Uyu
mugabo usobanura filime akaba n'umujyanama w'abahanzi yagarutse kuri uru
rugendo mu gace ka "Meet Me Tonight" ka Gen-Z Comedy, igitaramo
cyabereye muri Camp Kigali mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 23 Nyakanga 2026.
Junior
Giti yavuze ko atamenyanye na Chriss Eazy nk'uko benshi babyibaza. Ahubwo mbere
y'uko bahura, yari asanzwe amukurikira ku mbuga nkoranyambaga, akabona umusore
ukunda umuziki ariko utari wagira amahirwe yo kuwukoramo nk'umwuga.
Ati:
"Namumenye mbere y'uko akora 'Ese Urabizi'. Nabonaga akiri mu mashuri
yisumbuye, nkabona afite urukundo rw'umuziki kurusha gutekereza amafaranga.
Nakurikiranaga ibyo akora ku mbuga nkoranyambaga ariko ntabwo twari
twarahura."
Icyo
gihe, nk'uko Junior Giti abivuga, Chriss Eazy ntiyari umuhanzi uririmba nk'uko
azwi ubu, ahubwo yari yibanda cyane muri Hip Hop.
Indirimbo
"Ese Urabizi", yabaye intangiriro y'izina rye, ngo yayisohoye akiri
umuraperi, ndetse hari abajyaga bayitiranya n'iya Bushali kubera uburyo yari
yayikozemo.
Titi Brown yabaye
ikiraro cy'ubucuti bwabo
Nubwo
Junior Giti yari asanzwe afite nimero ya Chriss Eazy ndetse yaranatangiriye
gukoresha indirimbo ye muri filime yasobanuraga, bombi ntibari bigeze bahura.
Junior
Giti yavuze ko hari amashusho yo kwamamaza yashakaga gukorwa byihuse, ariko
umuntu yari yayahaye yari yatinze kuyamugezaho. Yahisemo guhamagara Titi Brown
amusaba inama y'undi muntu wabimukorera.
Ati:
"Titi Brown yambwiye ko afite umuntu azi ubikora neza kandi yihuse.
Ambwira ko ari Chriss Eazy, kuko yari asanzwe anamukorera."
Igihe
Titi Brown yamuhuzaga na Chriss Eazy, Junior Giti ngo yatunguwe no gusanga
nimero bari bagiye kumuha yari asanzwe ayifite.
Junior
Giti yavuze ko ari bwo ubucuti bwabo bwatangiye gukomera. Ati: "Yankoreye
akazi neza cyane kandi mu buryo bwihuse. Ni bwo bwa mbere twahuye, ariko byari
byoroshye kuko nari nsanzwe nkunda indirimbo ye kandi nyikoresha muri
filime."
Yabonye impano ye,
amusaba kuva muri Hip Hop
Nyuma
yo gukomeza gukurikiranira hafi impano ya Chriss Eazy, Junior Giti yavuze ko
yabonaga uburyo yaririmbaga burenze uko yarapaga.
Yamubwiye
ko aho gukomeza kwiyita umuraperi, yagakwiye kwibanda ku ndirimbo zo kuririmba
kuko ari ho yabonaga impano ye iri kurushaho kugaragara.
Iyo
nama yaje kuba imwe mu zafashije Chriss Eazy guhindura uburyo akora umuziki,
aza kuba umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu Rwanda.
Imyaka itanu
y'ubujyanama
Uyu
munsi, Junior Giti amaze imyaka itanu ari umujyanama wa Chriss Eazy. Bombi
bakomeje gukorana mu rugendo rw'umuziki rwatumye uyu muhanzi ava ku rwego rwo
kuba umusore wari uzwi n'abamukurikiranaga ku mbuga nkoranyambaga, agera ku
rwego rwo kuba umwe mu bahanzi bafite indirimbo zakunzwe cyane mu Rwanda no
hanze yarwo.
Inkuru
yabo igaragaza ko rimwe na rimwe amahirwe atangirira ku guhuzwa n'umuntu umwe,
nk'uko Titi Brown yabaye umuhuza watumye Junior Giti na Chriss Eazy bahura,
ubucuti bwabo bukavamo ubufatanye bukomeje kugira uruhare mu rugendo rw'uyu
muhanzi.


Junior
Giti yavuze ko Chriss Eazy yabanje kuba umuraperi mbere y’uko ahitamo kuririmba
nk’umwuga
Junior Giti asobanura ko gukorana na Chriss Eazy byanyuze kuri Titi Brown wabahuje


Junior Giti ari kumwe na Chriss Eazy bamaze imyaka itanu bakorana, yaranzwe n'ibikorwa binyuranye n'ibitaramo hirya no hino ku Isi
