Ibirori
byabaye ku wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, mu gihe uyu muryango ugiye kumara iminsi
ine muri iyi nyubako izwiho kwakira neza abashaka kuruhuka no kwizihiza ibihe
byihariye. Fleury yabwiye InyaRwanda ko bageze kuri Château Le Marara ku wa
Gatatu, aho bateganyaga kuhaguma kugeza ku wa Gatandatu tariki 19 Nyakanga
2025.
Yavuze
ati: “Twakiriwe neza, serivisi zari ku rwego rwo hejuru, ibiryo bitetse neza,
isuku irangwa hose… mbese ntacyo twabashinja. Ahubwo turashimira uko
batwitayeho,”
Atangaje
ibi nyuma y’uko muri Kamena 2025 Château Le Marara yari yavuzweho byinshi bitari
byiza, nyuma y’ubukwe bwa Bonnette Uwera na Musemakweri bwahabereye, bamwe
bagashinja iyi nyubako serivisi zitanoze ndetse n’ibiciro biri hejuru.
Fleury
yavuze ko bishyuye hejuru y’amadorali 220 ku cyumba kimwe ku ijoro. Mu ijambo
ryuje amarangamutima, Bahavu yavuze ko ashimira Imana kuba yageze kuri iyi
myaka, ari kumwe n’umugabo we n’umwana wabo.
Aragira ati “Ndashima Imana cyane ko iyi sabukuru ntari njyenyine. Yampaye umugabo
mwiza, yampaye umukobwa mwiza. Ariko ikiruta byose, ni uko twagize umugisha wo
kuyimenya, tukamenya ko tutaje ku Isi by’impanuka, ahubwo ko tugamije kuba
abahamya b’imirimo yayo.”
Yashimiye
by’umwihariko abantu bose bamubaye hafi kuva yatangaza ko agiye kurushinga,
kugeza ubu aho akomeje urugendo rwe rwa sinema binyuze mu muri filime nka
Impanga, Bad Choice n’izindi.
Mu
mashusho yashyizwe kuri YouTube, umugabo we Fleury yamugaragarije urukundo
anavuga ko amwitegereza nk’umwamikazi. Yagize ati: “Wambaye neza kandi urasa
neza. Reka mbikubwire mbere y’abandi.”
Fleury
yagarutse ku buryo ubuzima bwe bwahindutse nyuma yo guhura na Bahavu, avuga ko
ari we wamwigishije byinshi birimo no kwizihiza isabukuru, ibintu atari asanzwe
akora.
Ati
“Cake ya mbere nakase mu buzima bwanjye ni iyo nahawe n’umugore wanjye. Ibyo
byabaye hafi muri 2016. Uwo munsi naratunguwe, numva ko hari byinshi ntari nzi
mu buzima. Kugira umugore mwiza uzi ibigezweho ni ishema rikomeye.”
Yasoje
asabira umugisha abakiri ingaragu, abasaba kutarambirwa gushaka urukundo
rw’ukuri. Ati: “Nasanze urukundo atari amagambo gusa. Umugore wanjye ni we
nigiyeho ibi byose. Warakoze cyane.”
Ibirori
byaranzwe n’amarangamutima y’ibyishimo no gushimira Imana. Bahavu n’umugabo we
bifotoje amafoto yihariye muri iyi nyubako izwiho kurimbisha amafoto
y’urwibutso rw’abantu bari mu bihe byihariye.
Uyu munsi w’isabukuru waranzwe n’umunezero udasanzwe ku muryango wa Bahavu, ku buryo byabaye umwanya wo kongera gusubiza amaso inyuma, bibuka uko urugendo rwabo rw’urukundo rwatangiye, n’uko rwabagejeje ku rwego bariho uyu munsi.
Urukundo
ni impano y’agaciro: Bahavu na Fleury mu bihe by’umunezero ku isabukuru
y’imyaka 25 ya Bahavu
Wambaye
neza kandi urasa neza – Fleury abwira Bahavu mu birori byabo by’isabukuru
Bahavu
na Fleury basangiye ibyishimo muri Château Le Marara, ahari habereye ibirori
by’isabukuru byihariye
Umunsi
w’ibihe byiza n’amarangamutima: Bahavu yizihiza isabukuru ari kumwe n’umugabo
we umushyigikiye buri ntambwe
Ubwiza n’urukundo byuje amafoto: Bahavu na Fleury bashimangiye ko ari inshuti mbere yo kuba abashakanye
KANDA
HANO UREBE IBYARANZE ISABUKURU YA BAHAVU KURI CHATEAU LE MARARA