Kwita Izina abana b’ingagi bimaze
kuba kimwe mu bikorwa bikomeye u Rwanda rwifashisha mu kwerekana ubushobozi
bw’igihugu mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no guteza imbere
ubukerarugendo.
Ariko uko imyaka ishira, uyu
muhango uragenda urenga kuba igikorwa cyo kwita amazina abana b’ingagi gusa. Ni
umwanya uhuza abantu b’ingeri zitandukanye, ukaba n’ahantu umuco nyarwanda,
imyidagaduro n’ubukerarugendo bihurira.
Mu myiteguro y’uyu mwaka, abategura
ibi bikorwa batangaje ko mbere na nyuma y’umuhango wo Kwita Izina izarangwa
n’ibitaramo bitandukanye bizabera mu Mujyi wa Musanze no mu Mujyi wa Kigali,
ndetse hakaba hakomeje gutekerezwa ku bindi bikorwa byakongerwa muri Rubavu.
Ibi byatangajwe mu kiganiro
n’abanyamakuru cyabereye muri Kigali Convention Center kuri uyu wa Kabiri
tariki 11 Kanama 2026.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru,
Mugabowagahunde Maurice, yavuze ko Musanze, nk’Akarere kazakira ibikorwa
by’ingenzi bya Kwita Izina, hateguwe ibitaramo bigamije gususurutsa abazitabira
uyu muhango.
Yavuze ko ku wa 3 Nzeri 2026 hazaba
igitaramo kuri Stade Ubworoherane, mu gihe ku munsi nyirizina wa Kwita Izina
hazaba n’ibindi bikorwa by’umuziki bizatangira mu gitondo.
Ati: “Igitaramo cya mbere kizaba
kandi hazaba hari abahanzi bo ku rwego rwo hejuru, abantu bazitabire. Tariki 3
Nzeri 2026 naho dufite igitaramo kuri Sitade Ubworoherane, ndetse no ku munsi
nyirizina wo Kwita Izina, umuziki tuzatangira kuwumva guhera saa kumi n’ebyiri
za mu gitondo.”
Guverineri Mugabowagahunde yavuze
ko ibi bikorwa bitazagarukira mu Majyaruguru gusa, kuko na Kigali izakira
igitaramo kijyanye n’ibi birori, ndetse hakaba hakomeje kuganirwa ku buryo
n’ahandi hongerwa ibikorwa.
Ati: “Hari n'ikindi gitaramo nzi
kizaba muri Kigali, kuko tutiharira ibitaramo twenyine mu Majyaruguru. Ariko ku
bufatanye na RDB turi no gutekereza niba hari ikindi cyakwiyongeramo hagati aho
kijyana na Rubavu.”
Ibi bivuze ko abitabira Kwita Izina
batazaba bafite gahunda yo kwitabira umuhango wo ku Kinigi gusa, ahubwo
bazagira amahirwe yo gukomeza kwidagadura no gusura ahandi hateguwe ibikorwa
bijyanye n’uyu muhango.
Abahanzi
barenga 10 bazaririmba ku munsi wa Kwita Izina
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo
cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga Urusobe rw’Ibinyabuzima (Rwanda Nature
Foundation), Eugène Mutangana, yavuze ko ku munsi nyirizina wo Kwita Izina
hateganyijwe umuziki uzatangwa n’abahanzi benshi.
Yatangaje ko abahanzi barenga 10 bo
mu Rwanda bazaririmba mu Kinigi, ahazabera umuhango wo Kwita Izina abana
b’ingagi ku nshuro ya 21.
Ati: “Umunsi wo Kwita Izina hari
abahanzi barenga 10 bazaririmba mu Kinigi bo mu Rwanda. Kandi ni babandi tuzi
y'uko mukunda, rero muzaze umunsi uzaba umeze neza.”
Ntabwo ari abahanzi bo mu Rwanda
gusa bazaba bari muri ibi bikorwa, kuko Mutangana yanatangaje ko ku itariki ya
5 Nzeri 2026 hazaba hari n’umuhanzi wo mu mahanga.
Uyu muhanzi ariko ntazaba ari we
wenyine uzasusurutsa abitabiriye, kuko azafatanya n’abahanzi nyarwanda.
Ati: “Hari n'umuhanzi wo mu mahanga
uzaba uhari tariki 5 Nzeri 2026 ariko azaba ari kumwe n'abanyarwanda, ntabwo
azaririmba wenyine, hari n'abanyarwanda bazaririmba uwo munsi.”
Nubwo amazina y’aba bahanzi
ataratangazwa, ibyatangajwe biratanga ishusho y’uko Kwita Izina 2026
iteganyijwe kuba umwanya w’imyidagaduro uzahuza amazina akomeye mu muziki
nyarwanda ndetse n’umuhanzi mpuzamahanga.
Kuki
umuziki ufite umwanya muri Kwita Izina?
