Bosco Nshuti yambutse imbibi n’indirimbo “Ni Kwa Yesu” ishingiye kuri "Ni muri Yesu" yamamaye cyane - VIDEO

Imyidagaduro - 20/04/2025 10:14 AM
Share:
Bosco Nshuti yambutse imbibi n’indirimbo “Ni Kwa Yesu” ishingiye kuri "Ni muri Yesu" yamamaye cyane - VIDEO

Umuramyi Bosco Nshuti yashyize hanze indirimbo nshya iri mu rurimi rw’Igiswahili yise "Ni Kwa Yesu", ishingiye ku ndirimbo ye yamenyekanye cyane yitwa "Ni Muri Yesu". Ni indirimbo ivuga ko uko Imana yiyereka abantu binyuze muri Yesu, ari na ho habonekera ibisubizo by’ibibazo by’ubuzima bwa muntu.

Guhindura iyi ndirimbo mu Giswahili ni uburyo Bosco Nshuti yifashishije mu gukomeza kwagura ibikorwa bye byo kuramya no guhimbaza Imana, kugira ngo ubutumwa bw’indirimbo ze bugere no mu bihugu byo mu karere nka Kenya, Uganda, Tanzania n’ahandi hifashishwa Igiswahili. Ni intambwe nshya mu rugendo rwe rw’umuziki igaragaza icyerekezo afite cyo kugera ku rwego mpuzamahanga.

Uretse iyi ndirimbo nshya, Bosco Nshuti ari no mu myiteguro y’igitaramo gikomeye yise “Unconditional Love Live Concert Season II” kizaba tariki ya 13 Nyakanga 2025 muri Camp Kigali. Ni igitaramo kizamurikirwamo album ye nshya yise "Ndahiriwe", ikaziyongera ku zindi  eshatu zagiye zigaragaza ubuhanga bwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, zirimo "Ibyo Ntunze", "Umutima" na "Ni Muri Yesu".

Album "Ndahiriwe" ni ubuhamya bw’urugendo Bosco Nshuti yanyuzemo mu muziki n’ubuzima busanzwe, agaragaza uburyo imbabazi z’Imana zamuherekeje mu bihe bitandukanye. Iyi album izaba ikubiyemo indirimbo zifite ubutumwa buhamye, zubaka imitima y’abantu, zibakangurira gukomeza kugirira icyizere Imana.

Bosco Nshuti yatangiye umuziki mu buryo bw’umwuga mu mwaka wa 2014, nyuma yo kumenyekana cyane aririmba muri korali zitandukanye zirimo Siloam Choir na New Melody Choir ya ADEPR. Nyuma yaho, yaje gutangira gukora umuziki ku giti cye, akoresha impano ye nk’uruhurirane rw’ubutumwa bwiza.

Uretse umuziki, azwiho kuba intangarugero mu itorero rya ADEPR, aho akora umurimo w’ivugabutumwa abinyujije mu bihangano bye. Indirimbo ze zitanga ihumure, zishimangira ibyiringiro byo muri Kristo, ndetse zigakomeza abantu mu rugendo rwabo rwo kwizera.

Mu rwego rwo gukomeza gutanga ubutumwa bwiza ku rwego mpuzamahanga, Bosco Nshuti azatangira urugendo yise “Ndahiriwe Tour” ruzamujyana mu bihugu bitandukanye ku migabane irimo Uburayi, aho azajya aririmba mu bitaramo byateguwe mu buryo bwihariye bigamije gusangiza abandi urukundo rw’Imana.

Abakunzi b’umuziki wa Gospel barasabwa gukomeza kumushyigikira, by’umwihariko bitabira igitaramo cya Nyakanga 2025, aho hazaba higanjemo indirimbo nshya zifite ubutumwa buhamye kandi burimo imbaraga z'Ijambo ry’Imana.

Bosco Nshuti ari mu myiteguro y'igitaramo gikomeye

REBA INDIRIMBO "NDANI YA YESU KRISTO" YA BOSCO NSHUTI




Yanditswe 20/04/2025 10:14 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...