Abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye gusabana banungurane ibitekerezo

Imyidagaduro - 19/10/2025 6:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye gusabana banungurane ibitekerezo

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bahanga udushya mu bishyirwaho “Content Creators” bagiye guhurira mu musangiro ugamije guhura no kumenyana ndetse no kungurana ibitekerezo bigamije guteza imbere umwuga bakora.

Ni igikorwa giteganyijwe kuba ku wa 15 Ugushyingo 2025 kuri Maison des Jeunes aho bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bazaganiriza abandi ku buryo bwo gukomeza kubyaza umusaruro imbuga nkoranyambaga.

Bamwe mu bazatanga ibiganiro biteguye uyu muhuro n’umusangiro wo ‘Meet and Greet’ barimo 1. Jackson Dushimimana, Alpha Sam, Abayo Yvette Sandrine, Ally Soudy, Biggy Shalom, Aime Musabwe, Fally Merci ndetse n’abandi benshi.

Uretse aba, abantu bose bifuza kuza muri uyu musangiro no kumenyana yaba abakoresha imbuga nkoranyambaga cyangwa se abafite ubushake bwo kumenya no kwiga gukoresha imbuga nkoranyambaga.

Hazaba hari n’abayobozi b’itangazamakuru n’urwego rwa RIB mu bagomba kuzaganiriza abo bantu uburyo bwiza bwo gutambutsa ibitekerezo byabo ariko bidafite uwo bihungabanya ngo byangize isura nziza y’itangazamakuru cyagwa se ngo bakorere ibyaha ku mbuga.

Uretse kuganira ku buryo bwo kubyaza umusaruro imbuga nkoranyambaga, abazitabira uyu musangiro bazaganira ku buryo bwo gukoresha ubwenge buhangano mu gukoresha neza imbuga nkoranyambaga n’uko bakwiye kugendana n’ibigezweh byumwihariko AI.

Umuyobozi wa 250 Creators yavuze ko yateguye iyi gahunda kugira ngo aba basore n’inkumi bahuje umwuga bahure bamenyane bungurane ibitekerezo kuruta gusa kuba umwe abona undi ku mbuga nkoranyambaga gusa.

Yagize ati “Twabiteguye tugamije guhura tukaganira, tukamenyana tukungurana ubumenyi no kuzamura urwego rw’imikorere. Twifuza kubona abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga bari hamwe nkuko bibaho n’ahandi.”

Avuga ko buri wese uzaza muri iki gikorwa azahava amenyanye n’abandi bahuje umwuga kandi bizaba ari igihe Cyiza cyo kungurana ibitekerezo bigamije kwiteza imbere.

Ati “Uzaza muri iki gikorwa ikintu cya mbere ni guhura n’abandi bakaba bamenyana bishobora kumufungurira imiryango ku mikoranire n’abandi ndetse n’ubumenyi kuko hazabaho ibiganiro abafite aho bageze cyangwa inararibonye muri uyu mwuga bazatuganiriza ndetse n’abazaduha amasomo.”

Uretse abazabasha kugera aho iki gikorwa cyizabera, abatazabasha kuhagera bashyiriweho uburyo bwo gukurikirana iki gikorwa hifashishijwe iyakure dore ko na Ally Soudy azakoresha ubu buryo bw’imbona nkubone ageza ikiganiro ku bazitabira iki gikorwa.

Ally Soudy ni umwe mu bazitabira ndetse bagatanga ikiganiro muri Meet and Greet yateguriwe aba-Content Creators

Fally Merci wa Gen-Z Comedy nawe azitabira ibi birori


 Kwiyandikisha byaratangiye ku bashaka kwitabira uyu muhuro n'umusangiro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...