Barthazar
Ndayishimiye w’imyak 17, Nelson Irumva (16) na David Okoce (16), ni bo basore
batangiye urugendo rushya rwo gukura no kwiga umupira ku rwego rwo hejuru mu
ishuri rya Bayern Munich ryakira impano zituruka mu bihugu bitandukanye uretse
u Budage.
FC
Bayern Global Academy ni gahunda yihariye ikorera imbere muri Bayern Munich FC,
aho ihuriza hamwe abana bafite impano baturuka ku Isi hose, ikabaha amahirwe yo
gukomeza urugendo rwabo nk’abakinnyi b’umwuga. Iyo barangije icyiciro kizwi nka
FC Bayern Pathway, baba bafite amahirwe yo gusinya nk’abakinnyi ba Bayern
Munich y’abakuru.
Mu
gihe gito bamaze muri iyi gahunda, aba bakinnyi b’Abanyarwanda bamaze gutanga
icyizere: Ndayishimiye, usatira izamu, amaze gutsinda ibitego 7, mu gihe Irumva
na Okoce buri wese amaze kubona ibitego 2. Irumva, by’umwihariko, yigaragaje
ubwo yatsindaga igitego cyiza cyane ubwo bakinaga na Ismaning FC tariki 9 Mata,
umukino warangiye ari 5-5. Ishoti yateye rya kure ryavuzwe cyane mu
bitangazamakuru by’Abadage.
Mu
mikino 26 bamaze gukina mu marushanwa atandukanye, ikipe yabo ntiyigeze
itsindwa. Ndayishimiye na Irumva babanza mu kibuga hafi ya buri mukino, mu gihe
Okoce akunze kuza mu gice cya kabiri, byose bigaragaza uko bari kubaha icyizere
mu ikipe.
Bayern
Munich, nk’ikipe yubatse amateka akomeye, imaze imyaka ibera urubuga rwiza
rw’iterambere ry’impano z’Abanyafurika. Twavuga nk’uwahoze ari myugariro
w’ikipe y’igihugu ya Ghana Samuel Osei Kuffour, wabaye igihangange kuva agera
muri Bayern afite imyaka 17.
Nubwo
u Rwanda rwigeze kugira umusore wahoze muri iyo Academy, Jonathan Nsanzimana,
utarashoboye kwitwara neza kugeza ku rwego rwo hejuru, aba basore batatu bashya
bashobora kuba igisubizo ku muryango w’umupira w’u Rwanda.
Niba
aba bakinnyi batatu bakomeza gutera imbere, nta kabuza ko bazaba inkingi
ikomeye y’ikipe y’igihugu Amavubi, ndetse n’urugero rwiza ku bandi bana
b’Abanyarwanda bafitiye umupira urukundo.
U Rwanda rushobora kwinjira mu gihugu gifite abakinnyi bakinira amakipe akomeye ku Isi. Abo ni Ndayishimiye, Irumva na Okoce, bahagarariye ibendera ry’u Rwanda muri Bayern Munich, barimo kuzamuka buhoro buhoro, ariko bigaragara ko hari aho bagana.
Ejo hazaza h'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi