Abayobozi batandukanye bakomeje kwihanganisha Kiliziya Gatolika ku bw'urupfu rwa Papa Fransisiko

Imyidagaduro - 21/04/2025 11:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Abayobozi batandukanye bakomeje kwihanganisha Kiliziya Gatolika ku bw'urupfu rwa Papa Fransisiko

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Mata 20205, ni bwo hamenyekanye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis, wari ufite imyaka 88 y’amavuko, akaba yari amaze imyaka 12 ari Papa.

Mu myaka yari amaze ari Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisiko yasuye ibihugu 68, akaba yararanzwe n’ubwiyoroshye, gufasha abakene ndetse n’urukundo. Abayobozi banyuranye hirya no hino bakomeje kwihanganisha Kiliziya Gatolika kubw'urupfu rwa Papa Fransisiko wari Umushumba wa Kiliziya Gatolika kuva muri 2013.

Visi Perezida wa Amerika JD VANCE ni we muyobozi wa nyuna wakiriwe na Papa Fransisiko, aho yamwakiriye mu gitondo cy'ejo kuri Pasika bakamarana igihe gito. JD Vance yatangaje ubutumwa bwo kwihanganisha Abakristu Gatolika hirya no hino ku Isi.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa X yagize ati "Maze kumva inkuru y’akababaro ko Papa Fransisiko yitabye Imana. Umutima wanjye wifatanyije na miliyoni z’Abakristu hirya no hino ku isi bamukundaga. Nishimiye kumubona ejo hashize, nubwo yagaragazaga intege nke z’uburwayi. Nzahora mwibukira ku nyigisho (homily) nziza cyane yatangaje mu minsi ya mbere y’icyorezo cya COVID-19. Yari yuzuyemo ubwitonzi n’icyizere. Imana imuhe iruhuko ridashira."

 

Undi muyobozi watanze ubutumwa ku rupfu rwa Papa ni Umwami w’u Bwongereza Charles III, yatangaje ko Umuryango w’Ubwami "wababajwe cyane" n’amakuru y’urupfu rwa Papa Fransisiko, wapfuye mu gitondo cyo kuri uyu munsi. Yagize ati: "Nyirubutungane azahora yibukwa kubera umutima w’impuhwe, urukundo yagaragazaga mu gushimangira ubumwe bwa Kiliziya, ndetse n’umurava yagize mu guharanira inyungu z’abantu bose bafite ukwemera, kimwe n’abandi bose b’intwari n’abanyampuhwe baharanira imibereho myiza y’abandi."

Umwami Charles yongeyeho ko ukwemera kwa Papa Fransisiko mu kwita ku bidukikije nk’ikimenyetso cy’umurage w’Imana cyumvikanye cyane mu mitima y’abantu ku isi hose. Yavuze ko we n’Umwamikazi Camilla baheruka guhura na Papa Fransisiko muri uku kwezi kwa Mata. Yasoje agira ati: "Turatanga ubutumwa bwacu bw’akababaro kenshi, n’amarangamutima y’ihumure kuri Kiliziya yakoreye abigirira umuhate n’ineza.” 

Na none kandi, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatanze ubutumwa bwihanganisha Kiliziya Gatolika, kandi avuga ko yifatanyije n’Abakristu bose, mu butumwa bwe yanyujije ku rukuta rwe rwa X yagize ati: "Kuva i Buenos Aires kugera i Roma, Papa Fransisiko yaharaniraga ko Kiliziya yinjiza ibyishimo n’icyizere mu buzima bw’abakene. Kunga abantu hamwe abantu n’ibiremwa byose. Icyizere asize ntikikazime, ahubwo kibe urumuri ruhoraho. Ku Bakirisitu bose, no ku Isi iri mu kababaro, jye n’umugore wanjye tubagejejeho amagambo y’ihumure kandi twifatanyijwe namwe."

 

Minisitiri w'Intebe w’Ubuhinde, Narendra Modi abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati: "Mbabajwe bikomeye n’urupfu rwa Nyirubutungane Papa Fransisko. Muri ibi bihe by’akababaro no kwibuka, ndihanganisha byimazeyo Abakirisitu Gatolika bo ku isi hose."

 Yakomeje agira ati: "Papa Fransisko azahora yibukwa nk’urumuri rw’urukundo, ukwicisha bugufi n’ubutwari bwo mu mwuka n’abatuye isi babarirwa muri za miliyoni. Kuva akiri muto, yiyemeje gukurikira no kubaho mu ndangagaciro za Nyagasani Yezu Kirisitu, yitangira abakene n’abarengana, kandi agatanga icyizere ku bababaye.

Nzirikana n’ibihe byiza twagiranye, bikansigira isomo rikomeye ku kwiyemeza kwe guteza imbere buri wese, ntawe uhejwe. Urukundo rwe ku baturage b’u Buhinde ruzahora ruvugwa iteka. Imana imwakire mu munezero udashira, imuhe iruhuko ridashira mu maboko yayo y’urukundo."

Naho Minisitiri w'Intebe w'u Butaliyani yagize ati: "Papa Fransisiko yasubiye mu rugo kwa Data. Ni Inkuru idushegeshe umutima, kuko dutakaje umuntu ukomeye kandi umushumba udasanzwe. Nagiranye nawe ubucuti bwihariye, ngira umugisha wo kwakira inama ze, inyigisho ze n’inkunga ye itajegajega, ndetse no mu bihe by’igeragezwa n’ububabare."

Yakomeje agira ati: "Yasabye isi, incuro nyinshi, kugira ubutwari bwo guhindura icyerekezo ikajya mu nzira itarimbura ahubwo irera, ikarengera, ikanabungabunga. Tuzakomeza iyo nzira, dushakashaka amahoro, dushakira bose icyiza rusange, twubaka sosiyete irangwa n’ubutabera no kunganya amahirwe. Ubutumwa bwe n’umurage we ntibizazima. Dusezeye kuri Papa wacu wera dufite agahinda kenshi, ariko twizeye ko ubu ari mu mahoro ya Nyagasani."

 


Umwanditsi:

Yanditswe 21/04/2025 11:42 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...