Amabanga y’imyaka 80: Abarusiya bagaragaje byinshi byahishwe Isi ku rupfu rwa Hitler

Inkuru zishyushye - 01/05/2025 5:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Amabanga y’imyaka 80: Abarusiya bagaragaje byinshi byahishwe Isi ku rupfu rwa Hitler

Leta y’u Burusiya yashyize ahagaragara inyandiko z’ibanga zibitswe imyaka 80, zigaragaza ukuri ku rupfu rwa Adolf Hitler, umuyobozi w’abanazi wayoboye u Budage mu ntambara ya kabiri y’isi. Izi nyandiko zirimo amafoto n’ibisigazwa bya Hitler, cyane cyane amenyo ye yangiritse n’ibimenyetso bigaragaza ko yanyweye uburozi bwa cyanide mbere yo kwiyahura. Harimo n’ifoto ye ya nyuma akiri muzima, yafotowe mu masaha make mbere y’uko apfa.

Izi mpapuro zivuga kandi ku bantu babiri bari hafi ya Hitler mu minsi ye ya nyumari Heinz Linge, wari umukozi we wihariye, na Otto Günsche, wari ushinzwe umutekano we. Bombi bafashwe n’ingabo z’Abasoviyeti, batanga ubuhamya bwafashije gusobanura neza uko yapfuye.

Linge yavuze ko mu minsi ya nyuma Hitler yari yacitse intege, afite ubwoba bwo gufatwa n’ingabo z’Abasoviyeti zari ziri hafi kugera i Berlin. Yari afite icyifuzo cyo guhunga, ariko kandi yari ananiwe. Ni we wa mbere winjiye aho Hitler yari aryamye yapfuye, ari kumwe na Eva Braun – umugore we bari barushinze amasaha make mbere nkuko tubikesha ikinyamakuru The sun.

Linge yanditse agira ati: “Yari yambaye ishati y’umweru, ikote rirerire ry’icyatsi cyijimye, ipantalo y’umukara, amasogisi akozwe mu ipamba n’inkweto z’uruhu. Eva Braun yari yambaye ikanzu ya soie n’inkweto zishinze.”

Nyuma yo gupfa, imirambo yabo yombi yagiye gutwikirwa mu busitani bw’ibiro bya Chancellery, ahari icyobo cyari cyaracukuwe. Ibyo byakozwe n’itsinda ryari riyobowe na Martin Bormann, umwe mu bari basanzwe bari hafi y’ubutegetsi bw’Abanazi.

Ibimenyetso simusiga by’urupfu rwe

Ku ya 5 Gicurasi 1945, abasirikare b’Abasoviyeti b'ishami ryitwa SMERSH babonye imirambo ya Hitler na Eva Braun yatwitswe. Raporo y’iperereza yakozwe ku ya 8 Gicurasi yemeje ko Hitler yari yanyweye uburozi bwa cyanide uburozi ushobora kunywa cyangwa guhumeka bukakwica mu gihe gitoya cyane. Ibyo byashimangiwe n’ibisigazwa by’amenyo ye byemejwe na muganga we w’amenyo, Kathe Heusermann, na Fritz Echtmann, banagaragaje ishusho y’amenyo ye yari yarabitswe.

Ubuhamya bwari mu bubiko bwa KGB (Commette for State Security)

KGB yahoze ari ikigo gishinzwe umutekano mu cyahoze ari Leta zunze Ubumwe z'Abasoviyeti(Soviet Union) kuva mu 1954 kugeza 1991. Mu nyandiko zasohowe, humvikanamo amagambo Hitler yavuze mbere yo gupfa. Umunyamateka w’Umurusiya wagaragaye kuri videwo yasomaga agira ati: “Yari yaratakaje icyizere, yari afite ubwoba bwo gufatwa. Yabwiye abari kumwe na we ko nta mpamvu yo gukomeza intambara kandi yari yaracitse intege ku buryo bugaragara.”

Gunsche yajyanywe i Moscow aho yafungiwe, anahatwa ibibazo kugira ngo asobanure ibyabaye ku rupfu rwa Hitler. Tariki ya 30 Mata 2025, imyaka 80 irashize Hitler apfuye, ni umwe mu bategetsi bateje akaga gakomeye isi, ateza intambara yahitanye abasaga miliyoni 26.”

Hitler yari muntu ki?

Adolf Hitler (yavutse ku ya 20 Mata 1889 – apfa ku ya 30 Mata 1945) yari umunyapolitiki w’Umunyabudage wavukiye muri Autriche. Yabaye umuyobozi wa Parti Nazi (NSDAP) kuva mu 1921 kugeza ku rupfu rwe. Yafashe ubutegetsi mu Budage mu 1933, aba Chancellor wa Reich, atangira ubutegetsi bw’igitugu bushingiye ku irondaruhu n’ingengabitekerezo y’ivangura.

Azwi cyane kubera itegurwa ry’intambara ya kabiri y’isi (1939-1945), Jenoside yakorewe Abayahudi izwi nka Holocaust, n’ubutegetsi bw’igitugu bwahitanye abantu benshi ku isi. Yashakanye na Eva Braun ku ya 29 Mata 1945, habura umunsi umwe ngo bapfe. Nta mwana uzwi yigeze abyara. Yapfiriye mu ndake ‘bunker’ ye iherereye munsi y’ibiro bya Chancellery i Berlin, aho yiyahuye akoresheje uburozi bwa cyanide, anirashe mu mutwe.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...