Raphinha ntiyashoboye kurangiza umukino nyuma yo kugira ububabare mu mutsi wo ku kibero (hamstring), ibintu byatumye abaganga b’ikipe bahita batangira kumwitaho.
Uyu mukinnyi w’imyaka 29 yasimbuwe na Rayan nyuma yo kugaragaza ikibazo cy’imvune, ndetse umuganga w’ikipe ya Brazil, Rodrigo Lasmar, yagaragaje impungenge nyuma y’isuzuma rya mbere ryakorewe ku kibuga.
Nk’uko tubikesha Mirror, Ancelotti yavuze ko kugeza ubu bataramenya neza ikibazo afite, ati: "Raphinha azasuzumwa ejo. Kugeza ubu ntituramenya neza icyabaye. Nahisemo gushyiramo Rayan kuko afite imiterere yihariye kandi ashobora gutanga ikindi kintu gitandukanye nka Raphinha.”
Andi makuru meza ku bakunzi ba Brazil, Ancelotti yemeje ko kapiteni wabo w’inararibonye, Neymar, ari gukira neza imvune yo ku kirenge yari yaramubujije gukina imikino ibanza y’iri rushanwa.

Uyu mutoza yavuze ko Neymar azatangira imyitozo ku giti cye mbere yo kongera kwifatanya n’abandi bakinnyi, ati: "Yego, Neymar azakora imyitozo ku giti cye ejo. Ku wa Mbere azaba ari kumwe n’ikipe yose, azaba yiteguye gukina umukino wa Scotland."
Mu mukino wa Haiti, Brazil yigaragaje neza ibifashijwemo na rutahizamu Matheus Cunha watsinze ibitego bibiri ndetse na Vinícius Júnior wongeyeho igitego cya gatatu. Uyu musaruro wafashije Brazil kwisubiraho nyuma yo kunganya na Morocco igitego 1-1 mu mukino wa mbere.
Kuri ubu Brazil irahanganye na Morocco mu rugamba rwo kurangiza ku mwanya wa mbere mu itsinda C, aho umwanya wa mbere ushobora kugenwa n’itandukaniro ry’ibitego mu gihe amakipe yombi yakwegukana intsinzi mu mikino yayo ya nyuma.
Ancelotti yavuze ko yishimiye uko ikipe ye yitwaye imbere ya Haiti, agaragaza ko hari intambwe imaze guterwa mu mikinire yayo.
Ati: "Twakinnye umukino mwiza cyane mu bwugarizi, tugabanya amakosa kandi tugenzura neza umukino. Twateye imbere kandi turacyafite kwiyubaka mbere yo gutangira imikino ya kamarampaka, kandi twizera ko dushobora guhangana n’amakipe yose ari muri iri rushanwa."
Mu gihe Brazil yitegura umukino uzagena uko irangiza amatsinda, igaruka rya Neymar rishobora kongera imbaraga mu busatirizi bwayo, ariko amakuru y’imvune ya Raphinha aracyateye impungenge.
Ancelotti n’abafana ba Selecao bose bategereje kumenya niba uyu mukinnyi azabasha gufasha ikipe mu rugendo rwo guhatanira igikombe cy’isi cya 2026.