Iyo umuntu yumvise Kwita Izina,
igitekerezo cya mbere gishobora kuba ingagi zo mu Birunga, Kinigi n’ibikorwa
byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.
Ariko uyu muhango umaze imyaka 21
ubaye urubuga runini rwo kwakira abantu baturuka mu bihugu bitandukanye,
abashoramari, abahanzi, abayobozi n’abakunzi b’ubukerarugendo.
Ni muri uwo murongo ibikorwa
by’imyidagaduro bishyirwa muri gahunda.
Umushyitsi ushobora kuza mu Rwanda
agamije kwitabira Kwita Izina, ariko urugendo rwe ntirugarukira ku muhango wo
ku Kinigi.
Ashobora gusura Pariki y’Igihugu
y’Ibirunga, akagera mu bindi bice by’igihugu, akitabira ibikorwa by’umuco
cyangwa imyidagaduro, akagura ibicuruzwa bitandukanye ndetse akanakoresha
serivisi z’ubucuruzi.
Ni ukuvuga ko igitaramo kimwe
gishobora kuba kirenze umwanya wo kuririmbamo no kubyina; gishobora kuba igice
cy’urugendo rw’umukerarugendo n’uburyo amafaranga yinjira mu gihugu akomeza
kuzenguruka mu nzego zitandukanye.
Kwita
Izina mu ishusho y’ubukerarugendo bw’u Rwanda
Imibare y’ubukerarugendo y’u Rwanda
igaragaza ko uru rwego rukomeje kugira uruhare rukomeye mu bukungu bw’igihugu.
Mu 2025, ubukerarugendo bwinjirije
u Rwanda miliyoni 685 z’amadolari, buvuye kuri miliyoni 647 z’amadolari mu
2024.
Muri uwo mwaka kandi, u Rwanda
rwakiriye ba mukerarugendo miliyoni 1,49, umubare wariyongereyeho 9%
ugereranyije n’umwaka wari wabanje.
Iyo mibare itanga ishusho y’impamvu
ibikorwa bikomeye nka Kwita Izina bihabwa umwanya munini.
Umushyitsi ntazaza kureba ingagi gusa, ngo ahite asubira iwabo. Igitekerezo ni uko urwo rugendo
rushobora kumuhuza n’ibindi bikorwa n’ahandi hantu hatandukanye mu gihugu.
Musanze ishobora kumwakira mu
bikorwa by’imyidagaduro, Kigali ikamwakira mu bikorwa by’umuco n’imyidagaduro,
mu gihe n’ahandi mu gihugu ashobora gusura ahantu nyaburanga, akamenya amateka
n’umuco w’u Rwanda cyangwa akitabira ibindi bikorwa.
Umuziki
nk’ikiraro hagati y’ubukerarugendo n’umuco
Mu myaka ishize, umuziki wagiye
urushaho kugira uruhare mu bikorwa binini by’ubukerarugendo n’umuco.
Umuhanzi ashobora gutuma umuntu
afata icyemezo cyo kujya ahantu runaka kubera igitaramo, ariko na none
igitaramo gishobora gutuma uwaje mu gihugu arushaho kumenya umuco waho.
Ni yo mpamvu ibikorwa bizaherekeza
Kwita Izina bifite ishusho irenze gususurutsa abashyitsi.
Ku bahanzi nyarwanda, ni urubuga
rwo kwerekana impano zabo imbere y’abashyitsi baturutse mu bihugu bitandukanye.
Ku Rwanda nk’igihugu cyakira ba
mukerarugendo, ni uburyo bwo kongera ibikorwa umushyitsi ashobora kwitabira mu
gihe ari mu gihugu.
Ku bacuruzi, amahoteli,
restaurants, abatwara abantu n’abandi batanga serivisi, ni amahirwe yo kubona
abakiliya benshi mu gihe cy’ibirori.
Kuva
ku ngagi kugera ku gitaramo
Kwita Izina 2026 irimo gutegurwa mu
buryo bugaragaza uko uyu muhango umaze kwaguka ukava ku gikorwa cyo kwita
amazina abana b’ingagi gusa, ukaba urubuga ruhuza ubukerarugendo, kubungabunga
urusobe rw’ibinyabuzima, umuco n’imyidagaduro.
Kuva ku bikorwa biteganyijwe i Musanze, igitaramo kuri Stade Ubworoherane ku wa 3 Nzeri, kugeza ku bahanzi barenga 10 bazaririmba ku munsi nyirizina wa Kwita Izina, gahunda y’uyu mwaka igaragaza ko abitabira ibi birori bazagira byinshi byo gukora no kwishimira.

Byatangajwe ko abahanzi barenga 10
bazaririmba mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ugiye kuba ku nshuro ya 21 /Ifoto yafashwe muri 2025, ubwo abantu mu ngeri zinyuranye bitaga amazina abana b'ingagi
