Kuri uyu wa Kabiri, mu itangazo rigenewe
abanyamakuru, FERWAFA yavuze ko nyuma y'ibiganiro bitandukanye yagiranye
n'amakipe ya APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC; None ku wa 18
Kanama 2026 hemejwe ko Super Cup 2026 izakinwa n'amakipe ane, mu mikino ibiri
ya ½ cy'irangiza n'umukino wa nyuma nk'uko byari biteganyijwe.
Yavuze ko kubera ko APR FC yayimenyesheje ko
itazitabira iri rushanwa muri ubu buryo bw'amakipe ane, hemejwe ko Mukura
Victory Sports & Loisirs, yabaye iya gatanu muri BK Pro League ya 2025/2026
ari yo izitabira iri rushanwa nk'ikipe ya 4.
Umunyabaganga Mukuru wa FERWAFA, Bonnie Mugabe aganira
na Radiyo Rwanda mu kiganiro Urubuga rw’Imikino yavuze ko bandikiye amakipe ane
bayamenyesha ko azakina Super Cup 2026 bakanayamenyesha iby’izi mpinduka
zo kuba izakinwa n’amakipe ane avuye kuri abiri.
Ati: ”Amakipe yose uko ari ane yatumiwe Mu irushanwa
rya Super Cup mu ibaruwa teabandikiye tariki ya 31 Nyakanga uyu mwaka ndetse mu
buryo twabandikiye harimo uburyo bushya iri rushanwa rizakinwamo. Nyuma yaho
twatumiye ubuyobozi bwa buri kipe, APR FC, Kiyovu Sports, Police FC na Rayon
Sports”.
Yakomeje agira ati:”FERWAFA yabasobanuriye impamvu iri rushanwa ryahinduriwe uburyo bw’imikinire,inyungu bafitemo nk’amakipe haba ubu no mu gihe kiri imbere ubundi tubasaba ibitekerezo.
Nyuma y’ibi biganiro
twumvise ubusabe bwa buri kipe ndetse ari nabwo ubuyobozi bwa FERWAFA
bwahereyeho bufata umwanzuro wo gukomeza irushanwa muri ubu buryo nkuko byari
byateganyijweAPR FC yatumenyesheje ko itazitabira iri rushanwa mu gihe rikinwa
muri ubu buryo bw’amakipe ane”.
Bonnie Mugabe ku bijyanye n’ibihano bizahabwa APR FC nk’ikipe yikuye mu irushanwa yagize ati: ”Ku bijyanye n’ibihano bishobora guhabwa ikipe yikuye mu irushanwa Komisiyo ishinzwe amarushanwa ifatanyije n’izindi nzego za FERWAFA izabisesengura ishingiye ku mategeko agenga amarushanwa, amabwiriza agenga iyemezwa ry’amakipe ‘Club licensing regulations’ n’andi mategeko abigenga”.


APR FC ishobora guhanwa nyuma yo kwikura muri Super Cup 2026
