Ateletico Madrid nayo yiyongereyeho! Umusaruro wa Visit Rwanda kuva yatangira gukorana n’amakipe akomeye i Burayi

Amakuru ku Rwanda - 30/04/2025 8:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Ateletico Madrid nayo yiyongereyeho! Umusaruro wa Visit Rwanda kuva yatangira gukorana n’amakipe akomeye i Burayi

Kuva mu mwaka wa 2018, RDB ibinyujije muri gahunda ya Visit Rwanda yatangiye kugirana imikoranire n’amakipe akomeye ku mugabane w’i Burayi mu rwego rwo kumenyekanisha ibyiza by'u Rwanda bitanga umusaruro watumye amakipe bafitanye imikoranire yiyongera.


Imyaka ibaye 7 abakurikirana ruhago hirya no hino ku Isi hose bahora babona ijambo ‘Visit Rwanda’ kuri Sitade zitandukanye ndetse no ku myambaro y’amakipe atandukanye.

Ayo magambo ‘Visit Rwanda’ yambaweho na Messi, Neymar Mbappe, Ramos, ubwo bakinaga mu ikipe ya Paris Saint Germain ndetse yambarwa na Arsenal ku rutugu mu mikino yose bakina hanyuma anandikwa muri Sitade ya Bayern Munichen.

Ni amasezerano aya makipe yose atagiye abonera igihe kimwe. Arsenal niyo yatangiye gukorana na Visit Rwanda mu mwaka wa 2018 hakurikiraho PSG mu mwaka wa 20219 ndetse na Bayern Munich mu mwaka wa 2023.

None ku wa 30 Mata 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko rwagiranye amasezerano n’ikipe ya Atletico Madrid azagera mu mpeshyi yo mu mwaka wa 2028 bamamaza ‘Visit Rwanda’.

Mu myaka 7 ishize u Rwanda rutangiye iyi Gahunda ya Visit Rwanda, bigaragara ko yatanze umusaruro haba ku mubare w’abasuye u Rwanda ndetse n’amafaranga abo ba mukerarugendo basize aha mu Rwanda.

Mu mwaka umwe iyi gahunda ishyizweho (Ni ukuvuga mu mwaka wa 2019), ubukerarugendo bw’u Rwanda bwavuye kuri miliyoni 425$ buzamukaho 17% bwinjiza miliyoni 498$ mu 2019. Muri uwo mwaka kandi ba mukerarugendo barenga ibihumbi 20 basuye u Rwanda.

Icyo gihe mu mwaka wa 2018 amasezerano ya mbere asinywa, abafana ba Arsenal bagera kuri 71% ntibari bazi u Rwanda, na bamwe mu bari baruzi ntibumvaga ko cyaba ari igihugu kiri mu biyoboye ubukerarugendo muri Afurika ndetse gifite ubwiza gifite.

Ibi byahise bisunikira RDB kuganira na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, bitewe n’inyungu nayo ibifitemo yemera gusinya amasezerano y’imyaka itatu ku nshuro ya mbere mu mpera za 2019.

Raporo yongeye gukorwa mu 2020 igaragaza umusaruro w’urugendo rwa David Luiz mu Rwanda rwatanze umusaruro mu kugira ngo mu bafana ba Arsenal bamenye u Rwanda, bavuye kuri 35% bagera kuri 41%.

Si ibyo gusa kuko mu mwaka umwe gusa wa PSG, abarenga miliyoni 110 bemenye u Rwanda binyuze ku kurwamamariza ku myambaro y’imyitozo y’iyi kipe, cyane ko yari ifite abakinnyi bakomeye barimo Neymar Junior, Lionel Messi, Sergio Ramos, Kylian Mbappé n’abandi.

Mu mwaka wa 2024, RDB yasinyanye n’imikino myinshi mu buryo bwa ‘Visit Rwanda’ aho bari bafite intego yo kwinjiza miliyoni 800$ zivuye muri urwo rwego. Imibare yaherukaga ya 2023, igaragaza ko ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjije agera kuri miliyoni 620$.

Muri Mata 2024, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo bushingiye ku Nama (RCB), cyatangaje ko mu 2023 ubu bwoko bw’ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 95$ (arenga miliyari 122 Frw), yavuye mu nama n’ibindi bikorwa bitandukanye igihugu cyakiriye muri uwo mwaka, angana n’izamuka rya 48% ugereranyije n’ayo urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama rwari rwinjije mu 2022.

Mu mwaka wa 2024, u Rwanda rwinjije miliyoni $647 mu bukerarugendo, izamuka rya 4.3% ugereranyije na miliyoni $620 zinjiye mu 2023. Uyu musaruro waturutse ahanini mu bukangurambaga bwa "Visit Rwanda" biciye mu bufatanye n’amakipe akomeye ku Isi nka Arsenal, PSG na Bayern Munich, byatumye u Rwanda rumenyekana nk’ahantu nyaburanga.

Muri uwo mwaka, u Rwanda rwakiriye abasura bagera kuri miliyoni 1.36, harimo abitabiriye gahunda zo gusura ingagi (gorilla trekking) zagize uruhare runini mu nyungu, ndetse n'abitabiriye inama n’amahuriro (MICE), aho habaye inama 115 zifatwa nk’iz’ingenzi, zikinjiza miliyoni $84.8.

Uyu musaruro ushimangira ko gahunda ya Visit Rwanda ikomeje gutanga umusaruro ufatika mu kuzamura ubukungu bushingiye ku bukerarugendo.

Kuva mu mwaka wa 2018, Arsenal nibwo yatangiye ubufatanye na Visit Rwanda

Paris Saint Germain yatangiye kugirana imikoranire na Visit Rwanda mu mwaka wa 2019 kuri ubu amasezerano akaba azarangira mu mwaka wa 2028

Ikipe ya Beyern Munich nayo ifitanye amasezerano na Visit Rwanda azagera mu mwaka wa 2028

Atletico Madrid nayo yagiranye ubufatanye na Visit Rwanda kugera mu mwaka wa 2028


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...