Abapolisi bafashe cocaine ya miliyoni £15 yariho amafoto ya Haaland

Utuntu nutundi - 14/08/2026 6:19 AM
Share:
Abapolisi bafashe cocaine ya miliyoni £15 yariho amafoto ya Haaland

Polisi ya Ecuador yataye muri yombi abantu bakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, nyuma yo gufata umutwaro wa cocaine ipima ibiro 469, yari ipakiye mu buryo budasanzweho iriho amafoto y’umukinnyi w’umupira w’amaguru wo muri Noruveje, Erling Haaland.

Iyo cocaine yafatiwe mu gikamyo hafi y’umupaka wa Ecuador na Colombia ku wa Gatatu, tariki ya 12 Kanama 2026. Abapolisi bari bakurikiranye amakuru y’ibanga yabagejeje ku gikamyo bakekaga ko cyari gitwaye ibiyobyabwenge.

Bamaze kugisaka, basanze udupaki 370 twihishe mu gice cy’ikikamyo cyari cyarakozwe mu buryo bwihariye bwo guhisha imizigo. Utwo dupaki twariho amafoto ya Haaland, umukinnyi wa Manchester City akaba n’umwe mu bakinnyi bazwi cyane muri Noruveje.

Polisi yavuze ko itaramenya impamvu nyayo abagize uru rwego rw’abacuruza ibiyobyabwenge bahisemo gukoresha isura ya Haaland kuri iyo mitwaro.

Icyakora, inzego zishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge zisobanura ko abacuruzi b’ibiyobyabwenge bakunze gushyira amazina cyangwa amafoto y’ibyamamare ku mitwaro kugira ngo berekane umutwe wateguye uwo mutwaro cyangwa uwo wari ugenewe.

Muri icyo gikorwa, polisi yataye muri yombi umugore witwa María R., wari ufite ibyangombwa byo muri Colombia. Yafatiwe mu gace ka Guagua Negro, hafi y’umujyi wa Tulcán uri ku mupaka wa Ecuador na Colombia, ku birometero 246 uvuye mu murwa mukuru Quito.

Agaciro k’iyo cocaine kagereranywa hafi miliyoni 842 z’amadolari ku isoko ryo muri Ecuador. Ku isoko ryo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agaciro kayo karenga miliyoni 11 z’amadolari, naho ku isoko ry’u Burayi kakagera hafi kuri miliyoni 19.6 z’amadolari.

Haaland si we mukinnyi wa mbere wakoreshejwe

Haaland si we mukinnyi w’umupira w’amaguru wonyine wagaragaye ku mitwaro y’ibiyobyabwenge yafashwe. Polisi yigeze no kubona amafoto ya Lionel Messi ku mitwaro ya cocaine yafashwe.

Ecuador ni kimwe mu bihugu bifite uruhare runini mu nzira z’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge muri Amerika y’Epfo. Abagizi ba nabi bo muri Ecuador bakorana n’imitwe yo muri Colombia na Mexico mu gutwara ibiyobyabwenge, cyane cyane cocaine, bijyanwa ku masoko yo muri Amerika no mu Burayi.

Mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, polisi ya Ecuador yatangaje ko yafashe toni 80 z’ibiyobyabwenge. Mu 2025 yari yafashe hafi toni 215, mu gihe mu 2024 yafashe hafi toni 295, ahanini ari cocaine.

Polisi ya Ecuador yataye muri yombi abantu bakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, nyuma yo gufata umutwaro wa cocaine ipima ibiro 469


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...