Coach Gaël w’imyaka 3: Dosiye y’uruhare yagize kuri Bruce Melodie, Element, Ross Kana na Kenny Sol

Imyidagaduro - 25/04/2025 4:48 PM
Share:

Umwanditsi:

 Coach Gaël w’imyaka 3: Dosiye y’uruhare yagize kuri Bruce Melodie, Element, Ross Kana na Kenny Sol

Mu myaka itatu gusa, Karomba Gaël benshi bazi nka Coach Gaël yakoze ibintu bitangaje mu ruganda rw’imyidagaduro, akora impinduka zikomeye kuri bamwe mu bahanzi b’ibyamamare mu Rwanda.

Ku bufatanye n’abahanzi barimo Bruce Melodie, Element, Ross Kana, na Kenny Sol, yatangaje impinduka mu myumvire ya muzika, uburyo bwo gucunga ibikorwa by’umuhanzi, no kugera ku rwego mpuzamahanga.

Ni umucuruzi w’umuhanga wageze no kuri Kigali Universe. Yavutse atari umuhanzi, ahubwo yaje mu ruganda rw’imyidagaduro afite intego yo gukora ibintu bitari bisanzwe.

Coach Gael yahinduye isura y’uwabaye Pasiteri mbere yo kwinjira mu bucuruzi, atanga ubujyanama butari bushingiye gusa ku gutunganya indirimbo, ahubwo no ku buryo bwo kubaka imyanya y’umuhanzi mu isoko.

Coach Gael: Yakoranye n’abahanzi barimo Bruce Melodie, Element, Ross Kana na Kenny Sol. Inkuru ye yerekana uburyo impano, ubushake bwo gukora no guhindura ibintu bishobora gutanga impinduka zikomeye mu myaka mike gusa.

Muri iyi nkuru, turasesengura uburyo uyu muhanga yabaye umuyobozi w’ubucuruzi wateje imbere umuziki mu Rwanda no hanze yaho.


Coach Gael: Umugabo waturutse mu bucuruzi, akinjira mu muziki afite intumbero idasanzwe

Coach Gael amazina ye nyakuri ni Karomba Gael, ni umwe mu bantu binjiye mu ruganda rw’imyidagaduro atari nk’umuhanzi, producer cyangwa umunyamakuru, ahubwo nk’umucuruzi wifuza guhindura uburyo impano zitunganywa, zigacungwa, kandi zikabyazwa umusaruro.

Yize ubucuruzi n’imiyoborere, akora mu bigo bikomeye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ahandi. Nyuma y’imyaka yari amaze yitegereza uko ibintu bikorwa mu ruganda rw’imyidagaduro, yasanze hari icyuho gikomeye: abahanzi bafite impano, ariko badacungwa neza.

Coach Gael yagize kuvuga ati “Nashakaga gukora ‘Label’ ifite umurongo nk’uw’ibigo byo hanze”

Mu biganiro bitandukanye, Coach Gael yakunze kuvuga ko mu gihe yaganiraga na Bruce Melodie, yasanze hari ibintu byinshi bishobora gukosorwa mu mikorere y’abahanzi.

Yavuze ati “Nabonaga Bruce Melodie ari impano ikomeye, ariko ntekereza ko hari uburyo dushobora kumufasha agahinduka brand ku rwego mpuzamahanga. Ariko si we gusa, hari abandi benshi bafite iyo potential.”

Ni bwo yatangiye gutegura 1:55 AM Label, ayishingira ku ntego yo gufasha abahanzi kuba ibirango (brands) aho kuba abantu bacuranga gusa cyangwa baceza gusa.

Coach Gael ni intiti mu mibare kuko ayifitemo Master's. Amashuri ya Kaminuza yayatangiriye muri Uganda muri Kaminuza ya Makerere aho atatinze kuko yahise ayakomereza mu Buhinde.

Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’Imibare n’Ibarura mibare [Statistics&Mathematics] n’icya Gatatu cya Kaminuza mu Mibare yakuye mu Buhinde muri 2012.

Ni umuntu ukunda kuba inyuma y’ibikorwa kurusha kuba ku isonga y’itangazamakuru. Ntabwo akunze kuvugwa cyane, ariko ibikorwa bye byivugira.

Abakorana nawe bemeza ko ari umuntu wihanganye, uzi gucunga abantu, kandi uharanira ko ibintu bikozwe neza kurusha kwihutisha ibikorwa.

