Ahubwo mutwitege - Kathia asubiza abumva ko Mackenzies izacika intege nyuma y'uko barushinze- VIDEO

Imyidagaduro - 15/12/2025 10:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Ahubwo mutwitege - Kathia asubiza abumva ko Mackenzies izacika intege nyuma y'uko barushinze- VIDEO

Uwase Kathia Kamali yatangaje ko itsinda Mackenzies ridateze gucika intege nyuma y’uko bamwe mu barigize bashinze ingo, ahamya ko ahubwo ari igihe cy’indi ntambwe nshya n’ibikorwa bikomeye biteganyijwe mu minsi iri imbere.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Ukuboza 2025, ubwo yari yitabiriye umuhango wo kumurika igitabo “More Than A Crown” cya Mukuru we, Nishimwe Naomie, wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2020. Uyu muhango wabereye muri Kigali Convention Center.

Kathia Kamali yavuze ko mu muryango wabo, Nishimwe Naomie ari we muntu wa mbere wanditse igitabo, bityo bikaba ari intambwe ikomeye ateye mu buzima bwe no mu muryango muri rusange.

Ati: “Icya mbere cyo n'uko mu muryango w'iwacu ariwe muntu wa mbere wanditse igitabo. Nibyo, birarenze, nkanjye nka Mukuru we, n'ibintu byiza byo kureba, cyane cyane kuza aha ngaha aho habereye kumurika iki gitabo, byari byiza namwe mwabibonye. Ni ibintu ntari niteze, numvaga ndi umushyitsi, nkavuga nti ibi se byabaye ryari? Naomie yize kubyina, rero ndishimye cyaneka kandi ntewe ishema nawe."

Yakomeje avuga ko mu gihe Naomie yandikaga iki gitabo, yajyaga amugisha inama ku bintu bimwe byagombaga gushyirwamo cyangwa kureka, akamugira inama yo kudahisha amateka ye. Ati: "Babisome, kuko ibyo unyuramo mu buzima usanga undi nawe yarabinyuzemo. Biba byiza iyo abantu bihuza n'ibintu bakumva ko batari bonyine, niba ufite ikibazo ntukakihererane."

Kathia Kamali yemeje ko shapitire ya cyenda ari yo yagoranye cyane mu kuyemeza ko igomba kujya mu gitabo, ariko nyuma yo kureba ku butumwa bashakaga gutanga no kuvugira abandi, bumva ko ari ingenzi ko ishyirwamo.

Yongeyeho ko yamenye ko Mukuru we ari kwandika igitabo hashize igihe, binyuze mu biganiro bagiranye. Ati "Ndumva ari aho ngaho nabimenye. Nabyakiriye neza cyane (kuko) iwacu ukuntu bimeze, ikintu cyose ushaka gukora mu buzima ntarutangira ihari, baragushyigikira, urumva niba ashyigikiwe n'ababyeyi, urumva ko nanjye ari uko. Narishimye cyane rero."

Kathia yasobanuye ko umuryango wabo wagize uruhare rukomeye mu rugendo rwo kwandika iki gitabo, bagira Naomie inama, baramushyigikira kandi bamutera inkunga mu bitekerezo byagiye bigaragara muri “More Than a Crown.”

Kathia Kamali ni umwe mu bagize itsinda Mackenzies, ryashinzwe n’abavandimwe, rikamenyekana cyane guhera mu 2018, by’umwihariko mu gihe Nishimwe Naomie yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda 2020.

Nyuma y’aho, batangiye ibikorwa binyuranye ku mbuga nkoranyambaga, aho bagaragarizaga impano zabo mu gusubiramo indirimbo, kwamamaza ibicuruzwa no gufungura iduka ry’imyambaro.

Ku mbuga nkoranyambaga, hari abagiye bagaragaza impungenge ko iri tsinda rishobora gucika intege nyuma y’uko bamwe mu barigize bashinze ingo, bagahugira ku nshingano zo mu miryango.

Asubiza kuri ibi, Kathia Kamali yavuze ko ibivugwa atari byo, ahubwo ari igihe cy’indi ntambwe ikomeye. Ati: "Oya! Mwitegure ibintu byinshi. Kuko ubu tugiye gufungura ahantu hashya aho inzu y'imideli ya 'Zoi' izajya ikorera tuzabitangaza mu gihe kiri imbere. Ntabwo turazima, ntabwo tuzazima. Twagize Imana tugira abagabo badushyigikira, n'ibintu byiza nyine, n'ibyo gushimira Imana."

Itsinda Mackenzies rigizwe na Nishimwe Naomie, Uwineza Kelly, Uwase Kathia, Iradukunda Brenda na Uwase Pamela Loana. Muri aba bose, Iradukunda Brenda ni we utarashinga urugo.


Uwase Kathia Kamali [Ubanza ibumoso] yatangaje ko itsinda Mackenzies ridateze gucika intege nyuma y’uko bamwe mu barigize bashinze ingo, ahamya ko ahubwo ari igihe cy’ibikorwa bishya n’indi ntambwe ikomeye biteganyijwe mu minsi iri imbere


Mu gihe bamwe bakekaga ko gushyingirwa byahagarika Mackenzies, Kathia Kamali yavuze ko ibivugwa atari byo, asaba abakunzi babo “kwitegura ibintu byinshi” biri mu nzira


Uwase Kathia Kamali ubwo yari mu muhango wo kumurika igitabo “More Than a Crown” cya Mukuru we, Miss Nishimwe Naomie

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA UWASE KATHIA KAMALI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...