Umugabo w’imyaka 48, Omar Mesbah-Maghreby ni umwarimu muri kaminuza ya Misrata mu gihugu cya Libya. Uyu mugabo nyuma yaho aboneye ko umushahara we udakemura ibyifuzo bye yafashe umwanzuro wo gutangira kwikorera mu mwuga wo gukora imodoka(gukanika). Ibi byatumye izina rye ryamamara mu bitangazamakuru.
Mu
masaha y’igicamutsi uyu mwarimu wa kaminuza iyo avuye kwigisha akomerezaho
akandi kazi ko gukanika amamodoka. Usibye uyu murimo, Omar Mesbah-Maghreby asanzwe
acuruza imbuto za ‘dates’.
Kaminuza
ya Misrata Maghreby yigishamo yashinzwe mu mwaka wa 1984. Iyi kaminuza ifite
amashami arenga 17 ndetse n’abayizemo bakaba bagera cyangwa basaga gato
ibihumbi 60.
Nkuko
tubikesha ibiro ntaramakuru bya Reuters, Maghreby yatangaje ko icyamuteye
guhitamo gukora iyi mirimo ari ibibazo igihugu cye kirimo. Uyu mugabo yakomeje
atekerereza ibi biro ntaramakuru ko imishahara muri iki gihugu itinda kugera ku
bakozi bitewe n’ihungabana ry’ubukungu.
Omar
Mesbah-Maghreby rimwe mu mezi 2 ahebwa amadenari ya Libya 900($655). Uyu mugabo
atunze umuryango ufite abana babiri bari mu kigero cy’imyaka 12 na 18.
Ingengo
y’imari muri Libya ishingira ku icukurwa n’icuruzwa rya peterori. Mu mwaka wa
2019, iki gihugu cyakoratunganyaga ingunguru miriyoni imwe ku minsi. Nyamara kubera
kuyogozwa n’intambara ubukungu bw’iki gihugu buri ku kigero kiri munsi ya zero
ibice bitandatu (-0.6).
TANGA IGITECYEREZO