Abategetsi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa bagiye gutangira ibiganiro muri iki cyumweru mu rwego rwo kugerageza kugabanya ubukomere bw’intambara y’ubucuruzi hagati y’ibi bihugu byombi bifite ubukungu bunini ku isi.
Nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa yabitangaje, Minisitiri w’Intebe Wungirije w’u Bushinwa, He Lifeng, azitabira ibi biganiro bizabera mu Busuwisi kuva ku wa 9 kugeza ku wa 12 Gicurasi.
Uruhande rwa Amerika ruzahagararirwa na Minisitiri w’Imari, Scott Bessent, ndetse n’intumwa yihariye ishinzwe ubucuruzi (USTR), Jamieson Greer, nk’uko ibiro byabo byabitangaje.
Kuva Perezida Donald Trump yagaruka mu Biro bya Perezida, yashyizeho imisoro mishya ku bicuruzwa by’u Bushinwa igera kuri 145%. U Bushinwa nabwo bwihimuriye bushyiraho imisoro ku bicuruzwa bimwe biva muri Amerika ku kigero cya 125%.
Ibi biganiro birabera muri Palais des Nations i Genève, aho hateranira inama nyinshi z’amahanga. Biteganyijwe ko bizaba bifunze ku itangazamakuru, ariko ibisohoka bizatangazwa n’ibiro bihagarariye buri ruhande.