Abaganuye ku buryohe bw'igitaramo giheruka babihamya! Impamvu 5 utagomba gusiba igitaramo cya Chryso Ndasingwa

Iyobokamana - 16/04/2025 2:30 PM
Share:

Umwanditsi:

Abaganuye ku buryohe bw'igitaramo giheruka babihamya! Impamvu 5 utagomba gusiba igitaramo cya Chryso Ndasingwa

Habura iminsi 4 yonyine umuramyi Chryso Ndasingwa agakora igitaramo gikomeye cya Pasika yise "Easter Experience", kitezweho gufasha Abakristo kwishimira izuka ry'Umwami Yesu/Yezu.

Chryso Ndasingwa akorera umurimo w'Imana muri New Life Bible Church Kicukiro iyoborwa na Rev. Dr. Charles Mugisha. Yavukiye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, akurira mu muryango w’Abakristo Gatolika, nyuma aza kwimukira mu itorero rya New Life Bible Church ari na ho abarizwa kugeza ubu. Yatangiye umuziki mu buryo bw'umwuga mu gihe cya Covid-19.

Umuziki waramuhiriye cyane dore ko ari mu bahanzi bacye babaye ibyamamare mu gihe gito cyane. Amaze gukora Album imwe "Wahozeho" yamuritse mu gitaramo cy'amateka na n'ubu kikibazwaho n'abanyamuziki bakomeye aho batiyumvisha ukuntu umuntu akora igitaramo cya mbere akuzuza BK Arena. 

Ku bijyanye n’igitaramo cye cya Pasika kizaba kuwa 20 Mata 2025 mu Intare Arena i Rusororo, Chryso yabwiye inyaRwanda ko imyiteguro "irakomeje neza". Ati: "Twese turi mu mwuka wo gusenga no gukora ibishoboka byose kugira ngo kizabe igikorwa kidasanzwe cyo guhimbaza Imana".

Chryso uri mu baramyi bakunzwe cyane muri iki gihe, avuga ko intego ye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ni ukuzana ibyiza bihimbaza Imana. Yikije ku gitaramo cye avuna ko akomeje kwitegura neza mu buryo bwose. Ati "Turizera ko bizaba ibihe bidasanzwe!".

Chryso Ndasingwa ni umuhanzi wa kabiri mu baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana wabashije kuzuza BK Arena mu gitaramo cya mbere yari akoze mu mateka ye, abantu hirya no hino bakabura ayo bacira n’ayo bamira dore ko hari abahanzi benshi bagerageje BK Arena ariko bikanga.

Kuri ubu ari mu myiteguro y'igitaramo ngarukamwaka cya Pasika yise "Easter Experience" kizafasha abakristo n'abakunzi b'umuziki wa Gospel kwizihiza izuka rya Yesu. Mu baramyi azataramana nabo harimo Papi Clever na Dorcas, True Promises Ministries na Arsene Tuyi.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ukugura itike ya 10, 000 Frw, 20,000 Frw, 30,000Frw ndetse na 50,000 Frw. Amatike aboneka kuri *797*30# no kuri www.ishema.rw. Chryso Ndasingwa aherutse gutangaza ko amatike agura 50,000 Frw yamaze gushira ku isoko.

Ni muri urwo rwego InyaRwanda yaguteguriye impamvu eshanu ziguhamiriza ko udakwiye kubura muri iki gitaramo Chryso Ndasingwa azatangiramo Pasika ishyitse. Muri izo harimo:

1. Inyota ni nyinshi ku baganuye ku buryohe bw’umuziki we mu gitaramo giheruka ari na cyo cya mbere yari akoze. Uwaryohewe kuriya, nta mpamvu n’imwe imwemerera kubura mu kindi gitaramo kizaba ku Cyumweru tariki 20 Mata 2025

Chryso Ndasingwa yakoze igitaramo cy'amateka muri BK Arena cyabaye kuwa 5 Gicurasi 2024 aho yujuje iyi nyubako akaba umuhanzi wa kabiri ubikoze, ndetse by'akarusho abacyitabiriye bahamya ko bahembutse imitima binyuze mu kuyiramya nta mupaka mu ndirimbo ze.

Nyuma y'icyo gitaramo cy'amateka, Chryso yabwiye InyaRwanda ko yakozwe ku mutima n'uburyo yashyigikiwe muri iki gitaramo. Ati "Biragoye kubona amagambo nasobanuramo uko niyumvamo. Gusa, ibi mbigezeho kubera gushyigikirwa n'abantu, inshuti, abavandimwe, abahanzi bagenzi banjye n'abandi twakoranye. Ni ishimwe ku Mana gusa!".

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025, Ndasingwa yavuze ko ashingiye ku myiteguro ye bwite n’imbaraga yashyize mu kwitegura iki gitaramo ‘birashoboka ko amateka azisubiramo nkuzuza BK Arena’.

Icyo gihe yavuze ko gukorera igitaramo muri BK Arena nta mpungenge bimuteye. Ati "Umuziki w'Isi n'uko uw'Imana umeze ntabwo bimeze kimwe. Twe, umuziki w'Imana ni ivugabutumwa, bituruka ku Mana, birimo kwizera cyane kurusha uko wapimira ku bigaragara n'ubwo ibigaragara nabyo biza, ariko ikigaragara iyo kigenze neza turavuga ngo Imana ihabwe icyubahiro." Yavuze ko utapimira ubwamamare bw'umuhanzi mu kuzuza Arena, ngo uvuge ko ashyigikiwe.