Muri make, Coach Gael yinjiye mu muziki nk’umucuruzi uharanira gukora Label iri ku rwego rw’isi. Amaze imyaka itatu gusa ariko ibikorwa bye byamaze guhungabanya ishusho ya Labels gakondo mu Rwanda.

Kuki yitwa “1:55 AM”?

Izina ry’iyi Label rifite igisobanuro gikomeye ku rugendo rwe. Yigeze kuvuga ko yigeze gufata icyemezo gikomeye ku buzima bwe saa saba n’iminota 55 z’ijoro — aho yahisemo kuva mu mirimo isanzwe y’ubucuruzi, agatangira kwinjira mu ruganda rw’imyidagaduro.

Icyo gihe cyamubereye intangiriro y’impinduka, ni nayo mpamvu yahisemo ko Label ye yitiranwa n’icyo gihe. Izina ry’iyi Label kandi ryisanisha n’Umugabane umwe wa Afurika, ndetse n’ibihugu 55 bigize uyu mugabane.

Ibyo yagejeje ku bahanzi be mu myaka itatu ishize:


1.Bruce Melodie: Umusingi w’umushinga wa 1:55 AM

Bruce Melodie niwe muhanzi wa mbere wagiranye amasezerano n’iyi Label. Guhera ubwo batangiye gukorana, ibikorwa bye byagiye ku rundi rwego. Coach Gael yamuhaye inkunga ifatika mu buryo bw’amafaranga, ubujyanama nk’umuhuza n’abandi bahanzi bo hanze.

Yamufashije gushyira hanze album “Colorful Generation” yagiye hanze mu mpera za 2024. Ni imwe mu ma album ya mbere yasohowe n’umuhanzi nyarwanda ku rwego rw’umwuga kuva ku gitekerezo kugeza ku ishyirwa ku isoko.

Coach Gael kandi yamushyigikiye mu mishinga yo gukora ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika no muri Canada, anamuhuza n’abahanzi barimo Diamond Platnumz, Meddy na Harmonize.

2024, wabaye umwaka ukomeye Bruce Melodie yakoze ibikorwa byinshi ugereranyije n’indi myaka yatambutse.

1.Ibikorwa by’ingenzi mu muziki

Yasohoye indirimbo “When She is Around” yakoranye na Shaggy. Ni indirimbo yakunzwe cyane, ikagera ku mwanya wa 8 ku rutonde rwa Billboard World Digital Sales Chart ndetse no ku mwanya wa 20 ku rutonde rwa US Afrobeat Songs chart.

Indi ndirimbo yagiye ashyira hanze harimo Sowe, Iyo foto yakoranye na Bien Aime n’izindi.

2. Bruce Melodie yakoze imikoranire n’abahanzi bo mu bihugu bitandukanye nka Bwiza mu ndirimbo Ogera, Nadia Mukami mu ndirimbo Kipepeo, na Bayanni na DJ Neptune mu ndirimbo Forever.

Ku itariki ya 20 Mutarama, Bruce Melodie yabaye umwe mu ba nyir’ubucuruzi bwa UGB i Kigali (Rwanda). Ku itariki ya 3 Gashyantare, yitabiriye igitaramo cya Rwanda Day mu mujyi wa Washington D.C. (USA).

Mu kwezi kwa Werurwe, yagaragaye muri Good Morning America na Live Kelly and Mark ku mbuga nkoranyambaga z’imbere mu gihugu.

Bruce yakoze ibikorwa bitandukanye byo mu muziki mu bihugu nka Tanzania mu kwezi kwa Mata.  Yagiye muri Nigeria gufata amashusho y’indirimbo Sowe, yitabiriye ibirori bya Shaddy Mixtape Party mu Bwongereza.

Yabaye umuhanzi mukuru mu gitaramo cya Brussels Show mu Bubiligi. Mu mezi ya Kanama kugeza Ukwakira, yagiye mu ngendo muri Kenya no mu Rwanda, aho yakoze ibitaramo bitandukanye. Yakoze ingendo muri Canada muri Ukwakira, agatarama mu migi ya Ottawa, Montreal, Toronto na Vancouver.

Mu Ukuboza, yatanze igitaramo muri Kampala (Uganda) no kwakira ibirori byo kumurika album Colorful Generation mu Rwanda.

