Abarobyi batanu bagaragaye ari bazima nyuma y’iminsi 55 baraburiwe irengero mu Nyanja ya Pacifique

Inkuru zishyushye - 11/05/2025 11:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Abarobyi batanu bagaragaye ari bazima nyuma y’iminsi 55 baraburiwe irengero mu Nyanja ya Pacifique

Abarobyi batanu bavuye bakomoka muri Peru na Colombia barokotse nyuma y’iminsi 55 baraburiwe irengero mu Nyanja.

Abarobyi batanu bagaragaye ari bazima nyuma y’igihe kigera ku kwezi n’igice bari mu nyanja baraburiwe irengero, kuri uyu wa Gatandatu mibwo bagaragaye ku cyambu cyo ku Kirwa cya Galápagos muri Ecuador, nyuma yo gutabarwa n’ubwato bwatwaraga amafi.

Abo barokotse ni Abanya-Peru batatu n’Abanya-Colombia babiri, bari barabuze guhera hagati muri Werurwe, nyuma y’uko ubwato barimo bupfiriye mu nzira ubwo bari bavuye kuroba muri Pucusana Bay, mu majyepfo ya Lima, umurwa mukuru wa Peru.

Ubwo bari bamaze iminsi ibiri gusa batangiye urwo rugendo, alternator y’ubwato yarapfuye ari yo mashini itanga amashanyarazi. Byatumye Babura uko bavugana n’abandi ndetse bababura kuva ubwo. Ubwato bwabo nta muriro bwari bukigira, nta starter, nta matara, nta bikoresho byose bashoboraga kwifashisha ngo batange ubutumkwa bw’aho baherereye.

Kapiteni w’ingabo zirinda inkombe za Ecuador, Maria Fares, yabwiye itangazamakuru ko kugira ngo barokoke, bafataga amazi y’imvura bayanywa, bakavoma n’andi mu mashini zifite ingese. Iyo hari ifi yegeraga ubwato, barayifata bakabanza kuyitwika buhoro (babyita parboiling) kugira ngo bayirye.

Ku wa 7 Gicurasi ni bwo ubwato bwitwa Aldo bwo muri Ecuador bwababonye burabatabara, bubakuye mu mazi. Icyo gihe bari bageze kure cyane bataragira amahirwe yo kuboneka.

Kugeza ubu, aba barobyi bamerewe neza kandi Ubuyobozi bwa Gisirikare bwo mu Nyanja muri Ecuador burimo gukorana n’inzego zo muri Peru na Colombia kugira ngo batuzwe neza banasubizwe mu bihugu byabo amahoro.

Ibi byabaye nyuma y’aho undi murobyi w’Umunya-Peru witwa Máximo Napa, w’imyaka 61, na we arokotse nyuma y’iminsi 95 mu nyanja ari wenyine, akaza gutabarwa mu kwezi kwa Werurwe agasubizwa iwabo i Lima, aho yakiriwe n’umuryango we.

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...