Uyu munsi wizihirijwe
kuri Trinity Matelas i Rwamagana, aho abarenga 500 bitabiriye. Insanganyamatsiko
y’uyu mwaka iragira iti: “Ubuzima n’umutekano ku kazi, ishingiro ry’umusaruro.”
Mu 2003 ni bwo Umuryango
Mpuzamahanga w’Abakozi (ILO) watangiye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’ubuzima
n’umutekano ku kazi, hagamijwe kwirinda no gukumira impanuka n’indwara zo mu
kazi.
Muri Kamena 2022, Inama
Mpuzamahanga yiga ku Murimo yanzuye ko mu mabwiriza agenga ILO hongerwamo ihame
rigenga uburenganzira bw’abakozi bwo gukorera ahantu hatekanye kandi hadashyira
ubuzima bwabo mu kaga.
Ubushakatsi bwerekanye ko
gukorera ahantu habi bishobora guteza ibibazo by’ubuzima bifitanye isano
n’indwara zitandura.
ILO igaragaza ko buri
mwaka nibura abakozi miliyoni 2,3 bapfa bazize ibyago bikomoka ku kazi , ni
ukuvuga abagera ku 6000 buri munsi.
No mu Rwanda imibare
igenda yiyongera kuko impanuka zo mu kazi zavuye kuri 754 mu 2017/2018 zigera
ku 1.467 mu 2022/2023.
Ibi binajyana
n’amafaranga abatangwaho bavurwa aho RSSB yerekana ko mu myaka itanu, ingano
yayo yavuye kuri miliyoni 264 mu 2017/2018 igera kuri miliyoni 768 mu
2021/2022.
Mu 2023, Leta y’u Rwanda yatangije gahunda nshya yo kurushaho kwita ku mibereho myiza y’abakozi hagamijwe kubarinda impanuka zikomoka ku kazi, indwara no kubungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe.
U Rwanda rwifatanyije n'Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'Ubuzima n'Umutekano ku Kazi