Kathia
yahishuye ko ari we wafashe iya mbere asaba Adonis urukundo, ibintu
bitamenyerewe cyane ku bakobwa b’Abanyarwandakazi.
Kathia
na Adonis bahuriye bwa mbere muri resitora bahujwe n’inshuti yabo isanzwe ibazi
bombi. Icyo gihe Kathia yari agifite undi mukunzi, mu gihe na Adonis we yari
amaze iminsi atandukanye n’uwo bakundanaga.
“Icyo
gihe njyewe nari ndi no mu rukundo, nari ndi gukundana n'undi muntu rwose
mpuze...nta mwanya nari mufitiye, uretse ko na we ntawo yari amfitiye. Yari avuye
mu rukundo (Atandukanye n’uwo bakundanaga). Uwo twakundanaga, twaratandukanye.
Ariko uyu we akajya aza aho dukorera, atangira kuba inshuti yacu.”
Uko
iminsi yicumaga, Kathia yatangiye kubona Adonis afite umuco n’imyitwarire y’ingenzi
yashakaga mu mukunzi: Umusore utagenzura buri kintu cyose, utabuza umuntu
ubwisanzure bwe; utemera guhagarika umukobwa mu byo yishimira nko kwambara uko
yifuza cyangwa gusenga igihe abishakiye, ndetse akaba umuntu uvugisha ukuri
kandi udahisha byinshi.
Uyu
mukobwa anavuga ko yanyuzagamo akabaza ibibazo binyuranye Adonis bijyanye n’urukundo,
nk’igihe umukobwa yajya gusenga akarara ijoro mu masengesho uko yabyakira,
imyitwarire yifuza ku mukobwa bashing urugo, n’ibindi byagiye bituma arushaho kumwiyumvamo.
Ati “Yari umuntu udafite icyo ampisha, ambwiza ukuri.”
Adonis
ntiyari afite gahunda yo gukundana na Kathia ubwo batangiye kumenyana. Ariko
uburyo uyu mukobwa yamwitagaho buri gihe byamuteye amatsiko.
Ati
"Ubundi we yatangiye nta rukundo ashaka. Ni njyewe wabanje kumubwira ko
mukunda. Kandi mbimubwira nta kibazo mbifiteho. Urumva yazaga buri munsi kwa
Nyogokuru, nkahora ndi kumwitaho, nkamushimira ibiryo, arambaza ati ese ko
uhora unyitaho ni ukubera iki? Kandi mbona atari abantu benshi ubikorera,
ndamubwira nti ubwo se ntabwo ibyibwira, ndagukunda."
Nubwo
Adonis icyo gihe atahise yemera kumubwira amagambo y’urukundo, yamwijeje ko
igihe kizagera na we akamukunda by’ukuri. Ariko kandi yanamubwiye ko hari
hashize igihe kinini atumva umukobwa ijambo ndagukunda.
Kathia
Kamali yavuze n'ubwo yari yamaze kwemerurira umusore ko yamukunze,
Ariko
kandi avuga ko uko iminsi yagiye yicuma, umusore yagiye amukunda kurushaho, ku
buryo yagiye amwoherereza impano, ndetse rimwe na rimwe akamutegera indege bakajya
mu bihugu bitandukanye.
Asobanura
ko igihe cyageze, noneho Adonis amusaba ko bakora ubukwe. Ati "Umuryango wanjye
baramukunze cyane."
Hari n’abagerageje kubasenyera urukundo babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, bamushinja ubuhehesi no kugira abandi bakobwa. Ariko ibyo ntibyigeze bibaca intege, ahubwo byabakomereje urukundo.
Kathia
asobanura ko yagiye abona ubutumwa bw'abantu benshi bamubwira ko
Uyu
mukobwa yavuze ko ashyigikira umugabo we ku mikino yose akina, ndetse ko rimwe
na rimwe baganira bakareba ibitaragenze neza, bakabikosora.
Ku
wa 31 Ukuboza 2024, Adonis yambitse impeta Kathia amusaba kuzamubera umugore,
undi na we arabyemera nta kuzuyaza. Ubu bari kwitegura guhamya isezerano ryabo
imbere y’Imana n’abantu ku wa 5 Nzeri 2025.
Kathia
Kamali yahishuye ko ariwe wasabye Adonis ko bakundana nyuma y’igihe kinini
abona ko bahuza urugwiro
Kathia yavuze ko yafashe icyemezo cyo kujya asubiza buri wese umwendereza ku mbuga nkoranyambaga avuga ku rukundo rwabo
Kathia yavuze ko umukunzi we yamubonyemo ubumuntu, no kuba amwitaho bidasanzwe
Kathia
yavuze ko yamenyanye na Adonis ari mu rukundo n’undi musore baje gutandukana
Umuryango
wa Kathia ntiwatunguwe n’urukundo rw’abo, kuko bamwe muri bo barabicyekaga- Uyu bari kumwe na Jeanine Noach
Muri
‘weekend’ ishize, Kathia Kamali yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka
‘Bridal Shower’
Kathia
yavuze ko hari abakobwa bagiye bamwandikira bamubwira ko umusore bagiye kurushinga
‘ntakirimo’
Kathia yavuze ko ashyigikira umugabo we mu mikino yose akina ya Basketball
Kathia Kamali n'umukunzi we bazahamya isezerano ryabo ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025