Iyi
ndirimbo ntabwo iri mu zigize Album ye ‘God Son’ aherutse gushyira ku isoko.
Ayitangaza, yagaragaje ko yuje amarangamutima y’urukundo, ndetse aririmba
yishyize mu mwanya w’umusore wakunze abwira umukunzi we ko yiteguye kugaragaza
urukundo rwabo mu ruhame.
Mu
minota ya nyuma y’iyi ndirimbo aririmba ijambo ‘Ndagukunda’ ariko mu bijyanye
na ‘Lyrics’ banditse ‘kukukunda’. Kuva mu myaka ibiri ishize, Marioo yagaragaje
ko yumva umuziki wo mu Rwanda, ndetse aherutse kugaragara mu bahanzi bishimiye
indirimbo ‘Umutima’ ya Butera Knowless.
Uyu
muhanzi yanafashe icyemezo cyo guha indirimbo ‘Baby’ The Ben isohoka kuri Album
ye ‘Plenty Love’. The Ben yigeze kubwira InyaRwanda ko yatunguwe n’uburyo iyi
ndirimbo yakoranye na Marioo yakunzwe, kugeza ubwo yabaye iya mbere yumviswe
cyane cyane mu bihugu bikoresha ururimi rw’igiswahili.
Indirimbo
“Tete” yanditswe na Marioo ubwe, ikaba yarakozwe na S2Kizzy, umwe mu batunganya
umuziki bakomeye muri Tanzania. Uburyohe bwayo bwongerwa n'uko
yasohokanye n’amashusho meza yafashwe na Verse Tanzania, agaragaza uyu muhanzi n'umukobwa
bakinnye urukundo bari mu busitani bwiza, bishimanye.
Mu
magambo aririmbamo, Marioo agaragaza ko yifuza ko urukundo rwabo rutagarukira
mu ibanga gusa, ahubwo rukagaragarira bose. Asaba umukunzi we kumusoma mu
ruhame, agaragaza ko atari urukundo rwo guhisha.
Hari
aho Marioo aririmba agira ati “Iyo mama avuyeyo, uhita ukurikira wowe mukunzi
wanjye (bivuga ko uje mu mwanya w’umuntu w’agaciro nk’uwo mubyeyi). Uri
ibyishimo byanjye. Iyo ababyeyi batari hafi, ukurikira wowe nk’umukunzi, kuko
ari wowe unezeza umutima wanjye. Ku bwawe ndiyambaza / ndasaba imbabazi /
ndiyemeje kukwitangira. Nyigisha uko natembera (uko nabaho neza mu rukundo,
nzirikana uko urukundo rugenda.”
Indirimbo
Tete ni iy’urukundo rugaragaza ubusabane buhambaye hagati y’abakundana, Marioo
yerekana ko yitangira umukunzi we nk’umwana, amusaba kumwitaho no kumwigisha
ubuzima bw’urukundo. Yuzuyemo amagambo meza, yuje urugwiro, urukundo
n’amashimwe.
Marioo,
amazina ye nyakuri ni Omary Ally Mwanga, ni umuhanzi wo muri Tanzania
wamenyekanye cyane mu njyana ya Bongo Flava. Yamamaye binyuze mu ndirimbo
zakunzwe nka “Bia Tamu”, “Mama Amina”, “Dear Ex”, “Raha”, “Mi Amor”, na
“Naogopa”.
Ku
wa 29 Ugushyingo 2024, nibwo Marioo yashyize hanze album ye ya kabiri yise The
God Son (TGS), ikaba igizwe n’indirimbo 17. Iyi album yagaragayemo ubufatanye
n’abahanzi batandukanye bo muri Afurika, harimo:
Bien
(Kenya), King Promise (Ghana), Patoranking (Nigeria),
Iyi
album yagaragaje ubuhanga mu guhuza injyana zitandukanye nka Bongo Flava,
Afrobeats, reggae, dancehall, n’Afro-fusion, byose bikozwe mu buryo bugezweho
kandi bufite ireme.
Urutonde
rw’indirimbo ziri kuri album “The God Son (TGS)” harimo: Alhamdulillah, My
Daughter, Sober (feat. Alikiba), Nairobi (feat. Bien), Dar es Salaam, Happiness
(feat. Kenny Sol), Salio, Wangu (feat. Harmonize), My Eyes (feat. Patoranking),
Pini (feat. Aslay), Njozi (feat. Elleeh), No One (feat. King Promise), High
(feat. Joshua Baraka), Why, 2025 (feat. Stans), Hakuna Matata ndetse na Unanichekesha
Abatunganyije
iyi album barimo S2kizzy, Click Master, Abbah Process, Kaniba, Traxx, Elleeh,
Cukie Dady, na BLVCQ .
Album
The God Son yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki, ndetse yafatwa nk’imwe mu
zifite ireme rikomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu mwaka wa 2024.
Mu
2024, Marioo yafashe icyemezo cyo guha indirimbo The Ben kuri album ye ‘Plenty
Love’
Marioo
afatwa nk’umwe mu bahanzi bakomeye cyane mu gihugu cya Tanzania
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘TETE’ YA MARIOO