Bruce Melodie yakiriye abahanzi baturutse mu bihugu bitandukanye, barimo Blaq Diamond (South Africa), Bien Aime (Kenya), Bahati (Kenya), na Joeboy (Nigeria).

Bruce Melodie yakoranye n’abafatanyabikorwa bamuhaye inkunga mu bikorwa bye bya muzika, harimo 1:55 AM, Primus/Bralirwa, MTN, RPF, UGB, EAP, na Kigali Universe.

Umwaka wa 2024 wari umwaka udasanzwe kuri Bruce Melodie, aho yagaragaje ubuhanga bwe mu muziki, yamenyekanisha ibikorwa bye ku isi, kandi ahanga imikoranire myiza n’abandi bahanzi. Umwaka wa 2024 wateye imbere kandi utegura ibihe byiza muri 2025.

Muri make, umwaka wa 2024 wagaragaje ko Bruce Melodie arushijeho kuba umuhanzi mpuzamahanga ufite ibikorwa byinshi kandi by’ingenzi.


2.Ross Kana: Impano nshya yahise itangira kumvikana

Ross Kana ni umwe mu bahanzi bashya bashyizwe muri 1:55 AM. Yahise ashyirwa muri gahunda yihariye yo kumwubaka, abona amahugurwa, agenda muri ‘studio’ zitandukanye, anafashwa kwandika no gutunganya ibihangano bye

Mu ndirimbo yasohoye harimo “Fou De Toi” yakoranye na Bruce Melodie na Element ndetse na “Sesa” yakiriwe neza n’abakunzi be.

Uburyo amashusho y’izi ndirimbo yatunganyijwe n’uburyo zatejwe imbere ku mbuga nkoranyambaga byagaragaje ko hari umuntu uhagaze inyuma ye.

Yitabiriye igitaramo cya Bruce Melodie yamurikiyemo Album ye ‘Colorful Generation’ cyabereye muri Kigali Universe mu mpera za 2024, aho yagaragaye nk’umuhanzi ushya ushobora kuzana impinduka mu muziki w’abagore mu Rwanda.

Coach Gael yafashije Ross Kana cyane mu mashusho y’indirimbo yagiye akorera hirya no hino ku Isi. Yagiye muri Ethiopia, Kenya, Tanzania n’ahandi.

Ross Kana yatangiye kurya ku mafaranga ya Coach Gael ku wa 2 Gashyantare 2024, ubwo yashyiraga hanze indirimbo ye yise 'Sesa' imaze kurebwa n'abantu barenga  Miliyoni imwe.

Mu mezi atanu ashize, uyu musore yasohoye indirimbo 'Mami' ari nayo ya kabiri yakoze ari muri iyi Label. Bivuze ko mu mwaka ushize ari muri iyi Label yakozemo indirimbo ebyiri gusa.

Yagaragaye mu bitaramo by'imbere mu gihugu, aho yaririmbye mu bitaramo bya Iwacu Muzika Festival, ndetse yanaririmbye mu gitaramo cy'abarimo Ruger na Victony bakoreye muri BK Arena.


3.Element: Producer wahinduwe umuyobozi w’ijwi

Nubwo yari asanzwe azwi nk’umwe mu batunganya indirimbo beza mu Rwanda, Coach Gael yamufashije kurenga ibyo abantu bari bamuziho.

Yamuhaye urubuga rwo gukoresha impano ye atari mu gutunganya indirimbo gusa, ahubwo no mu kuyobora umuziki wa Label mu buryo burambye.

Element yagiye akora indirimbo nyinshi z’abahanzi ba Label harimo iziri kuri album ya Bruce Melodie, anatanga umusanzu mu mishinga ya Ross Kana.

Yagize kandi uruhare mu mikoreshereze y’ijwi mu bitaramo bikomeye, anafasha mu gutegura amajwi akoreshwa mu mashusho n’ibitaramo.

Mu rugendo rw’imyaka isatira itatu ari muri iyi Label, amaze gukora indirimbo 38, n’ubwo asabwa ijanisha ry’amafaranga yazikoreyeho muri studio.

Ku ngoma ya Coach Gael, uyu musore yagiye atumirwa i Kampala muri Uganda mu bitaramo, ndetse yanataramye na Bruce Melodie mu bitaramo byo mu Bwongereza.

