Ni
ubwa mbere aba bahanzi bombi bagiye guhurira ku rubyiniro. Kirikou Akili
yaherukaga gutaramira abanya-Kigali mu gitaramo ‘Let’s Celebrate’ cyatewe inkunga
na Be One Gin, cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025
kuri Mundi Center.
Ni
mu gihe Double Jay yaherukaga kugaragara mu bitaramo by’i Kigali, ubwo
yaririmbaga mu gitaramo cy’umuhanzi Yago cyabereye muri Camp Kigali mu Ukuboza 2023.
Iki
gitararamo aba bahanzi bagiye guhuriramo cyitezweho guhuriza hamwe impano nshya
n’abahanzi bakomeye mu rwego rwo guteza imbere ubuhanzi bw’u Rwanda, no gufasha
urubyiruko kwidagadura no kwiyungura ubumenyi.
Ni
igitaramo giteganyijwemo abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda barimo Social
Mula, Fireman, Naason Solist, Kirikou Akili na Double Jay, hamwe n’impano nshya
zatoranyijwe muri uyu mwiherero w’icyumweru wibanda ku kuzamura urubyiruko
rufite impano n’inzozi zo kugera kure mu buhanzi.
Iyi
gahunda yatangiye yitabirwa n’abasaga 206, ariko impano 15 nizo zizahabwa
amahugurwa yihariye azabera i Kigali, mu gihe abandi bazakomeza kwigira binyuze
kuri murandasi no mu mazu y’urubyiruko bafatanyije n’umushinga.
Nk’uko
bisobanurwa na Irakoze Jean Marie, washinze akaba anayobora Harmony Africa
Foundation, intego si ugutegura ibitaramo gusa ahubwo ni ukurema urubyiruko
rufite icyerekezo, imyitwarire myiza n’ubushobozi bwo guhanga udushya.
Yabwiye
InyaRwanda ati “Turashaka ko iki gitaramo kiba ubutumwa. Ubuhanzi bushobora
kuba imbaraga zihindura imibereho, bukubaka urubyiruko rwiyubaha kandi rufite
icyerekezo.”
Iki
gitaramo cya Harmony Africa gitegerejwe nk’urubuga ruzafasha urubyiruko rufite
impano kwerekana ibyo rushoboye, rukigira ku banyamuziki bakomeye kandi
rugahabwa amahirwe yo guteza imbere impano zarwo mu buryo bufatika.
Social
Mula, umuhanzi w’inararibonye mu njyana ya R&B n’Afropop, uzwi mu ndirimbo
z’ubuhanga nka “Ma Vie” ategerejwe kugaragariza urubyiruko uko impano ishobora
kuba urufunguzo rw’ubuzima bwiza
Fireman,
umuraperi wubatse izina mu njyana ya Hip Hop nyarwanda, uzwi mu ndirimbo nka “Ibiganza”
yitezweho imbaraga z’ukuri mu gitaramo cya Harmony Africa
Naason
Solist, umuririmbyi ufite ijwi ryihariye n’indirimbo zifite ubutumwa bwimbitse
nka “Agasembuye’ azafasha gususurutsa abakunzi b’umuziki w’umwimerere
Kirikou
Akili, umwe mu bahanzi b’abanyempano bari kuzamuka cyane, uzwi mu ndirimbo nka
“Aha Nihe?” azerekana impano ye mu gitaramo gihuza abakuze n’abashya mu muziki
Double Jay, umuhanzi wo mu Burundi wigaruriye imitima ya benshi mu njyana ya Afrobeat na Dancehall, ategerejwe muri Harmony Africa Final Concert
Iki gitaramo kigiye kuba ku nshuro ya mbere kizabera muri Kigali Universe, ku wa 8 Ugushyingo 2025