Amerika: Umuryango watunguwe no gusanga umuntu bashyinguye mu mezi 7 ashize akiriho

Utuntu nutundi - 18/04/2025 10:13 AM
Share:

Umwanditsi:

Amerika: Umuryango watunguwe no gusanga umuntu bashyinguye mu mezi 7 ashize akiriho

Mu mujyi wa Rochester muri Leta ya New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika, haravugwa inkuru itangaje y’umuryango wababajwe cyane no kumenya ko uwo bibwiraga ko yapfuye kandi bamushyinguye, ari muzima nyuma y'amezi arindwi bamushyinguye.

Shanice Crews, umugore w’imyaka 28 wari ufite abana babiri, yaburiwe irengero mu kwezi kwa Nyakanga 2021. Kuva ubwo, umuryango we ntiwongeye kumuca iryera cyangwa ngo wumve amakuru ye nk'uko inkuru dukesha ikinyamakuru PEOPLE ibitangaza.

Mu kwezi kwa Gashyantare 2024, polisi yamenyesheje umuvandimwe we witwa Shanita Hopkins ko umurambo wa Shanice wabonetse, kandi ko yapfuye azize ikiyobyabwenge cya cocaine. Umurambo wari warangiritse cyane, bituma umuryango we udashobora kuwumenya neza. Bahise bawutwika, banategura umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma.

Ariko hashize amezi 7, muri Ugushyingo 2024, Shanita yaje kubona ubutumwa buturutse ku muntu atazi, bumubwira ko Shanice atapfuye. Uwo muntu yamwoherereje ifoto amubwira ati: “Madamu, mfite impungenge. Umuvandimwe wawe siwe wapfuye. Yari yitabiriye igikorwa cy’ubwitange nakoze uyu munsi.”

Ibyo byaratunguranye cyane, bituma bagaruka kubaza polisi no kwa muganga. Ariko ibiro by’abapima imirambo byo byababwiye ko amenyo y’umurambo bari batwitse yahuraga neza n’ay’umuntu wabo, Shanice.

Shanita yavuze ko ibyo banyuzemo byabashenguye umutima. Ati: “Twahuje ivu ry’iyo nzirakarengane n’ivu rya mama. Ntitwakwibagirwa uburyo twabwiwe ko Shanice yapfuye, ko bamusanze hanze nk’umuntu utagifite agaciro. Twatakaje amarira n’igihe, kandi ibyo byose ntituzabigarura.”

Ubuyobozi bushinzwe gusuzuma imirambo bwemeye kwishyura amafaranga yakoreshejwe mu gutwika no gushyingura uwo muntu, ariko umuryango wavuze ko ugiye kuregera inkiko.

Nubwo Shanice atigeze yongera kwegera umuryango we, Shanita yavuze ko agikunda umuvandimwe we nubwo agifite agahinda n'umujinya. Ati: “Ndacyamukunda. Sinzi niba nzigera nibagirwa ibyabaye, ariko icyo nifuza ni uko amenya ko namukundaga kandi ko ibyo twari twapfuye bitakiri ngombwa.”

Umuryango utuye i New York wavuze ko washenguwe no kumenya ko umuntu wabo atapfuye akiriho nyuma y'amezi 7 bamushyinguye


Umwanditsi:

Yanditswe 18/04/2025 10:13 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...