Bite by'ibiganiro ‘Inter-Generation’ Miss Mutesi Jolly yateguraga bikamuhuza n’urubyiruko?

Imyidagaduro - 02/09/2025 9:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Bite by'ibiganiro ‘Inter-Generation’ Miss Mutesi Jolly yateguraga bikamuhuza n’urubyiruko?

Nyuma yo kwegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, Miss Mutesi Jolly yakoze ibikorwa bitandukanye bigamije guhindura ubuzima bw’abantu no gushishikariza urubyiruko gutegura ejo hazaza habwo. Muri byo harimo ibiganiro yise “Inter-Generation Dialogue”, byagiye bimuhuza n’abantu banyuranye mu nzego z’imibereho, ubuyobozi n’imyidagaduro.

Ibi biganiro byageze hirya no hino mu gihugu, aho abayobozi batandukanye baganirije urubyiruko n’abandi ku mateka y’igihugu, bakabasaba kurinda ibyo igihugu cyagezeho, kwitabira gahunda zinyuranye, no gutegura ejo hazaza habo.

Mu myaka ine byakozwemo, ibiganiro bya Miss Jolly byatanze umusaruro ushimishije, ndetse yagiye ahura n’abantu batandukanye mu rwego rwo kubyagura. Ariko igihe cyarageze, ibiganiro byarahagaze.

Kuva mu myaka itanu ishize, Miss Jolly ntiyongeye kubivugaho mu itangazamakuru, ibintu byatumye bamwe bibaza icyatumye bihagarara.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Miss Mutesi Jolly yasobanuye ko buri mushinga ufite igihe utangirira n’igihe urangirira. Yongeraho ko mu gihe cyose yakongera gukomeza ibi biganiro, azabimenyesha sosiyete. Yagize ati: “Hari igihe ‘Project’ itangirira, hari n’igihe irangirira. Ariko mpamya ko niba ndi kuyikomeza, nzababwira.”

Ibiganiro bya “Inter-Generation Dialogue” byabereye muri kaminuza zitandukanye no mu bigo by’urubyiruko, birimo i Kigali, Musanze, Rubavu n’ahandi, bikaba byaragaragaje uruhare rwa Miss Jolly mu gushishikariza urubyiruko kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Ibiganiro bya “Inter-Generation Dialogue” byari bifite uruhare runini mu gufasha urubyiruko mu buryo butandukanye.

Urubyiruko rwabonaga uburyo bwo kumenya amateka y’igihugu, ibyo cyagezeho n’ingaruka z’ibyakozwe mu bihe byashize. Ibi bikabaafasha gusobanukirwa neza aho bavuye n’icyerekezo bagomba gufata.

Urubyiruko rwabaga rufite amahirwe yo kumenya uko rufata ibyemezo byubaka ejo hazaza, haba mu myigire, imirimo cyangwa ubucuruzi. Abitabiriye ibiganiro kandi bashoboraga kumenya ibikorwa byiza byakozwe n’abandi, bakabikoresha nk’icyitegererezo.

Ibiganiro nk’ibi byatumaga urubyiruko rumenya amahirwe yo kwitabira ibikorwa by’iterambere ry’igihugu, imishinga y’urubyiruko cyangwa amahugurwa y’ubumenyi.

Muri make, Inter-Generation Dialogue bwari uburyo urubyiruko rubona amahirwe yo guhabwa ubunararibonye bw’abakuru, kugira inama z’ingirakamaro, no kumenya aho bagana mu buzima bwabo n’igihugu muri rusange.

Miss Mutesi Jolly ntiyeruye niba yiteguye gusubukura ibiganiro “Inter-Generation Dialogue” byahuzaga abanyapolitiki n’abandi bayobozi n’urubyiruko

Muri Kamena 2017, Miss Mutesi Jolly yaganirije urubyiruko rwo mu Ntara y’Amajyepfo- Iki gihe yari kumwe n' Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu Ngishwanama rw'Inararibonye, Tito Rutaremara

Muri Kamena 2018, Ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, Miss Jolly yaganirije urubyiruko ku nsanganyamatsiko ijyanye n’uruhare rwabo mu kubungabunga amahoro n’umutekano by’u Rwanda rwifuzwa

Muri Kamena 2019, Miss Jolly yaganirije urubyiruko rwo mu Ntara y’Amajyepfo binyuze muri ibi biganiro bya ‘Inter-Generation’ yateguraga

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MISS MUTESI JOLLY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...