2.     Ni ubwa mbere Chryso Ndasingwa ateguye igitaramo cya Pasika kandi amaze igihe kinini agitegura

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nibwo Chryso Ndasingwa yavuze ko azatamira muri iriya nyubako tariki 20 Mata 2025, mu gitaramo kigamije kwizihiza umunsi wa Pasika.

Ibi byatumye yiyongera ku rutonde rw’abahanzi bacye mu Rwanda, bagiye bagerageza gutegura ibitaramo nk’ibi bagamije gufasha Abakristu kwizihiza Pasika.

Mu myaka 15 ishize, Patient Bizimana niwe muhanzi wakoraga ibitaramo nk’ibi, ndetse yagiye atumira abahanzi bakomeye i Kigali.Kandi byatumaga ibihumbi by’abantu banogerwa n’ibi bitaramo, kuko byagiye bibera ahantu hanyuranye nko muri ‘Parking’ ya Petit Sitade Amahoro n’ahandi hanyuranye.

Ni ubwa mbere Chryso Ndasingwa agiye gukora igitaramo cya Pasika. Ndetse, agiye kongera gutaramira muri BK Arena, nyuma y’uko ku wa 05 Gicurasi 2024 yaciye agahigo ko kuba umuhanzi wa kabiri wa ‘Gospel’ wujuje iyi nyubako nyuma y’ubwitabire bw’abantu benshi yagize.

3.     Ntako bisa kuramya Imana ku munsi Umwami Yesu yazukiyeho

Ku bemera Imana by’umwihariko abizera Yesu/Yesu Kristo, ni amahirwe adasanzwe kuba Chryso Ndasingwa yaratekereje gutegura igitaramo gikomeye noneho akagishyira ku munsi wa Pasika. By’umwihariko muri iki gihe insengero nyinshi zifunze, nta mpungenge z’uko uzabura aho kujya kwizihiriza Pasika kuko Chryso yagutekerejeho.

4.     Chryso ni umuhanga kandi yiyambaje n'abandi bahanzi b'abahanga

 Umuziki wa 'Live' wa Chryso Ndasingwa ni ibindi bindi, dore ko aririmba yicurangira, akaba azwi nk’umuramyi uca bugufi, ukundwa cyane n’urubyiruko kandi akaba afite indirimbo ze zihimbitse. Niba ukunda kuramya bivuye ku ndiba y’umutima, nta kabuza nawe ntukwiye kuzabura muri ‘Easter Experience.’

Akarusho ni uko uyu muramyi yatumiye abandi baramyi bakunzwe cyane nka Papi Clever & Dorcas, Arsene Tuyi na True Promises bazwiho gufasha abantu kuramya Imana no guhembuka imitima.

5.  Afite EP (Extended Play) nshya ikubiyeho indirimbo ziryoheye amatwi n’umutima

EP (Extended Play) ya Chryso Ndasingwa ifite indirimbo 6 zirimo: "Mbega ukuntu uri mwiza", "Great things", "Ku musozi wera", "Ibyo wakoze" na "Ulikuwepo". Ije ikurikira izindi amaze iminsi ashyize hanze zirimo "As I know more", "Iyo Mana", "Nzakujya imbere" yakoranye na Rachel Uwimeza n'izindi ebyiri yakoranye na Sharon Gatete ari zo: "Wera Wera" na "Yanyishyuriye".

Mu kiganiro na inyaRwanda, Chryso Ndasingwa yavuze ko buri ndirimbo iri kuri EP ye ifite ubutumwa bukomeye bwo "guhimbaza Imana no gushimangira ukwizera". Yavuze ko yahisemo gukora EP aho gukora Album kubera impamvu zitandukanye. Izi ndirimbo zose ziri ku mbuga zicuruza umuziki, gusa kuri Youtube zizajyaho mu minsi itandukanye.

Uyu muramyi w'i Nyamirambo ukunzwe mu ndirimbo "Wahozeho" na "Wahinduye Ibihe", avuga ko impamvu yakoze EP ari ugutanga umusaruro mwiza mu gihe gito no gufasha abantu kwakira izi ndirimbo vuba, kandi "buri ndirimbo ifite icyo ivuga ku rukundo rw’Imana, imirimo yayo n’imbaraga zayo zidahinduka".

Ati: "Ubutumwa bukubiye muri iyi EP ni ubuhamya bw’imirimo ikomeye Imana yakoze, kumenya neza ko ihora ihari kandi idahindurwa n’ibihe. Indirimbo nka "Mbega ukuntu uri mwiza" iratwibutsa ubwiza bw’Imana, "Ku musozi wera" ikagaragaza aho duhura nayo mu mwuka, naho "Great things" ni igihamya cy’ibyo yakoze mu buzima bwacu.


Chryso Ndasingwa yiteguye gufasha Abakristo kwizihiza Pasika mu buryo bwuzuye

 

Umwanditsi:

Yanditswe 16/04/2025 2:30 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...