APR FC idashaka kugira icyo ivuga ku kudakina Super Cup 2026 irategura ikiganiro n’abanyamakuru

Imikino - 19/08/2026 11:02 AM
Share:

Umwanditsi:

APR FC idashaka kugira icyo ivuga ku kudakina Super Cup 2026 irategura ikiganiro n’abanyamakuru

Ikipe ya APR FC idashaka kugira icyo ivuga ku kuba yasimbujwe Mukura VS muri Super Cup ya 2026, irimo irategura ikiganiro n’itangazamakuru ku bijyanye n’umupira ndetse n’ubuyobozi bw’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri, mu itangazo rigenewe abanyamakuru, FERWAFA yavuze ko nyuma y'ibiganiro yagiranye n'amakipe ya APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC; None ku wa 18 Kanama 2026 hemejwe ko Super Cup 2026 izakinwa n'amakipe ane, mu mikino ibiri ya ½ cy'irangiza n'umukino wa nyuma nk'uko byari biteganyijwe.

Yavuze ko kubera ko APR FC yayimenyesheje ko itazitabira iri rushanwa muri ubu buryo bw'amakipe ane, hemejwe ko Mukura Victory Sports & Loisirs, yabaye iya gatanu muri BK Pro League ya 2025/2026 ari yo izitabira iri rushanwa nk'ikipe ya 4.

Umuvugizi wa APR FC, Tony Kabanda aganira na Radio Rwanda mu kiganiro Urubuga rw’Imikino yavuze ko uko abandi babonye itangazo rya FERWAFA nabo ariko baribonye ndetse ko ntacyo bafite cyo kurivugaho.

Ati: ”Mu magambo macye atari bubatindire kubera ko n’ubundi mufite Amakuru meza mushaka kutugezaho. Ririya tangazo rya FERWAFA mwabonye natwe twaribonye ariko mu magambo macye cyane ntabwo dufite icyo kurivugaho”.

Yakomrje avuga ko vuba aha ubuyobozi bwa APR FC buratumira abanyamakuru mu kiganiro ku bijyanye n’umupira ndetse n’ubuyobozi bw’umupira w’amaguru mu Rwanda. 

Ati: ”Vuba aha ubuyobozi bwa APR FC buzabatumira mu kiganiro n’itangazamakuru ku bijyanye n’umupira ndetse n’ubuyobozi bw’umupira w’amaguru mu Rwanda tuzaganira kandi muzakuramo ibisubizo byiza. Rero ndagira ngo mbabwire ko uko ririya tangazo mwaribonye natwe twaribonye ariko nta kintu n’iki na kimwe ku ruhande rwa APR FC twavuga”.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...