Abakinnyi bane bafite
inkomoko muri Afurika binjiye mu rutonde rwa Forbes rw’abakinnyi 50 bahembwa amafaranga menshi ku Isi,
bagaragaza ubuhanga mu mikino ndetse n’ubushobozi bwo gukorana n’ibigo bikomeye
by’ubucuruzi.
1. Giannis Antetokounmpo – Umwanya wa 13
Giannis Antetokounmpo,
umukinnyi w’umukino wa Basketball ukomoka kuri se wo muri Nigeria n’umubyeyi wo
mu Bugiriki, akaba akinira ikipe ya Milwaukee Bucks, ni we uza ku mwanya wa
mbere mu bakomoka muri Afurika. Muri uyu mwaka wa 2025, amaze kwinjiza miliyoni 94.4$, bimushyira ku
mwanya wa 13 ku Isi.
Muri ayo mafaranga,
miliyoni 49.9$ yavuye mu mushahara n’ibihembo yahawe na NBA, naho miliyoni $45
ayakura hanze y’ikibuga binyuze mu bikorwa byo kwamamaza, ishoramari n’indi
mishinga y’itangazamakuru.
2. Kylian Mbappé – Umwanya wa 16
Kylian Mbappé, rutahizamu
w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ukomoka kuri se wo muri Cameroun, yaje ku
mwanya wa 16, aho yinjije miliyoni 90$ mu mezi ashize ya 2025.
Muri ayo mafaranga,
miliyoni 70$ yavuye mu masezerano ye nk’umukinnyi, harimo umushahara
n’ibihembo, bimugira umwe mu bakinnyi ba ruhago bahembwa menshi ku Isi. Hanze
y’ikibuga, Mbappé yinjije miliyoni 20$ mu bikorwa byo kwamamaza n’andi
masezerano y’ubucuruzi, bijyanye n’ubwamamare amaze kubaka ku rwego mpuzamahanga.
3. Joel Embiid – Umwanya wa 36
Joel Embiid, umukinnyi wa
NBA ukina hagati, ufite inkomoko muri Cameroun, yaje ku mwanya wa
36 kuri uru rutonde, aho amaze kwinjiza miliyoni 60.4$ muri uyu mwaka.
Muri ayo mafaranga,
miliyoni $40.4 yaturutse mu mikino akinira ikipe ya Philadelphia 76ers, naho
miliyoni 20$ ayakura mu bikorwa byo kwamamaza n’andi mishinga y’ubucuruzi.
Embiid agenda arushaho kuba icyitegererezo mu mikino no hanze y'ikibuga, ibigaragaza agaciro
afite muri NBA n’ahandi ku Isi.
4. Sadio Mané – Umwanya wa 48
Rutahizamu
w’Umunya-Senegal, Sadio Mané, amaze kwinjiza miliyoni 54$ mu 2025, bimushyira ku mwanya
wa 48 ku Isi. Muri ayo mafaranga, miliyoni 50$ yavuye mu mikino yakinnye,
bishoboka ko yaturutse mu masezerano akomeye yahawe n’ikipe yo mu cyiciro cya
mbere ku rwego mpuzamahanga.
Yinjije kandi miliyoni 4 z'amadolari ayakuye mu bikorwa byo kwamamaza no mu bucuruzi, ashimangira izina rye nk’umwe mu
bakinnyi b’Abanyafurika bafite igikundiro n’ijambo rikomeye mu ruhando
mpuzamahanga.
Afurika ikomeje
kugaragaza ubukana mu ruhando rwa siporo
Aba bakinnyi bane
bakomoka muri Afurika ntibahanganye gusa mu kibuga, ahubwo banerekanye
ubushobozi bwo kwinjiza amafaranga menshi binyuze mu bucuruzi no kwamamaza. Uko
imyaka ishira, niko impano zituruka muri Afurika zikomeza kwigaragaza mu mikino
y’Isi, zikaninjiza akayabo, ari na ko zisiga isura nziza y’umugabane wa Afurika
ku rwego mpuzamahanga.
