo bwa Yesu.”

Yakiriwe n’amashyi y’inkomezi n’ibitambaro bizunguzwa mu kirere—Bosco Nshuti yari yinjiye mu mateka ye y’imyaka 10 mu muziki

Yageze ku rubyiniro abafana be bamwakirana urusaku rw’urukundo—Igitaramo gitangira mu buryo budasanzwe


Imbere y’imbaga y’abakunzi b’umuziki wa Gospel, Bosco yagarutse ku rugendo rwe n’urukundo rw’Imana rwamuhinduye 

Yinjiye mu ndirimbo ya mbere amarira y’abantu atangira gutemba—byari ibihe byuje ubusabane n’amarangamutima 

Nta majwi menshi yakoresheje, ariko buri ijambo rye ryinjiraga mu mutima—yakiriwe nk’umukozi w’Imana wagarutse mu rugo 

Ubwo yafunguraga Album ‘Ndahiriwe’, amagambo ye yasaga n’isengesho: ‘Yesu ni we mpamvu y’amahirwe yanjye yose


Yahagurukije abantu bose baririmbana nawe ‘Ni muri Yesu’, urusengero rusakara muri Camp Kigali


Mbere yo kuririmba, yakomeje agira ati: ‘Iki si igitaramo cyanjye, ni icya Yesu Kristo watumye mvuga


 

Ben na Chance baririmbye ‘Munda y'ingumba’ nk’abasangiye ubuhamya n’amasengesho yavuyemo indirimbo yahinduye ubuzima 

Ijwi rya Ben ryuje ubuhamya, irya Chance ryuzuza umwuka—uruhando rw’amashimwe ku Mana 

Ubwitange bwabo ku rubyiniro bwatumye abantu bahaguruka, amagambo y’indirimbo zabo aba isengesho ry’abari muri Camp Kigali

 

Ubuhamya bwa Ben ku ndirimbo bakoranye na Bosco bwagaragaje ko indirimbo atari injyana, ahubwo ari urupapuro rw’isengesho 

Ibirenge byahagurutse, amaboko atera hejuru—Ben na Chance bakoresheje umuziki mu kuramya Imana byimbitse 

Ni umugore n’umugabo ariko imbere y’ibihumbi by’abantu bari abaramyi—ubusabane bwabo kuri stage bwari ishusho y’urugo rwasengeye hamwe


 

Mu ndirimbo zabo, haririmbitse urukundo, ukwemera n’ukuri—baririmbye nk’ababaye igice cy’urugendo rwa Bosco Nshuti 

 Aime Uwimana yagaragaje ko imyaka 30 mu muziki ari umurage w’ubuhanga n’umurava utagabanuka 

Mu ndirimbo ‘Urera’, Aime Uwimana yahuje ubuhanga n’umutima woroshye, abari muri Camp Kigali bagwa mu mwuka 

Ubuhamya bw’urugendo rwe mu ndirimbo ‘Yoshua’ bwakijije imitima, abandi bararira 

Urakwiriye Gushima’ yasubiranywe n’umwuka mushya, nk’utangiye kuririmbwa bwa mbere 

Icyubahiro yahawe imbere y’ibihumbi by’abantu cyari ikimenyetso cy’uko imyaka 30 ari impano y’Imana, itari iy’umuntu 

Amashyi, urusaku rw’ibyishimo n’ibendera byururukaga: uko Aime yageraga kuri buri ndirimbo, niko abantu bamukomeraga ku izina 

Nta gitangaza kirenze Aime Uwimana uri kuririmba ‘Niwowe Ndirimba’ asanzwe asenga: byose byasaga n’ibiri mu isi y’umwuka

Umuramyi Christian Irimbere yasanganiye ku rubyiniro Bosco Nshuti barataramana mu gitaramo cyihariye


Umushumba Mukuru wa City Light Foursquare Church Rwanda, Bishop Prof. Dr. Fidèle Masengo ari kumwe n’umugore we bitabiriye igitaramo cya Bosco Nshuti



Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamamaye nka Tonzi



Umunyamakuru wa RBA, Rugaju Reagan ndetse na Papi Clever [Uri ibumoso]



Pasiteri Mazimpaka Hortense, Umuyobozi w'Itorero 'Believers worship Centre'



Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi [Uri iburyo]



Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gaby Kamanzi


Umuhanzikazi Aline Gahongayire uri kwitegura gukorera ibitaramo i Burayi yashyigikiye Bosco Nshuti mu gitaramo cye

Rene Patrick n'umugore we Tracy Agasano nibo bayoboye iki gitaramo kuva gitangiye kugeza gisoze



KANDA HANO UREBE IBIHE BY'INGENZI BYARANZE IGITARAMO CYA BOSCO NSHUTI MURI CAMP KIGALI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...