Abanyafurika ku rutonde rw’abakinnyi bahembwa menshi ku Isi mu 2025

Ubukungu - 30/05/2025 4:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Abanyafurika ku rutonde rw’abakinnyi bahembwa menshi ku Isi mu 2025

Muri uyu mwaka wa 2025, abakinnyi bake bakomoka muri Afurika bagaragaye ku rutonde ngarukamwaka rwa Forbes rw’abakinnyi binjiza amafaranga menshi ku Isi. Uru rutonde rwerekanye uburyo aba bakinnyi bagira uruhare rukomeye mu mikino no mu bucuruzi, ibyatumye binjira mu bakize babikesha siporo.

Abakinnyi bane bafite inkomoko muri Afurika binjiye mu rutonde rwa Forbes rw’abakinnyi 50 bahembwa amafaranga menshi ku Isi, bagaragaza ubuhanga mu mikino ndetse n’ubushobozi bwo gukorana n’ibigo bikomeye by’ubucuruzi.

1. Giannis Antetokounmpo – Umwanya wa 13


Giannis Antetokounmpo, umukinnyi w’umukino wa Basketball ukomoka kuri se wo muri Nigeria n’umubyeyi wo mu Bugiriki, akaba akinira ikipe ya Milwaukee Bucks, ni we uza ku mwanya wa mbere mu bakomoka muri Afurika. Muri uyu mwaka wa 2025, amaze kwinjiza miliyoni 94.4$, bimushyira ku mwanya wa 13 ku Isi.

Muri ayo mafaranga, miliyoni 49.9$ yavuye mu mushahara n’ibihembo yahawe na NBA, naho miliyoni $45 ayakura hanze y’ikibuga binyuze mu bikorwa byo kwamamaza, ishoramari n’indi mishinga y’itangazamakuru. Ubushobozi bwa Giannis bwo guhuza ubuhanga mu kibuga n’ubucuruzi bwamuhesheje umwanya w’icyubahiro mu bakinnyi bakize ku Isi.

2. Kylian Mbappé – Umwanya wa 16


Kylian Mbappé, rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ukomoka kuri se wo muri Cameroun, yaje ku mwanya wa 16, aho yinjije miliyoni 90$ mu mezi ashize ya 2025.

Muri ayo mafaranga, miliyoni 70$ yavuye mu masezerano ye nk’umukinnyi, harimo umushahara n’ibihembo, bimugira umwe mu bakinnyi ba ruhago bahembwa menshi ku Isi. Hanze y’ikibuga, Mbappé yinjije miliyoni 20$ mu bikorwa byo kwamamaza n’andi masezerano y’ubucuruzi, bijyanye n’ubwamamare amaze kubaka ku rwego mpuzamahanga.

3. Joel Embiid – Umwanya wa 36


Joel Embiid, umukinnyi wa NBA ukina hagati, ufite inkomoko muri Cameroun, yaje ku mwanya wa 36 kuri uru rutonde, aho amaze kwinjiza miliyoni 60.4$ muri uyu mwaka.

Muri ayo mafaranga, miliyoni $40.4 yaturutse mu mikino akinira ikipe ya Philadelphia 76ers, naho miliyoni 20$ ayakura mu bikorwa byo kwamamaza n’andi mishinga y’ubucuruzi. Embiid agenda arushaho kuba icyitegererezo mu mikino no hanze y'ikibuga, ibigaragaza agaciro afite muri NBA n’ahandi ku Isi.

4. Sadio Mané – Umwanya wa 48


Rutahizamu w’Umunya-Senegal, Sadio Mané, amaze kwinjiza miliyoni 54$ mu 2025, bimushyira ku mwanya wa 48 ku Isi. Muri ayo mafaranga, miliyoni 50$ yavuye mu mikino yakinnye, bishoboka ko yaturutse mu masezerano akomeye yahawe n’ikipe yo mu cyiciro cya mbere ku rwego mpuzamahanga.

Yinjije kandi miliyoni 4 z'amadolari ayakuye mu bikorwa byo kwamamaza no mu bucuruzi, ashimangira izina rye nk’umwe mu bakinnyi b’Abanyafurika bafite igikundiro n’ijambo rikomeye mu ruhando mpuzamahanga.

Afurika ikomeje kugaragaza ubukana mu ruhando rwa siporo

Aba bakinnyi bane bakomoka muri Afurika ntibahanganye gusa mu kibuga, ahubwo banerekanye ubushobozi bwo kwinjiza amafaranga menshi binyuze mu bucuruzi no kwamamaza. Uko imyaka ishira, niko impano zituruka muri Afurika zikomeza kwigaragaza mu mikino y’Isi, zikaninjiza akayabo, ari na ko zisiga isura nziza y’umugabane wa Afurika ku rwego mpuzamahanga.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...