Aho mpagaze harumvikana - Muyoboke ku gitaramo cya The Ben na Bruce Melodie yigeze kugereranya na 'Battle'- VIDEO

Imyidagaduro - 24/11/2025 6:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Aho mpagaze harumvikana - Muyoboke ku gitaramo cya The Ben na Bruce Melodie yigeze kugereranya na 'Battle'- VIDEO

Mu gihe inkuru y’uko The Ben na Bruce Melodie bazahurira ku rubyiniro ku wa 1 Mutarama 2026, ikomeje gucicikana mu myidagaduro nyarwanda, Muyoboke Alex – umwe mu bamaze igihe kirekire mu bujyanama bw’abahanzi yongeye kugaruka ku ijambo rye, ibyo benshi bita igitaramo cy’amateka.

Uyu mugabo ufite ubunararibonye mu kumenya imiterere y’isoko ry’umuziki, avuga ko mu by’ukuri atari ibintu byagombye guteza impaka, ahubwo ari amahirwe yo guteza imbere umuziki nyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Muyoboke Alex yagarutse ku magambo yavuze mu 2023 ubwo yasabaga ko hashyirwa mu bikorwa ‘Battle’ y’aba bahanzi bombi, igitekerezo avuga ko cyari kigamije kongerera ingufu isoko ry’umuziki.

Ati: "Reka tubitege amaso turebe ibizaba. Kuko ugiye kumbaza ibintu bitaraba naba ngiye kwinjira muri 'Management' ya Bruce Melodie n'iya The Ben. Kuri njye ku giti cyanjye bahuye bagakora igitaramo ni ibintu byiza cyane, nzi ko n'abantu bakishima. Mu 2023 nabivuzeho ndavuga nti nkeneye 'Battle' yunguka, itanga amafaranga, iramutse ibaye nta kibazo. Kuko umuziki niko uba ugomba kugenda, kuko yungura iyo ari 'Battle' wateguye, yungura bariya."

Yongeyeho ko icyo gihe atari asezerenyije ko izaba (Battle), ahubwo yabivugaga nk’uwifuza ko umuziki winjira mu cyerekezo gikomeye, gishingiye ku masoko no guhanga udushya.

Abajijwe niba ayo magambo avugwa uyu munsi asa n’ayahanuye, Muyoboke yasobanuye ko nta gisa n’icyo yahanuye kiriho, ahubwo ko icyo gihe yari atanze igitekerezo gikomeye ku muziki nyarwanda. Ati: "Njyewe navuze nisabira. Naravuze nti niba wibuka neza nti dukeneye 'Battle', iryo wavuzwe rero ubwo ni wowe urivuze."

Avuga ko icy’ingenzi atari amagambo, ahubwo ari inyungu n’impinduka bishobora kuvamo mu gihe abahanzi bakomeye biyemeje gushyira imbaraga hamwe.

Muyoboke Alex yashimangiye ko n’iyo The Ben na Bruce Melodie bakora igitaramo kimwe, we ubwe ari mu bashyigikira iki gitekerezo 100%. Ati "Bashimisha abantu babo, bagashimisha Abanyarwanda, n'ibintu rwose byananshimisha kurushaho.”

Uyu mugabo usanzwe akunze kugaragaza ko afitiye urukundo rudasanzwe abahanzi yagiye afasha, agaragaza ko muri iyi ‘match’ y’ibyamamare, atahinduka ku ruhande rumwe.

Ati: “Ariko nyine urabyumva nyine baramutse bahuye uruhande najyamo urarwumva. N'ubwo mpagaze mu nzu najya ku ruhande rw'umuhungu wanjye."

Ku bijyanye n’impaka z’uko igitaramo cyaba kirimo guhangana ku rugero rushobora guteza urunturuntu, Muyoboke asobanura ko nta mpungenge na nke abibonamo. Avuga ati “Buri umwe yazaririmba igihe cye, undi akarangiza igihe cye. Ntaho bihurira no kudindiza umuziki.”

Kuri we, ikiruta ibindi ni uko iki gitaramo cyahabwa icyuho mu nyubako zifatika – yaba BK Arena cyangwa Sitade Amahoro – kuko ari ho cyakwakira abafana benshi b’aba bahanzi.

Muyoboke ahamya ko igihe kigeze ngo abahanzi bakomeye bahuze imbaraga, nk’uko bigenda mu bihugu byadukanye imbaraga mu muziki nka Nigeria, Uganda n’Afurika y’Epfo.

Aha ni ho ashingira icyifuzo cye cyo kubona The Ben na Bruce Melodie basangira urubyiniro, bakubaka amateka mashya mu muziki nyarwanda, ntibagume mu mwuka w’amakimbirane ahubwo bagana ku bufatanye.


Umujyanama w’inararibonye, Muyoboke Alex yibukije ko mu 2023 yasabye ‘Battle’ y’aba bahanzi bombi, ayita igitekerezo cyabyutsa isoko ry’umuziki kandi cyungura abahanzi ubwabo

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ALEX MUYOBOKE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...