Boris Mugabo yakoze mu nganzo mbere yo gukorana indirimbo na Nyirakuru - VIDEO

Iyobokamana - 10/05/2025 6:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Boris Mugabo yakoze mu nganzo mbere yo gukorana indirimbo na Nyirakuru - VIDEO

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Nsanzabandi Mugabo Boris uzwi nka Boris Mugabo, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Umwami ubasumba.’

Boris Mugabo, ni imfura mu bavandimwe barindwi, akaba ari ingaragu, umuramyi ndetse n’umukristu wahamagariwe kubaka inzu y'Umwuka Wera ariyo mitima y'abantu, kandi ahamagarirwa no kubakira abantu aho kuba ku isi, bijyanye n’ibirebana n’ubwubatsi yize muri Kaminuza yo mu Buholandi.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Boris yavuze ko umuziki asa nk’uwawuvukiyemo ‘kuko Nyogokuru wanjye yari umukristu Gaturika, akagira indirimbo yaririmbaga yajyaga yohereza kuri Radio Mariya, (n’ubu turi gutegura gukorana indirimbo).’

Yakomeje agira ati: “Ntibyarangiriye kuri we gusa byarakomeje no kuri papa ni umucuranzi wa Gitari ukomeye cyane, nkurira muri korali zitandukanye, ndetse no ku mashuri atandukanye nizeho, hari naho nabaye umuyobozi wa korali ahandi mba ‘dirgent'."

Nyuma, yaje gukomereza umurimo muri Zion Temple aririmba muri Asaph, ariko kugeza ubu abarizwa muri minisiteri yitwa RCF (Rwandan Christian Fellowship) ryatangijwe na Apostle Steven Ntwali mu gihugu cy’u Buholandi. Ubu, Boris ni umuyobozi uhagarariye ivugabutumwa n'amasengesho muri RCF.

Ibijyanye no kuririmba ku giti cye, yatangaje ko yabitangiye mu 2021, ubu akaba amaze gushyira hanze indirimbo 3 n'amashusho yazo, akagira n’izindi 4 z’amajwi gusa.

Yasobanuye ko indirimbo nshya yashyize hanze yayihawe muri Nyakanga 2023, ubwo yari ari mu masengesho y’iminsi 7 yo kutarya no kutanywa. Ati: “Ubwo nasengaga umwuka ampatira gusoma Abafilipi igice cyose cya 2, anyumvisha kwiyoroshya no guca bugufi n’urukundo ruhambaye rwa Kristu. Gusa, ibyo akabikora ari Umwami ukomeye kandi tumenyereye ko abami baba mu buzima bwo hejuru, ariko yanyeretse ukuntu Kristu yasize ibyo byose ku bwacu, nuko arambwira ngo uyu niwe mwami ukomeye, uhambaye abami bose bakagenje nkawe, bakageza ku rwego bitangira abo bayoboye.”

Yavuze ko iyi ndirimbo ari ‘umuhimbazo,’ ikaba ikubiyemo ubutumwa bwo kuramya no guhimbaza kristo nk’uko Abanyarwanda bo hambere bahimbiraga abami ibisingizo n'ibisigo babacyeza. Ati: “Natwe nk’abakristu dukwiye gukeza Umwami wacu, bikaba no mu njyana gakondo ariyo nakozemo ‘Umwami Ubasumba,’ bihita bivuga ko rero igenewe abakristu bose muri rusange ntawe uvuyemo aho twaba dusengera hose hatandukanye.”

Nyuma y’iyi ndirimbo, Boris ari guteganya gushyira hanze izindi ndirimbo nyinshi ‘zizatwinjiza mu gutangira gukora ibitaramo bihuza abantu bose, aho tuzatangirira muri Poland, tugakomereza mu Rwanda ndetse n’ahandi ku isi hose uko Imana izagenda idufungurira imiryango. Muri macye gahunda ni ivugabutumwa ritagira umupaka.’

Yasabye abantu gukunda Kristu, kumukurikira no kumwumvira, basoma ibyanditswe byera (Bibiliya) kuko ariyo iyobora abantu bakabaho ubuzima Imana ishaka, aboneraho no kubasaba kumushyigikira haba mu masengesho no mu bifatika, kumukunda ndetse bakanamufasha ivugabutumwa basakaza ibyo akora muri bagenzi babo no ku mbuga nkoranyambaga bakoresha kugira ngo Yesu Kristu akomeze yamamare.

Uyu muramyi kandi, yanashimiye abantu bamufasha umunsi ku munsi, barimo abmukorera indirimbo mu buryo bw’amajwi n'amashusho, n’abandi. Ati: “Abatwizereramo bakadushinga imirimo cyangwa bakaduha uruhimbi tugataramira Imana hamwe n’abandi bakristu, ndetse n'ababyeyi n'inshuti n'abavandimwe batwifuriza iterambere rya buri munsi mu by'umwuka no mu by'umubiri. Abo bose badushyigikira mu buryo bwose butandukanye Imana ijye ibaduhembera kandi ibanezeze, isubize aho baba bakuye, ndetse kandi na bo ibarengere, iboherereze ababafasha mu gihe bakeneye ubufasha.”

lyi ndirimbo ije ikurikira iyitwa "Impe imbaraga" yari  aherutse gushyira hanze. Mu buryo bw'amajwi, yakozwe na Producer Boris Igiraneza, mu gihe amashusho yayo yatunganyijwe na Director Don Cutter.

Boris Mugabo yashyize hanze indirimbo nshya ikoze mu njyana gakondo

Aherutse gusoreza amasomo y'ubwubatsi mu Buholandi

Reba hano indirimbo Boris Mugabo yise 'Umwami ubasumba'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...