Byabaye
kuri iki Cyumweru tariki ya 23 Ugushyingo 2025, mu rugendo rwo gusura ahantu
hatandukanye h’umuco n’amateka y’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Road Shows”
yanashyizweho akadomo nyuma yo gusura urwibutso.
Ni
urugendo rwari rugamije kongera ubumenyi abakinnyi ba filime ku mateka ya
Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha cyane cyane abakiri bato kumva amateka
y’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uburyo yahagaritswe,
hagamijwe kwimakaza ukuri, kwibuka no kurwanya abayipfobya.
Aba
bakinnyi ba filime, abategura iri serukiramuco, ndetse n’abagize Akanama
Nkemurampaka kazifashishwa mu guhitamo filime cyangwa se umukinnyi uhiga
abandi, banasobanuriwe uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe n’uko yashyizwe mu bikorwa,
banasobanurirwa uburyo yahagaritswe n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi.
Bagize
n’umwanya kandi wo gusura ibice bitandukanye by’urwibutso birimo aho imibiri
y’inzirakarengane ishyinguwe, amafoto n’ibimenyetso by’amateka agaragaza
ubukana bwa Jenoside, ndetse n’urugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda n’Abanyarwanda.
Iserukiramuco
rya Mashariki African Film Festival riri kuba ku nshuro ya 11, ryakomeje kugira
uruhare rukomeye mu gutuma u Rwanda ruba ihuriro ry’abanyempano bo ku mugabane
w’Afurika no hanze yawo.
Ni
iserukiramuco ribera i Kigali, ridasanzwe mu guhuza impuguke, abakinnyi,
abayobozi ba filime n’abayikunda.
Uru
rugendo rwabo ku rwibutso ni kimwe mu bikorwa bigaragaza uko Mashariki ifata Sinema
nk’urubuga rwo kwigisha, kubaka amahoro no guteza imbere umuco wo kwibuka no
kwiyubaka.
Mashariki
African Film Festival izasozwa ku wa 29 Ugushyingo 2025, ari na bwo hazatangwa ibihembo ku
bakinnyi, abayobora filime n’abandi bahanzi b’uruhererekane batsindira ibihembo
mu byiciro bitandukanye byatangajwe.
Iri
serukiramuco ryagaragaje ko sinema atari umuziki wo kwishima gusa, ahubwo
ishobora no kuba urubuga rwo guhindura imyumvire, gukomeza kwibuka no
kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo buhoraho.
Mu
butumwa, ubuyobozi bwa "Mashariki" bwanditse kuri konti ya Instagram
Abakinnyi
ba filime bagiriye urugendo-shuri ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi
mu 1994 ruherereye i Kigali ku Gisozi
Umuyobozi
wa Mashariki African Film Festival, Tresor Nsenga [Uri ibumoso] n'umwe mu banyamahanga bitabiriye iri serukiramuco bashyira indabo ku mva
zishyinguyemo inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Tresor Nsenga yanditse ubutumwa mu gitabo cy'abasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Abakinnyi ba filime barimo Uwamahoro Antoinette 'Siperansiya', Niyitegeka Gratien 'Papa Sava', Joselyne wo muri filime 'Intimba ya La Vie' n'abandi bunamiye inzirakarengane zishyinguye muri uru rwibutso
Umukinnyi wa filime wamenyekanye nka Nkota Eugene, ni umwe mu bahatanye muri 'Mashariki'
Gakwaya Celestin wubatse izina nka 'Nkaka' ni umwe mu bari mu iserukiramuco rya 'Mashariki' riri kuba ku nshuro ya 11
Umukinnyi wa filime akaba n'umwe mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga, 'Burikantu' ukina muri filime zirimo 'Indoto'
Umukinnyi wa filime, Igihozo Mireille [Uri iburyo] wamenyekanye muri filime z'uruhererekane nka 'Indoto Series'
Umukinnyi wa filime wamenyekanye nka 'Bamenya' [Uri iburyo] binyuze muri filime ye itambuka ku muyoboro wa Youtube
Ubuyobozi bwa 'Mashariki' buvuga ko buzakomeza gukoresha Cinema nk'inzira nziza yo gusigasira amateka no kubara inkuru z'Abanyafurika
