Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Yvan Muziki yavuze ko adatungurwa n’uwakeka
ko yaba akundana na Marina, cyane ko ngo bari inshuti zikomeye kandi zamaze
imyaka myinshi zihuza mu buhanzi no hanze yabwo.
Yagize
ati “Ntacyo bitwaye. Byaba ari byiza. Ni ukugira inshuti, kandi ukagira inshuti
nziza, hari icyo bitwaye se? Kuri njyewe byarenze no kuba inshuti ahubwo ambera
n’umuvandimwe, icyo n’icyo abantu bagomba kumenya.
Ni
amagambo asa n’ayatunguye bamwe, cyane ko ari ku nshuro ya mbere Yvan Muziki
avuga mu buryo bwisanzuye uburyo afata Marina n’ukuntu umubano wabo wagiye wagutse
no gufashanya mu muziki.
Mu
myaka ibiri ishize, hirya no hino humvikanye amajwi n’ibitekerezo bivuga ko
Yvan na Marina baba barenze kuba inshuti. Awugarutseho, Yvan yemeje ko ibyo
yabibonaga, ariko agahitamo guceceka kuko kumva abantu batandukanye bavuga ibyo
bashaka ari ikintu gisanzwe mu buzima bw’umuhanzi.
Yabivuze
mu magambo ye ati “Hari ababiducyetseho, hari ababivugaga. Gusa, ntabwo
byabuzaga ko abantu babizanamo ibindi bashatse ariko uraceceka. Narabibonaga,
nkahitamo guceceka. Ni inshuti yanjye bisanzwe.”
Uyu
muhanzi avuga ko icyamuhaga ituze ari uko we na Marina ubwabo bazi uko bahagaze,
bityo ibyo abantu bavuga ntibihindure umutima.
Uretse
kuba inshuti za bugufi, Yvan Muziki na Marina bamaze gukora indirimbo zirenze
ebyiri, ndetse anavuga ko ari umwe mu bantu be ba hafi yitabaje kuri Album ye
“Inganzo Ntahangarwa” azamurika muri Gashyantare 2026.
Yvan
Muziki ari mu bahanzi batangiye kwagura umuziki gakondo mu buryo bugezweho
butuma ugera ku bantu benshi, mu gihe Marina ari umwe mu bahanzikazi bakora Afrobeat
n’izindi njyana mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.
Ubufatanye
bwabo mu ndirimbo n’ibitaramo bwagiye butuma benshi bababona nk’abafite
imbaraga zihurizwa hamwe n’ubuvanganzo bwihariye.
Abakurikiranira hafi umuziki bavuga ko umubano nk’uyu, haba mu buhanzi cyangwa no mu buzima busanzwe, ari wo ukunze kubyara ibitekerezo bishya n’indirimbo zikomeye.

Yvan
Muziki, umwe mu bahanga mu njyana gakondo, yavuze ko umubano we na Marina
“warambye kurusha inshuti zisanzwe”, avuga ko yamubera n’umuvandimwe mu rugendo
rwe rw’umuziki
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA YVAN MUZIKI
