Abakunzi ba Rayon Sports bari biteguye gutera Mukura mpaga amerwe yasubiye mu isaho

Imikino - 17/04/2025 8:46 PM
Share:

Umwanditsi:

Abakunzi ba Rayon Sports bari biteguye gutera Mukura mpaga amerwe yasubiye mu isaho

Mu gihe ikipe ya Rayon Sports yari yaramaze kugaruka i Kigali yiteguye gutera mpaga Mukura VS kubera ikibazo cy'amatara cyagaragaye mu mukino Rayon Sports yari yakiriye, Ferwafa yatangaje igihe uyu mukino uzasubukurirwa.


Umukino wa mbere wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro hagati ya Mukura Victory Sports na Rayon Sports ntiwarangiye kubera ikibazo cy’amatara yazimye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, byatumye hafatwa icyemezo cyo kuwuhagarika ubundi hagasuzumwa impamvu zateye icyo kibazo zikaba ari nazo zishingirwaho hafatwa icyemezo cya nyuma.

Komisiyo ishinzwe gutegura iri rushanwa yasuzumye ibyabaye, isanga kuzima kw’amatara byaraturutse ku mpamvu idasanzwe kandi idateganyijwe. Iyi komisiyo kandi yemeje ko nta burangare bwagaragaye kuri Mukura VS yari yakiriye uyu mukino, ndetse ko yakoze ibishoboka byose ngo irinde ko ikibazo nk’iki kibaho.

Bityo, hafashwe umwanzuro ko uyu mukino uzasubirwamo ku wa 22 Mata 2025, saa cyenda z’amanywa, ukabera kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye nk’uko byari bisanzwe. Uzakomereza ku munota wari wagezweho mbere y’uko uhagarikwa.

Ubwo wakunwaga nturangire, uyu mukino wasubikiwe ku munota wa 28, akaba ari nawo uzasubukurirwaho.


 

Umukino wa Mukura na Rayon Sports wahagaritswe kubera kuzima kw'amatara ya Stade ya Huye

Umukino wa Mukura na Rayon Sports uzakomereza ku munota wasubikiweho



Umwanditsi:

Yanditswe 17/04/2025 8:46 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...