Amakimbirane y’abahanzi muri Tanzania agiye gushyirwaho akadomo na ‘Contract’ ihuriweho

Imyidagaduro - 10/05/2025 1:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Amakimbirane y’abahanzi muri Tanzania agiye gushyirwaho akadomo na ‘Contract’ ihuriweho

Mu gihe ibibazo by’amakimbirane hagati y’abahanzi, ababahagarariye n’abafatanyabikorwa babo bikomeje kwiyongera mu ruganda rw’umuziki muri Tanzania, Inama y’Igihugu ishinzwe Iterambere ry’Ubugeni n’Ubuhanzi (BASATA) yatangaje ko igiye gushyiraho amasezerano y’icyitegererezo (standard contracts) agamije gukumira ibi bibazo bikunze kugaragara.

Uyu mushinga mushya uzafasha mu gutanga umurongo ngenderwaho ku bijyanye n’amasezerano hagati y’impande zitandukanye zifitanye aho zihuriye n’umuziki. ‘BASATA’ ivuga ko intego ari ukugabanya amakimbirane aterwa n’amasezerano yanditswe nabi cyangwa adasobanutse ku mpande zombi.

Umukozi Mukuru ushinzwe Iterambere ry’Ubugeni muri BASATA, Abel Ndaga, yavuze ko amenshi mu makimbirane bagezwaho n’abahanzi akomoka ku kutumvikana ku masezerano. Ati: “Hari ikibazo gikomeye mu birebana n’amasezerano, kandi muri BASATA dusanga hafi ya yose mu makimbirane tubona ashingiye ku masezerano.”

Yongeyeho ko nubwo amasezerano azashyirwaho atazaba yuzuye 100%, azagaragaza iby’ingenzi bigomba kwibandwaho igihe impande zombi zemeranya ku bufatanye cyangwa kugirana amasezerano. Ati “Ashobora kutaba intangarugero kuri byose, ariko azadufasha gukemura ibibazo byagarukaga kenshi.”

BASATA kandi isaba abahanzi gukoresha serivisi z’ubujyanama mu by’amategeko batanga ku buntu, kugira ngo basobanukirwe neza ibyo bagiye gusinyaho. Ndaga avuga ko nubwo izi serivisi zihari, abahanzi bake ari bo bazifashisha.

Umuraperi Musa Mabumo uzwi nka Bando ni umwe mu bashyigikiye iki gitekerezo. Yagize ati: “Ndakeka ko ayo masezerano akwiye kureba impande zombi – umuhanzi n’ushora imari. Ubu bwuzuzanye buzashishikariza benshi gushora imari mu bahanzi.”

Naho umujyanama w’abahanzi, Godfrey Abel, yasabye ko hatangwa amahugurwa ku bajyanama b’abahanzi, kugira ngo barusheho kumenya inshingano zabo n’uburyo barengera inyungu z’abahanzi.

Yagize ati: “Hari uburemere bwo gutanga amahugurwa ku byo umujyanama akora mu gufasha umuhanzi. Iyo umujyanama atabifitiye ubumenyi, biroroshye kutita ku masezerano cyangwa kutarengera umuhanzi.”

Amakimbirane amaze igihe agaragara

Uru rugamba BASATA yatangiye rushimangirwa n’imibereho y’ahashize y’uru ruganda rw’umuziki, aho amakimbirane ashingiye ku masezerano atagaragara cyangwa asinywe nabi amaze kumenyerwa.

Kimwe mu byabayeho byavugishije benshi ni urunturuntu hagati ya Diamond Platnumz na Harmonize, ubwo uyu wa nyuma yivanyemo muri WCB Wasafi, agashinja Label yamubyaye kumugirira nabi mu masezerano y’akazi, harimo kumukuraho amafaranga menshi y’inyungu igihe cyose yakoze indirimbo cyangwa igitaramo.

Harmonize byamugoye kuva muri WCB, kugeza ubwo bivugwa ko yishyuye amafaranga y’ikirenga ngo abone ubwigenge.

Ibyo ntibyagarukiye aho kuko mu myaka ikurikiyeho, Harmonize na we yahuye n’amakimbirane na bamwe mu bahanzi yari yarasinye muri Label ye Konde Gang, barimo Ibraah, waje kuyivamo avuga ko nta bwisanzure yari afite ndetse hari ibyo batemeranywaho bijyanye n’imicungire y’umuziki we.

Uyu musore ntiyahishe ko atishimiye uburyo Harmonize yayoboraga Label, ibintu byerekanye ko ikibazo cy’imyitwarire no kutubahiriza amasezerano gishobora kugaragara no ku bahanzi baba baranyuze muri ayo makosa.

Ibi byose ni ishusho igaragaza impamvu hari impinduka zikenewe, nk’uko BASATA ibigaragaza, mu rwego rwo gushyiraho uburyo bwemewe kandi busobanutse bwo kugena uko impande zose zikorana.

Uko bigaragara, iyi gahunda nshya yo gushyiraho amasezerano y’icyitegererezo ni intambwe izafasha mu gukemura ibibazo by’ingutu byagaragaraga mu muziki w’iki gihugu, by’umwihariko bikaba bishobora kuba icyitegererezo no ku bindi bihugu byo mu karere.

Amasezerano Diamond yagiranye na Harmonize, yasize uyu musore agurishije imitungo ye, ndetse yamuhaye arenga Miliyoni 400 Frw kugirango abashe kuva muri Label 

Umuhanzi Ibraah aherutse gutangaza ko ari gusabwa arenga Miliyoni 358 Frw kugirango asohoke muri Label ya Harmonize, ashingiye ku masezerano bagiranye



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...