Bahindutse abaganga b’imitima: Abanyarwenya 10 b’abagabo bakora ibirenze gusetsa

Imyidagaduro - 24/04/2025 2:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Bahindutse abaganga b’imitima: Abanyarwenya 10 b’abagabo bakora ibirenze gusetsa

Urwenya rwamye ari kimwe mu bice by’umuco bifasha abantu kuruhuka, gutekereza no kwiyumva mu buryo bwiza. Ariko muri iki gihe, urwenya ntirukiri gusa igikoresho cyo gusetsa, ahubwo ruri kuba urubuga rwo gutambutsa ibitekerezo, kunenga, guhindura imyumvire no gusangiza isi ubuzima busanzwe.

Kugeza ubu hari abanyarwenya biyemeje kudashimisha gusa rubanda, ahubwo bafite intego zikomeye zirenze urwenya rusanzwe. Bakoresha urwenya nk'igikoresho cy’uburezi, ubukangurambaga n’isanamitima. Mu isi yuzuye ingorane n’umunaniro, urwenya rwabo rwabaye nk’umucyo mu mwijima, rwibutsa abantu ko guseka atari uguhunga ibibazo, ahubwo bishobora kuba inzira yo guhindura imyumvire no gusana imitima.

Dore abanyarwenya 10 b’abagabo bari guhindura isura y’urwenya ku isi, n’ibikorwa byabo byihariye bibagaragaza:

1. Trevor Noah – Afurika y’Epfo

Trevor Noah ni umwe mu banyarwenya bafite impano idasanzwe yo guhuza urwenya n’ubwenge. Yamenyekanye ku rwego rw’isi ubwo yasimburaga Jon Stewart kuri 'The Daily Show' (Comedy Central). Trevor akoresha urwenya mu gusobanura ibibazo by’ivangura, amateka y’ubukoloni n’ubuzima bwa politiki yo muri Amerika n’Afurika. Igitabo cye 'Born a Crime' cyaguzwe cyane kiri mu byatumye yamamara, kikaba cyaravugaga ku buzima bwe bwo gukurira muri Afurika y’Epfo mu gihe cy’ivangura.

2. Dave Chappelle – Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Dave Chappelle ni umwe mu banyarwenya bafite ubuhanga bwo guhuza urwenya n’ubusesenguzi bwimbitse. Ibitaramo bye nka 'Sticks & Stones' byagaragaje ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ku bijyanye n’uburinganire, ubwenegihugu, ubutabera n’umuco. Nubwo bamwe bamunenga, abandi bamufata nk’icyitegererezo cy’umunyamakuru w’umusesenguzi ukoresha urwenya cyane.

3. Kevin Hart – Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Kevin Hart azwiho kugira imbaraga zidasanzwe ku rubyiniro, gutegura ibitaramo binini ku isi, ndetse no kwagura urwenya mu bindi bikorwa nka filime n’ibiganiro. Yashinze 'Laugh Out Loud Network,' urubuga rugamije gufasha abanyarwenya bato kumenyekana. Yakoze kandi ibiganiro bigaragaza ubuzima bwe ku mugaragaro, birimo n’uburwayi, ibibazo by’ingo n’ubucuruzi, akabihuza n’urwenya rufasha abandi kwiyakira.

4. Hasan Minhaj – Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Hasan Minhaj ni Umunyamerika ukomoka mu Buhinde. Yamenyekanye cyane mu kiganiro 'Patriot Act,' aho yakoraga ubusesenguzi ku bibazo by’ubukungu, politiki n’imibereho, akabihuza n’urwenya rwinjira mu bitekerezo by’abantu. Hasan afatwa nk’umwe mu banyarwenya b’abanyabwenge bashyira imbere ihame ry’ubutabera n’ukuri.

5. Chris Rock – Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Chris Rock ni ikimenyabose mu ruganda rw’urwenya, umaze imyaka isaga 30 ashimisha isi. Ibitaramo bye nka 'Tamborine' byagaragaje uruhare rw’urwenya mu gusobanura ubuzima bw’umuntu n’ibibazo by’imibanire. Chris Rock ni n’umwe mu bantu banditse amateka mu birori bya Oscars 2022 ubwo yakubitirwaga ku rubyiniro na Will Smith, ariko agafata icyemezo cyo kutamusubiza, bikagaragaza imyumvire yihariye y’ubunyamwuga mu ruganda rw’urwenya.

6. Ramy Youssef – Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Ramy ni Umunya-Egiputa wamenyekaniye muri Amerika. Mu ruganda rw’urwenya, ni umwe mu bagaragaje uko ushobora gukoresha urwenya mu gusobanura ubuzima bw’aba-Islam, ibibazo by’umuco, ukwemera, n’ubuzima bw’urubyiruko muri diaspora. Yagize uruhare mu kiganiro 'Ramy' cyegukanye ibihembo bya Golden Globe.

7. Michael Che – Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Michael Che ni umwe mu bayoboye 'Saturday Night Live,' aho yakunzwe mu gice cy’ibitekerezo (Weekend Update). Akoresha urwenya mu buryo bworoshye ariko burimo ubutumwa bukomeye ku bibazo by’imibereho, irondaruhu, n’ubusumbane. Ni umwe mu bagaragaje ko urwenya rushobora kuba igikoresho cyo kwigisha no gukangura abantu mu nzego zitandukanye z'ubuzima.

8. Vir Das – Ubuhinde

Vir Das ni Umuhinde wakoze amateka ubwo yakoraga urwenya rwuzuyemo amarangamutima ruvuga ku gucibwa intege, ivangura n’amateka y’igihugu cye, mu bitaramo byabereye muri Netflix nka 'For India' n'ibindi. Yerekanye ko urwenya rutari urwo gusetsa gusa, ahubwo rufite imbaraga zo kubwira abantu ukuri ku buzima bwabo.

9. Eddie Murphy – Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Nubwo atagikora cyane nk’uko byahoze, Eddie Murphy ari mu bantu baciye inzira mu ruganda rw’urwenya rwo muri Amerika, ahindura uburyo urwenya rwakorerwaga ku rubyiniro no muri sinema. Filime ze nka 'Coming to America' na 'The Nutty Professor' zabaye igicumbi cy’umuco w’urwenya rw’abirabura. Aherutse gutangaza ko agiye gusubira ku rubyiniro, ibintu bitegerejwe n’abatari bake.

10. Basketmouth – Nigeria

Bright Okpocha uzwi nka Basketmouth ni umwe mu banyarwenya b’Abanya-Nigeria bagejeje urwenya rwa Afurika ku rwego mpuzamahanga. Ibitaramo bye byamugejeje mu Burayi no muri Amerika. Akoresha urwenya mu kwerekana ubuzima bw’Abanyafurika, ibibazo bya buri munsi, n’umuco, abivanga n’ubuhanga bwo gusetsa yibitseho.

Aba banyarwenya 10 ntibashishikajwe no gusetsa gusa, ahubwo bakoresha urwenya nk’urubuga rwo kwigisha, gukebura no gukiza.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...