Mu myaka ibiri ishize Element ari mu maboko ya Coach Gael yakoze indirimbo enye, ariko ebyiri muri zo nizo bateye inkunga. Yakorewe 'Fou de Toi' yakoranye na Bruce Melodie na Ross Kana, ndetse anakorerwa 'Milele'.

Ariko afite n'izindi ndirimbo zirimo 'Kashe' yakoreye muri Label ya Country Records, ndetse na 'Tombe' aherutse gushyira hanze yikoreye.

Element ni umwe mu basore bagezweho mu gutunganya indirimbo. Uyu musore wasoje amashuri yisumbuye mu 2018 muri ‘MPC (Maths, Physics and Computer Science)’, yatangiye gutunganya indirimbo 2019.

Yinjiye muri Label ya 1:55 AM, ku wa 13 Mutarama 2023; icyo gihe ashyira umukono ku masezerano y’imyaka itatu.


4.Kenny Sol: Impinduka mu buzima bw’umuhanzi wari uhagaze neza n’ubundi

Kenny Sol yinjiye muri 1:55 AM nyuma y’igihe yari akeneye inkunga y’amikoro n’icyerekezo. Coach Gael yamuhaye amahirwe mashya ku buryo yabaye nk’uvukiye ubwa kabiri mu muziki.

Yasohoye indirimbo zirimo “Agafire”, “You & I”, ndetse na “One More Time” yakoranye na Harmonize – imwe mu ndirimbo zamufashije kwagura izina rye mu karere.

Uyu mugabo ariko agaragaza ko mu 2024 atakorewe ibyo yashakaga, kuko bagombaga kumukorera indirimbo enye, ariko akaba yarakorewe indirimbo imwe gusa.

Kenny Sol ari muri 1: 55 AM binyuze mu masezerano ya sosiyete ye ‘Spectular’ yagiranye na 1: 55 AM; ndetse baherutse gutangira urugendo rwo gusoza aya masezerano mu bwumvikane.

N’ubwo bimeze gutya ariko, Coach Gael yafashije Kenny Sol mu bitaramo yakoreye mu gihugu cya Suede, muri Canada ndetse n’ahandi hanyuranye.

Muri Werurwe 2024, nibwo Kenny Sol yinjiye muri iyi Label. Icyo gihe yabwiye Kiss Fm ko kubona abatera nkunga aricyo kintu yaburaga mu rugendo rwe rwa muzika yatangiye mu 2019.

Ati “Nk’uko mwabibonye ndi muri 1:55 AM, abantu babimenye tutarabibamenyesha ariko ubu ndimo, ndashima iyi sosiyete kuba yaremeye kuza mu rugendo rwanjye rwa muzika nicyo kintu naburaga, n’uburyo wabonaga ibikorwa byanjye hari uko bitinda ni ukubera ko arinjye wirwanagaho.”

Akomeza ati “Ubu nibwo ibyiza bitangiye kubera ko mbonye abantu bamfasha mu bikorwa byanjye bagashoramo imari nta kabuza ibintu bigiye kuba byiza cyane kurushaho kuruta ahashize, ibyo bazanye nibyo naburaga, ubu ndi mu maboko yabo.”

Mu mwaka umwe amaze abarizwa muri iyi Label, amaze gukorerwa indirimbo eshatu gusa zirimo '2 in 1', 'None one' yakoranye an Dj Neptune ndetse na 'Phenomena'.

Isesengura rigaragaza ko 1:55 AM ntiyabaye Label isanzwe izana abahanzi ngo ibashyire ku isoko gusa, ahubwo yabaye urubuga rw’iterambere.

Coach Gael yayiyoboye nk’umuyobozi w’ubucuruzi, uharanira ko umuhanzi aba ishoramari ritanga inyungu. Ariko mu minsi ishize aherutse guca amarenga yo guhagarika ishoramari rye mu muziki, bitewe n’uko ashaka kwiyitaho.

Aba bahanzi bane bose yafashije cyangwa se afasha bahujwe n’icyerekezo kimwe: ubunyamwuga, ubudasa n’iterambere rirambye.


Coach Gael yatanze umusanzu udasanzwe mu gushyira umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, anerekana ko mu gihe gito umuntu ashobora kugira uruhare rukomeye mu guhindura isura y’inganda z’imyidagaduro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...